• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Intumwa za Sudani y’Epfo zashimye iterambere ry’isoko ry’imigabane mu Rwanda

Intumwa za Sudani y’Epfo zashimye iterambere ry’isoko ry’imigabane mu Rwanda

Editorial 05 May 2016 Mu Mahanga

Itsinda ryavuye mu gihugu cya Sudani y’Epfo riyobowe n’umujyanama wa Perezida wa Sudani mu by’ubukungu, Aggrey Tisa Sabuni basuye ikigo gishinzwe isoko ry’mari n’imigabane mu Rwanda (CMA), bashima Leta y’u Rwanda ku ruhare yagize mu guteza imbere isoko ry’imari n’imigabane mu gihugu.

Uwari uhagarariye iryo tsinda, Sabuni yashimiye CMA ndetse n’u Rwanda muri rusange, yagize ati “Ndashima by’umwihariko Leta y’u Rwanda ku guteza imbere isoko ry’imari n’imigabane no mu gutanga amahirwe ku bigo bitandukanye ngo biryifashije bibona imari ndetse no gufasha abantu batandukanye gukoresha iri soko mu kwizigamira no kwiteza imbere muri rusange.

Yongeyeho ati “Nta gihugu cyigeze gitera imbere kidafite ubushobozi bukomeye mu nzego zitandukanye harimo ubuzima, uburezi n’ubukungu kandi ntidushobora kubigeraho tutifashishije inshuti zacu nk’u Rwanda, akaba ari nayo mpamvu yatumye twinjiye mu Muryango w’Afurika y’Iburasirazuba (EAC) twashakaga kuzamura ubukungu bwacu n’ubucuruzi kuko ikibazo cy’ubushobozi buke ari imbogamizi idukomereye muri Sudani ya majyepfo bitewe ni mpamvu za mateka.”

Umuyobozi Mukuru wungirije w’Ikigo gishinzwe iby’imari n’imigabane mu Rwanda (CMA), Eric Bundugu yasobanuriye abari bagize iryo tsinda amavu n’amavuko ya CMA imbogamizi bagiye bahura nazo ndetse n’ibyo bamaze kugeraho kuva CMA ishinzwe.

Bwana Bundugu yagize ati “Isoko ry’imari n’imigabane rizakomeza kwaguka kuko benshi bahabona inyungu y’igihe kirekire haba ku mari cyangwa ku mpapuro mvunjwafaranga (bonds) zaguzwe. Byitezwe kandi ko iri soko rizakomeza kugira uruhare mu kongera ubukungu mu Rwanda no mu karere.”

-2759.jpg
Inshingano z’ingenzi za CMA harimo gushyira mu bikorwa politiki y’igihugu mu bijyanye n’isoko ry’imari n’imigabane, gutegura imishinga ya politiki yerekeye isoko ry’imari n’imigabane, kugira inama Guverinoma kuri politiki yerekeranye n’isoko ry’imari n’imigabane, kuzamura imyumvire y’abaturarwanda ku bijyanye n’isoko ry’imari n’imigabane no kuriteza imbere, gushyiraho gahunda z’ibikorwa no gukora ubushakashatsi kugirango CMA irusheho kuzuza inshingano zayo.

-2760.jpg
Mu bindi harimo gushyiraho amahame n’amabwiriza arebana n’isoko ry’imari n’imigabane, gushyiraho amabwiriza agenga ubucuruzi bw’imari n’imigabane,hakurikijwe itegeko rigenga isoko ry’imari n’imigabane mu Rwanda, gucunga no kugenzura ibikorwa byose by’ubucuruzi bw’imari n’imigabane kugirango hashimangirwe imyitwarire ikwiye ku isoko ry’imari n’imigabane.

Magnifique MIGISHA

2016-05-05
Editorial

IZINDI NKURU

Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Perezida Kagame yibukije ko u Rwanda rugiye kwinjira mu mwaka w’amatora

Editorial 15 Dec 2016
Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Ntibitangaje kuba abajenosideri n’abana babo bifuza ko “IBUKA-MEMOIRE ET JUSTICE” isenyuka, kuko uyu muryango ubambika ubusa mu ruhame

Editorial 03 Dec 2021
Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Polisi iraburira ababyeyi n’amashuri nyuma y’uburangare bukabije bugaragara ku batwara abana babo

Editorial 15 Jun 2016
Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Rusizi: Hanogejwe ubufatanye mu bukangurambaga hagati ya Polisi n’abanyamakuru

Editorial 05 May 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati
ITOHOZA

Nyuma yo gukekwaho ubutinganyi birangiye avukijwe umugati

Editorial 04 Mar 2017
Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.
Amakuru

Muri Kivu y’Amajyaruguru na Ituri, “amategeko yo mu bihe bidasanzwe” yahitanye ababarirwa mu 6.000 mu myaka 2 gusa.

Editorial 09 May 2023
Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum
INKURU NYAMUKURU

Abitwaje intwaro bahitanye 26 mu Burundi mbere y’icyumweru ngo hakorwe referendum

Editorial 13 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru