• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Inama ya ICGLR yashimiye u Rwanda kubera amatora ya Perezida yabaye mu mahoro. Bagarutse no kuri FDRL

Editorial 20 Oct 2017 Mu Mahanga

Ni inama ya 7 isanzwe yateranye kuri uyu wa 19 Ukwakira 2017, iteranire muri Congo Brazaville, aho yanitabiriwe na Perezida w’u Rwanda, Kagame Paul.

Mu gihe mu bihugu bitandukanye byaba ibyo mu karere igihe cy’amatora y’umukuru w’igihugu haba imidugararo, abakuru b’ibihugu bigize ICGLR bashimiye Guverinoma y’u Rwanda n’Abanyarwanda muri rusange kuba barakoze amatora mu mahoro ndetse mu mucyo.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu yabaye muri Kanama uyu mwaka, Perezida Kagame yaje ku isonga n’amajwi 98,79 %, umukandida wigenga Mpayimana Philippe agira 0.73% naho Dr Frank Habineza watanzwe na Democratic Green Party yagize 0.48%; amajwi y’imfabusa ni 0.18 %.

Iyi nama kandi yanifurije Perezida Kagame intsinzi kuba yarongeye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka 7.

Uretse u Rwanda, iyi nama yanashimiye Igihugu cya Angola, aho na cyo amatora yacyo aherutse yabaye mu ituze.

-8443.jpg

Insanganyamatsiko y’iyi nama yaganishaga ku gukomeza gusigasira ituze n’iyterambere ry’ibihugu bigize IGLR.

Bagarutse kuri FDRL

Kubirebana n’inyeshyamba zihungabanya umutekano muri Repubulika Iharanira Demukarasi ya Kongo, iyi nama yanzuye ko Ingabo za Kongo zigomba gufatanya na MUNUSCO zikarwanya bikomeye inyeshyamba za FDRL zirwanya ubutegetsi bw’u Rwanda ndetse na ADF Nalu irwanya ubutegetsi bwa Uganda.

Ibi ngo bigamije kugarura amahoro mu bice bimwe na bimwe bwa RDC, aho habaye isibaniro ry’imitwe ihungabanya umutekano mu bihugu byo mu biyaga bigari.

Hanzuwe ko Umuryango wa Afurika yunze ubumwe, ICGLR, SADC ndetse n’Umuryango mpuzamahanga bazafasha MONUSCO kubasha gucyura mu Rwanda abarwanyi ba FDRL bari mu nkambi z’agateganyo za Kanyabayonga, Walungu na Kisangani.

Umutekano mu Burundi

Iyi nama yasabye ibihugu bihana imbibi n’u Burundi byakiriye impunzi z’abarundi ko byazokoroheza izishaka gutaha ndetse izitabishaka zigashyirwa kure y’umupaka ubihuza n’u Burundi.

Abarundi babarirwa mu bihumbi bahunze igihugu cyabo nyuma y’uko Perezida Pierre Nkurunziza afashe icyemezo cyo kwiyamamariza manda ya gatatu muri Mata 2015, aho hanageragejwe kumukura ku butegetsi ku ngufu ntubyakunda.

Mu gihe impunzi z’abarundi ziri mu bihugu bitandukanye, ubutegetsi bw’u Burundi ntibuhwema kugaragaza ko mu gihugu ari amahoro, aho buhora bushishikariza buri wese gutaha.

ICGR yahamije ko igiye gutanga ubufasha bushoboka kugira ngo ibiganiro byatangijwe n’Umuryango w’Ibihugu bigize Afurika y’Iburasirazuba (EAC) bigamije kugarura ituze mu Burundi bigere ku ntego yabyo.

Imitwe y’iterabwoba

Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yanakomoje ku buryo hakirindwa imitwe y’iterabwoba ishobora guhungabanya umutekano.

Yasabye ko ibihugu byose biyigize byashyira imbaraga mu guhanahana amakuru kugira ngo imitwe y’iterabwoba yashaka kwinjira mu karere yahashywa.
Gushyira hamwe no kutenderezanya na byo byagaruts,eho, aho basabye ko ibihugu byose bigize ICGLR byakorana mu buryo bukomeye mu rwego rwo kurinda ubusugire bw’akarere.

Kuri ubu ICGLR iri kuyoborwa na Denis Sassou Nguesso, Perezida wa Congo Brazaville, aho yasimbuye João Manuel Gonçalves Lourenço, Perezida wa Angola.
Iyi nama y’abakuru b’ibihugu yabaye nyuma y’aho tariki ya 15 n’iya 16 Ukwakira uyu mwaka abaminisitiri bashinzwe ububanyi n’amahanga bo muri ICGLR bakoranye inama.

Inama y’abaminisitiri bafite ububanyi n’amahanga kandi na yo yabanjirijwe n’iyabashinzwe ubutasi, abagaba b’ingabo n’abandi, aho na yo yabereye i Brazaville.

ICGLR ihuriyemo ibihugu 12 birimo Angola, Burundi, Repubulika ya Centrafrika, Repubulika ya Congo, Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Kenya, Uganda, Sudani, Sudani y’Amajyepfo, Tanzaniya, Zambiya ndetse n’u Rwanda.

ICGLR yagiyeho mu mwaka wa 2000, aho igitekerezo cyo kuyishyiraho cyakomotse mu kanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe umutekano.

Biteganyijwe ko inama itaha izaba mu Kuboza 2019, ikazabera muri Sudani.

-8444.jpg

Perezida Kagame akigera i Brazaville

2017-10-20
Editorial

IZINDI NKURU

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Umuyobozi wa Polisi mu ntara y’amajyepfo avuga ko ubufatanye bwa Polisi n’abaturage ari imwe mu nkingi z’umutekano uharangwa

Editorial 29 Jun 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016

Itangazo ry’ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri yo kuwa Gatatu tariki ya 12 Ukwakira 2016

Editorial 13 Oct 2016
Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Museveni akomeje kubeshya ku mvano y’ikibazo hagati y’u Rwanda na Uganda

Editorial 24 Feb 2020
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Editorial 12 Feb 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka
Amakuru

U Rwanda rutsinzwe na Mozambique 2-0, amahirwe yo kujya mu gikombe cy’Afurika 2023 ahita ayoyoka

Editorial 18 Jun 2023
Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina
ITOHOZA

Kigali: Ubushinjacyaha bwateye utwatsi ubusabe bwa Diane Rwigara na nyina

Editorial 02 Oct 2018
Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera
Amakuru

Turebe La Forge Fils Bazeye wo kuri BBC Gahuzamiryango na VOA ndetse na La Forge Fils Bazeye imbere y’ubutabera

Editorial 09 Oct 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru