• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Editorial 20 Oct 2017 Mu Mahanga

Ni inama ya 7 isanzwe yateranye kuri uyu wa 19 Ukwakira 2017, iteranire muri Congo Brazaville, aho yanitabiriwe na Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul.

Mu gihe mu bihugu bitandukanye byaba ibyo mu karere igihe cy’amatora y’umukuru w’igihugu haba imidugararo, abakuru b’ibihugu bigize ICGLR bashimiye Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange kuba barakoze amatora mu mahoro ndetse mu mucyo.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama uyu mwaka, Perezida Kagame yaje ku isonga n’amajwi 98,79 %, umukandida wigenga Mpayimana Philippe agira 0.73% naho Dr Frank Habineza watanzwe na Democratic Green Party yagize 0.48%; amajwi y’imfabusa ni 0.18 %.

Iyi nama kandi yanifurije Perezida Kagame intsinzi kuba yarongeye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka 7.

Uretse u Rwanda, iyi nama yanashimiye Igihugu cya Angola, aho na cyo amatora yacyo aherutse yabaye mu ituze.

-8443.jpg

Insanganyamatsiko y’iyi nama yaganishaga ku gukomeza gusigasira ituze n’iyterambere ry’ibihugu bigize IGLR.

Bagarutse kuri FDRL

Kubirebana n’inyeshyamba zihungabanya umutekano muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, iyi nama yanzuye ko Ingabo za Kongo zigomba gufatanya na MUNUSCO zikarwanya bikomeye inyeshyamba za FDRL zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse na ADF Nalu irwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Ibi ngo bigamije kugarura amahoro mu bice bimwe na bimwe bwa RDC, aho habaye isibaniro ry’imitwe ihungabanya umutekano mu bihugu byo mu biyaga bigari.

Hanzuwe ko Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, ICGLR, SADC ndetse n’Umuryango mpuzamahanga bazafasha MONUSCO kubasha gucyura mu Rwanda abarwanyi ba FDRL bari mu nkambi z’agateganyo za Kanyabayonga, Walungu na Kisangani.

Umutekano mu Burundi

Iyi nama yasabye ibihugu bihana imbibi n’u Burundi byakiriye impunzi z’abarundi ko byazokoroheza izishaka gutaha ndetse izitabishaka zigashyirwa kure y’umupaka ubihuza n’u Burundi.

Abarundi babarirwa mu bihumbi bahunze igihugu cyabo nyuma y’uko Perezida Pierre Nkurunziza afashe icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu muri Mata 2015, aho hanageragejwe kumukura ku butegetsi ku ngufu ntubyakunda.

Mu gihe impunzi z’abarundi ziri mu bihugu bitandukanye, ubutegetsi bw’u Burundi ntibuhwema kugaragaza ko mu gihugu ari amahoro, aho buhora bushishikariza buri wese gutaha.

ICGR yahamije ko igiye gutanga ubufasha bushoboka kugira ngo ibiganiro byatangijwe n’Umuryango w’Ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigamije kugarura ituze mu Burundi bigere ku ntego yabyo.

Imitwe y’iterabwoba

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yanakomoje ku buryo hakirindwa imitwe y’iterabwoba ishobora guhungabanya umutekano.

Yasabye ko ibihugu byose biyigize byashyira imbaraga mu guhanahana amakuru kugira ngo imitwe y’iterabwoba yashaka kwinjira mu karere yahashywa.
Gushyira hamwe no kutenderezanya na byo byagaruts,eho, aho basabye ko ibihugu byose bigize ICGLR byakorana mu buryo bukomeye mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’akarere.

Kuri ubu ICGLR iri kuyoborwa na Denis Sassou Nguesso, Perezida wa Congo Brazaville, aho yasimbuye João Manuel Gonçalves Lourenço, Perezida wa Angola.
Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabaye nyuma y’aho tariki ya 15 n’iya 16 Ukwakira uyu mwaka abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga bo muri ICGLR bakoranye inama.

Inama y’abaminisitiri bafite ububanyi n’amahanga kandi na yo yabanjirijwe n’iyabashinzwe ubutasi, abagaba b’ingabo n’abandi, aho na yo yabereye i Brazaville.

ICGLR ihuriyemo ibihugu 12 birimo Angola, Burundi, Repubulika ya Centrafrika, Repubulika ya Congo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Uganda, Sudani, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, Zambiya ndetse n’u Rwanda.

ICGLR yagiyeho mu mwaka wa 2000, aho igitekerezo cyo kuyishyiraho cyakomotse mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano.

Biteganyijwe ko inama itaha izaba mu Kuboza 2019, ikazabera muri Sudani.

-8444.jpg

Perezida Kagame akigera i Brazaville

2017-10-20
Editorial

IZINDI NKURU

Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Editorial 01 Jun 2016
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Editorial 26 Apr 2021
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Editorial 15 Jan 2025
Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Editorial 13 Jan 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Editorial 01 Jun 2016
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Editorial 26 Apr 2021
Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Uwamenye imfura Mukurira, ntiyakwemera ko hari icyo apfana n’imfube Murwanashyaka Thégogène” Gatwa”

Editorial 15 Jan 2025
Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Polisi y’u Rwanda irahakana gukubita no gukomeretsa umumotari

Editorial 13 Jan 2016
Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Ubukangurambaga bwo kurwanya icuruzwa ry’abantu bukomeje gutanga umusaruro ushimishije

Editorial 01 Jun 2016
Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Editorial 26 Apr 2021
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru