• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Intwaro zafashwe n’inzego zo muri Kenya zari zigiye muri Uganda mu kurwanya abatavuga rumwe na Museveni no gufasha RNC

Editorial 25 Nov 2020 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 24, 2020 Ikinyamakuru gikorera CMI kizwi nka Command Post cyasohoye inkuru ivuga ko “Intwaro zafatiwe muri Kenya zigiye muri Uganda hari aho zihuriye n’u Rwanda”. Iyo nkuru ivugako abasirikari bakuru mu ngabo z’u Rwanda (ntabwo amazina yabo yatangajwe) bahawe amafaranga yo gufasha abarwanya ubutegetsi muri icyo gihugu muri iki gihe cy’amatora bityo habe akavuyo muri Kampala.

Uwo muzindaro wa CMI wongeyeho ko u Rwanda rushyigikiye abarwanya Uganda bakoresheje intwaro baba mu burasirazuba bwa Kongo n’ibindi n’ibindi.

Nubwo Uganda ishyira hanze ibyo birego bitagira ishingiro, ntaho u Rwanda ruhuriye n’intwaro zafashwe n’inzego z’ubuyobozi za Kenya. Ni ibisanzwe ko ibicuruzwa byinjiye mu gihugu bigaragaza aho byaturutse, uwabiguze naho byerekeje. Muri ibyo byose ntaho u Rwanda rugaragara.

Ibinyamakuru byo muri Kenya nibyo byabanje gutangaza amakuru ajyanye n’ifatwa ryizi ntwaro zari zigiye muri Uganda. Inkuru ya Command Post yaje isa naho ije kuzimya umuriro nyuma yahoo amakuru y’ibanga ya Uganda yari agiye hanze aho Uganda yari yaguze intwaro ikazinyuza mu kindi gihugu itabisabiye uburenganzira.

Ubu amakuru agezweho ni uko Uganda iri gutakambira Kenya ngo irekure izo ntwaro. Byumvikane neza ko izo ntwaro iyo zitaba ari iza Uganda, icyo gihugu cyari gusaba Kenya ko izo ntwaro zasubizwa iyo zivuye.

Tariki ya 20 Ukwakira 2020, Benson Tussime yanditse inkuru yagaragazaga ko Polisi ya Uganda igiye kwinjiza abapolisi bashyashya bagera ku bihumbi 50 kubera amatora ya ateganyijwe muri Mutarama 2021.

Umuvugizi wa Polisi Fred Enanga yatangaje muri iyo nkuru ko bagiye kwinjiza abapolisi ariko bakazahita basezererwa nyuma y’amatora. Ikibazo umuntu yakwibaza hano ni uburyo Uganda igiye gushora akayabo itoza ibihumbi by’abapolisi bazasererwa nyuma y’amatora. Amakuru yizewe ni uburyo inzego z’umutekano CMI na ISO bumvikanye na RNC ko bazafatanya gushyigikira Perezida Museveni. Ibihembo bikazaba guha RNC intwaro ngo bagakuraho ubuyobozi buyobowe na Perezida Kagame.

CMI_ISO zumvikanye na RNC mu bikorwa byo gushyigikira Perezida Museveni no kurwanya abahanganye na Museveni.

Abarebye Televiziyo ku byaberaga Uganda mu minsi yashize ndetse no ku mbuga nkoranyambaga, babonye uburyo abantu bameze nk’amabandi barasaga abadashyigikiye Perezida Museveni cyane cyane mu bice bya Kampala no mu bindi bice by’igihugu. Iyo mitwe yari yitwaje intwaro bari bambaye kambambili bameze nk’abashumba baragiye inka ariko bafite intwaro, nibo Polisi ya Uganda yemeje ko ari abapolisi basanzwe.

Hari ibimenyetso byinshi bigaragaza ko Uganda ifasha imitwe irwanya Leta ya Uganda nka FDLR, RNC nindi ndetse abayobozi b’u Rwanda bakaba barabigaragaje inshuro nyinshi. Muri ubwo bufasha harimo kubaha imyitozo, kubaha impapuro z’inzira ndetse no kugenzura ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda.

Imbaraga CMI na ISO bakoresha mu gusebya u Rwanda bakoresha Command Post kuko ukuri kuzatsinda ibinyoma biciriritse bitangazwa nuyu muzindaro wabo.

2020-11-25
Editorial

IZINDI NKURU

Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Ikipe ya Kiyovu Sports yatandukanye na rutahizamu wayo Ishimwe Kevin

Editorial 29 Dec 2021
Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Niba abimukira bishimiye uko babayeho mu Rwanda, kuki hari Abanyarwanda bahisemo guhera ishyanga?

Editorial 21 Mar 2023
Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Mu gihe habura ukwezi ngo shampiyona y’u Rwanda 2022-2023 itangire, amakipe arimo AS Kigali , Musanze FC na Gasogi zatangiye imyitozo

Editorial 20 Jul 2022
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Editorial 28 Aug 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano
INKURU NYAMUKURU

Angola : Inama ya Perezida Kagame na Museveni irangiye basinye amasezerano

Editorial 21 Aug 2019
Wari uziko Mukunzi Yannick  yahamagawe mu Mavubi kandi arembye
IMIKINO

Wari uziko Mukunzi Yannick yahamagawe mu Mavubi kandi arembye

Editorial 23 Aug 2016
Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018
INKURU NYAMUKURU

Ibiganiro bihuza Abarundi bigomba gupfundikirwa bitarenze Ukwakira 2018

Editorial 16 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru