• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibaruwa ifunguye yandikiwe Ingabire Victoire   |   08 Jul 2025

  • Police VC yegukanye igikombe cyo Kwibohora 2025 mu byiciro byombi, itsinze APR VC ku mukino wa nyuma   |   07 Jul 2025

  • Perezida Kagame yavuze ko FDLR nidasenywa u Rwanda ruzakomeza guhangana n’iki kibazo rukoresheje uburyo rusanzwe rukoresha   |   04 Jul 2025

  • Police FC yatangaje ubuyobozi bwayo bushya buyobowe na CP Yahaya na Ben Mussa nk’umutoza mukuru   |   03 Jul 2025

  • Menya neza uwiyita Intumwa “Isidore Mbayahaga” wimuriye ubwonko mu gifu!   |   03 Jul 2025

  • Ubwigenge bwabaye igikoresho cy’ivangura: Uko Kamarampaka ya 1959 yazanye Repubulika ariko ntizane ubwigenge nyabwo   |   02 Jul 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Intambara ishobora gutangira muri uyu mwaka 2017 : ‘ Iya 3 y’Isi yose ‘

Editorial 08 Feb 2017 ITOHOZA

Abantu benshi banejejwe n’uko isi imaze gutera imbere mu ikoranabuhanga mu nzego zitandukanye kandi iryo koranabuhanga rikaba ryari ribereyeho gufasha umuntu mu buzima bwe bwa buri munsi. Ariko na none, iryo koranabuhanga ntiryasigaye inyuma mu bintu bishobora guhindura umuntu ubushwambagara mu mwanya muto, aha ndavuga icurwa ry’ibitwaro bya kirimbuzi bifite ikoranabuhanga rihanitse.

Iri korwa rero ry’ibi bitwaro ryafashe indi ntera k’uburyo nta gihugu gishaka gusigara inyuma keretse ibifite amikoro make cg se bikaba bidafite abahanga mu gucura ibyo bikoresho. Irushanwa ryo gucura ibi bitwaro bya kirimbuzi ni muri bimwe byatumye habaho intamba y’isi ya 1 n’iya 2, none intambara ya 3 y’isi nayo iranuka. Kandi iramutse ibayeho ishobora kuzica abantu batigeze gupfa mu ntambambara kubera ikoranabuhanga riri mu bitwaro biriho.

-5656.jpg

Mu myaka ishize hagiye habaho gututumba kw’intamara zikomeye hanyuma zikagenda zihoshwa n’abayobozi babaga bashaka guharanira amahoro ku isi, uyu mwaka wa 2017 n’indi iri imbere, biragaragar ko ishobora kuzagarika ingogo kubera ubwumvikane buke bukomeje gufata intera hagati y’abategetsi b’ibihugu byibihangage bivuga rikijyana ku isi.

Tugiye kureba ibirimo kubera mu karere karimo inyanja y’Ubushinwa y’amajyepfo aho Amerika ishobora gukozanyaho n’Ubushinwa.

Ese koko Amerika ishobora gukozanyaho n’Ubushinwa?

Burya umuntu iyo azi ko ikintu gishobora kumugiraho ingaruka mbi zamubabaza, akenshi atinya guhangana nukuri kuri imbere ye maze akakwigizayo cyane kugira ngo arebe ko yakwiha amahoro. Ibi bigaragara iyo uvuganye n’abantu ukababaza niba intambara ya 3 y’isi ishobora kubaho, abantu barakwamagana bakakubwira ko abantu baciye akenge ko nta ntambara nkiriya yakongera kubaho, noneho wababaza niba intambara zirimo kuba ahandi zirimo gukowa n’abantu batagira ubwenge ugasanga baracecetse.

-5661.jpg

Uyu munsi iyo urebye uko ikibazo giteye hagati y’Amerika n’Ubushinwa gishobora gutuma hibazwa byinshi byihishe inyuma yacyo. Iki kibazo cyo mu nyanja y’Ubushinwa y’amajyepfo gifite ibindi byishi gihishe, kuko hakimara gusohoka raporo y’ubushakashatsi bwavugag ko hariya hantu hari Peteroli na Gaze z’ubwoko butandukanye byacukurwa imyaka myinshi, nibwo ibi bihugu byombi byatangiye gutungana agatoki.

Aho bigeze ubu byatumye ibihugu byombi byegeranya intwaro kabuhariwe bizerekeza muri kariya karere kugira ngo bibaye ngombwa bacakirane. Aha umuntu yakwibaza ati ese biriya birwa nibyo bapfa bishobora gutuma hagwa imbaga y’abantu? Oya gashozantambara ni umutungo kamere wahavumbuwe harimo na peteroli.

-5659.jpg

-5657.jpg

Mu byumweru bitatu bishize buri gihugu muri ibi twavuze cyerekeje intwaro zacyo muri kariya gace, ubu amato y’intambara yikoreye indege nyinshi n’abasirikare yafashe ibirindiro, amato agendera munsi y’inyanja ngo nayo aracicikana munsi y’inyanja.

Ibigendajuru bya gisirikare bya buri gihugu biragenzura hose, ndetse buri gihugu gifite ibisasu bya kirimbuzi byo mu bwoko bwa Nuclear ku buryo byakoreshwa bibaye ngombwa, ibi bikaba byerekana ko ikibazo gishobora gutuma umuriro waka.

Ikinyamakuru Daily Star Online cyo cyatangaje ko iki kibazo kiri mu bibazo bikomeye bishobora kubyara intambara ya 3 y’isi yose kubera ko Ubushinwa bwarahiye ko budashobora kuganira n’umuntu uwariwe wese kubijyanye n’Imipaka y’Igihugu cyabo mugihe Perezida Trump yaburiye abayobozi b’Ubushinwa kuva muri kariya karere batarabona ishyano.

Ikindi biragaragara ko imyitwarire no gufata ibyemezo bya Trump ari ibintu biteye ubwoba benshi. Ubu rero icyo byabyaye kugira ngo bibaye ngombwa basakirane, buri wese yazanye intwaro zishoboka kugira ngo umwe yereke undi ko adashobora kuhamukura.

Umujyanama wa Trump yavuze ko intambara n’Ubushinwa ntacyayibuza.

Umujyanama wa Trump, Steve Bannon uyu akaba yaranashyizwe mu kanama kihariye k’umutekano w’Amerika (National Security Council), yabwiye Senat ko uko byagenda kose bazarwana n’Ubushinwa ngo nubwo atazi igihe bizabera. Kubera imbaraga uyu mugabo afite kandi akaba ntakimucika mu byemezo byo hejuru byafatwa muri Ameika, abasesenguzi bahise babona ko hari gahunda ikomeye kuri iki kibazo.

-5658.jpg

Twabibutsa ko iki kibazo cyagejejwe mu muryango w’ibihugu byabibumbye (UN) mu mwaka 2016 ariko kirananirana, ubu ibihugu byombi bigaragara ko bigiye gukoresha imbaraga za gisirikare.

Ubushinwa bwo buraregwa n’Amerika ko bimuye imipaka mu nyanja ngo kugira ngo bazarwanire kure y’imipaka yabo ngo ndetse bamaze kubaka ibirwa mu nyanja byo gushyiraho ibitwaro bya gisirikare ngo kubera ko amato y’intambara adahagije. Naho igihugu cy’Amerika cyatangiye imyitozo ikomeye ikaba irimo gukorerwa muri Philippine kubera ko yegereye ako karere, n’ahandi muri iyi nyanja.

Ese perezida Trump yatangiza iyi ntambara?

Iki ni ikibazo cyoroshye kuri we kuko mugihe gito amaze kubutegetsi ubwo yagezwagaho ibibazo byihutirwa yavuze ko azajugunya ingabo z’ abashinwa ziri muri aka karere zikagwa iwabo, yahise anasaba James Mattis uyobora ingabo ko ibikoresho bya gisirikare bigomba kuba hafi aho kugira ngo mugihe icyemezo gifashwe bazahite batangira urugamba.

Ibi ariko byasanze n’Ubushinwa bwaramaze gufata icyo cyemezo kuko bafite abasirikare barenga ibihumbi ijana baryamiye amajanja, ibikoresho bikomeye by’intambara birimo n’amato arasa ibisasu bya kirimbuzi nka Nuclear bikaba biri ahitwa Hainan nabyo byiteguye kwinjira mu ntambara.

Mugukomeza imyiteguro y’intambara, Amerika imaze gukusanya ibitwaro mu bihugu bifatanya nayo bigose kariya karere nka Koreya y’Amajyepfo, Japan n’ibindi. Muri ibi bitwaro harimo indege zirasa ibisasu bya kirimuzi nka Nuclear ngo ziri mu birindiro bya Guam. Ubwo ushinzwe ingabo muri Amerika yagendereraga Koreya y’Amajyepfo n’Ubuyapani mu cyumweru gishize, umwe mubari kumwe nawe yasubiye mu magambo Steve Bannon yavuze ashimangira ko ntagushidikanya ko intambara atari inzozi hagati y’Amerika n’Ubushinwa.

Naho James Mattis yatunze agatoki abashinwa ko kariya gace bashaka kwiba Amerika kahoze ari nyanja yabo, ko Ubushinwa butazahagumana kobazahava bakwanga hagakoreshwa imbaraga zikenewe.

-5660.jpg

Ibi bikimara gutangazwa nibwo People’s Liberation Army of China yahise isohora itangazo ibwira abashinwa ko intambara n’igihugu cy’Amerika bagomba kuyitegura isaha iyariyo yose, ko bitakiri inzozi ko buri mushinwa agomba kuzaterwa ishema no guhangana n’umwanzi uzaba ushaka kubavutsa ubusugire bw’ igihugu cyabo.

Mugihe abantu benshi bumva ko hari igihe bitashoboka ko Amerika n’Ubushinwa barwana, ibi bashobora kubyibagirwa kuko akenshi intambara tubona zishingiye kukurwanira Peteroli ariyo ihatse ubukungu bw’isi. Kariya gace ngo gashobora kuba ariko kavumbuwemo Peteroli nyinshi ku isi kuburyo ibi bihugu byombi bidashobora kuhahara badakozanijeho, ibi rero bikaba byemeza ko biriya bitwaro bitazasubira aho byahoze bidakoze umurimo byakorewe.

Ikindi iyi ntabara ibaye byasaba ibihugu byinshi kuyinjiramo kubera amasezerano yo gutabarana yagiye asinywa. Twavuga nka Koreya y’Amajyepfo, Ubuyapani,Malaysia, Taiwan, Vietnam, Philippine, Koreya y’Amajyaruguru yavuze ko yahita itabara Ubushinwa, Uburusiya bwatabara Ubushinwa ndetse na Iran murumva ko intambara ya 3 y’isi yaba yambikanye.

Hakizimana Themistocle

2017-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Editorial 28 Jun 2018
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Editorial 28 Mar 2019
Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Editorial 16 Apr 2018
Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2018
David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Editorial 28 Jun 2018
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Editorial 28 Mar 2019
Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Ibihugu byo muri EAC n’Ibiyaga Bigari nibyo bicumbikiye abantu benshi bakoze Jenoside

Editorial 16 Apr 2018
Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Bill Gates asanga amahanga akwiye kwigira ku buvuzi bw’u Rwanda

Editorial 28 Oct 2018
David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

David Himbara yashenguwe n’agahinda kubera uruganda rwa Volkswagen rwatangijwe mu Rwanda

Editorial 28 Jun 2018
Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Umudepite wa Uganda aramagana uburyo igihugu cye kiri kuzambya umubano mu karere kose

Editorial 28 Mar 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru