• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Editorial 10 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha by’uko umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine, yaba agiye kwicwa n’u Rwanda. Ibi bakaba babinyujije kuri Titus Seruga, umwe mu bikoresho by’ingenzi bya leta mu gukwirakwiza icengezamatwara no kuyobya rubanda hifashishijwe amakuru y’ibinyoma.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, uyu mukozi w’inzego z’ubutasi za Uganda (CMI na ISO) ukorera mu Bubiligi, yashinje u Rwanda kuba ruteganya kwivugana icyamamare Bobi Wine, Umunyapolitiki kuri ubu utinywe cyane n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ubusanzwe ngo ibyatangajwe na Seruga byari bikwiye gufatwa nk’ibyatangajwe nk’uwatorotse Butabika, cyangwa mu kindi kigo cyose cyita ku barwayi bo mu mutwe, ariko ngo ibyo atangaza abitamikwa n’inzego z’ubutasi za Kampala kandi ntibikwiye gufatwa nk’ibyoroshye nk’uko iyi nkuru dukesha Virungapost ikomeza ivuga.

Ikibazo rero ngo umuntu yakwibaza ni iki: Kuki ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda (CMI) cyangwa Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) baba bategetse uyu mugabo guhanura iyicwa rya Kyagulanyi?

Isesengura ku bimaze iminsi bitangazwa na Seruga kuri Bobi Wine ngo rigaragaza ko yakomeje gukora ibishoboka ngo ahuze Depite Kyagulanyi n’ubutegetsi bwa Kigali. Mu kwezi gushize Seruga akaba yaratangaje ko u Rwanda rutera inkunga Bobi Wine n’ubukangurambaga bwe bwose! Seruga yanavuze ko Kigali iha Bobi Wine amafaranga yo guha abantu bapfushije!

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko ibi byasekeje benshi ndetse abashyigikiye Depite Kyagulanyi benshi bakajya kuri facebook bakamagana iki gikoresho cya CMI. Bamubwiye ko abashyigikiye Kyagulanyi atari muri Uganda gusa ahubwo no ku Isi hose, bafite ubushobozi bwo gukusanya amafaranga arenze n’ayahagije yo gushyigikira ubukangurambaga bw’umuyobozi wabo.

Igikomeje kwibazwa rero n’ukuntu uyu mukozi wa CMI mu minsi mikeya yaje gutangaza ko u Rwanda rushaka kwica umuntu yari akomeje kwemeza ashikamye ko icyo gihugu kirimo kumutera inkunga? Ntabwo bisobanutse. Ngo ntabwo bisobanutse ukuntu u Rwanda rwashaka kwica umuntu Seruga yitaga igikoresho cyarwo ngo kugirango Museveni agaragare nabi!

Ku rundi ruhande, umusesenguzi wavuganye n’urubuga dukesha iyi nkuru asanga ibitangazwa na Seruga ko u Rwanda rwaba rushaka kwivugana uyu mudepite wo muri Uganda biteye amakenga cyane kuri Bobi Wine. Ngo wasanga ahubwo inzego zihubuka za Perezida Museveni zaba zigiye kugerageza kongerera kumugirira nabi.

Ngo inshuro ya mbere hari mu mwaka ushize muri Arua ubwo habaga amatora agamije gushaka umudepite uzasimbura Ibrahim Abiriga. Ngo nta muntu uzibagirwa ubugizi bwa nabi abashinzwe umutekano wa Perezida Museveni bakoreye abaturage bo muri Arua. Bobi Wine yari ari muri aka karere kimwe na Francis Zaake wo muri Mityana n’abandi bagiye kwamamaza umukandida bari bashyigikiye.

Umwuka wari mubi icyo gihe kuva umutwe ushinzwe kurinda Perezida Museveni (SFC) ukigera muri uyu mujyi wo mu Majyaruguru ya Uganda. Icyakurikiyeho abaturage bumvise ni urusaku rw’amasasu. Abasirikare bo muri SFC bari bamaze kurasa ku modoka ya Bobi Wine yari iparitse hafi ya hotel yari acumbitsemo.

Abasirikare bo muri SFC icyo gihe barashe umushoferi wa Bobi Wine witwa Yassin Kawuma bamusiga avirirana amaraso kugeza apfuye akicaye mu mwanya wa shoferi. Byavuzwe ko ayo masasu yarashwe uyu mushoferi ubundi yari agenewe Bobi Wine ariko habaho kwibeshya ku mushoferi we. Icyo Gihe Robert Kyagulanyi yararokotse ariko iyicarubozo yakorewe nyuma yaho ryo ntiyabashije kuricika dore ko byarangiye agiye no kwivuriza hanze y’igihugu.

“Aba bantu ntabwo bari abantu na gato,” uyu ni Bobi Wine ubwo yandikaga ari ku gitanda cy’ibitaro byo muri Amerika yoherejwemo nyuma yo gukorerwa iyicarubozo.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abazi neza Perezida Museveni bazi ko atajya aruhuka icyo ashaka atarakigeraho. Ngo aracyari inyuma y’ubuzima bwa Bobi Wine ukurikije ibitangazwa na Seruga.

Uyu mugabo yanagiye kure mu butumwa yatambukije ku itariki ya 02 muri uku kwezi kwa Nzeri anemeza ko Inzego z’ubutasi za Israel (Mossad) n’iz’Abafaransa nazo zemeza ko u Rwanda ruri gupangira Bobi Wine. Umuntu umwe akibaza impamvu CMI cyangwa ISO byanategetse Seruga gutangaza ibi bintu.

Isesengura ryoroshye rikaba rivuga ko iteka iyo CMI cyangwa ISO bishaka kwambura ubuzima umuntu ukomeye muri Uganda, babanza kwica umuntu mbere yo kugerageza guhuza urupfu rwe n’u Rwanda, ariko kuri iyi nshuro bwo babanje kubikora (kugerageza guhuza urupfu rwe n’u Rwanda) nk’uko byemezwa n’umwe mu babikurikiranira hafi.

Umwanzuro wa Seruga ku butumwa bwe yanyujije kuri facebook kandi ngo ni ikindi kimenyetso cy’ubujiji n’ubushobozi bukeya bw’ibikorwa by’icengezamatwara by’inzego z’ubutasi za Uganda nk’aho yagize ati: “Raporo yo mu cyumweru gishize yahuje Pilato (izina Seruga akunze gukoresha avuga Perezida w’u Rwanda) n’ubwicanyi amagana muri Uganda no muri East Africa,”

Inkuru igakomeza igira iti: “Nta wundi muntu wigeze wumva ubwo bwicanyi amagana.”

Umusesenguzi akavuga ko nibakomeza bagakora ubundi bugizi bwa nabi bwo kwica indi nzirakarengane y’Umugande bazaba birasheho n’iyi karibure (Caliber) y’Icengezamatwara.

2019-09-10
Editorial

IZINDI NKURU

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Editorial 15 Mar 2018
Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Editorial 07 Jun 2023
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Editorial 11 Jul 2021
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Editorial 12 Jun 2025
Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Editorial 15 Mar 2018
Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Editorial 07 Jun 2023
Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Mukadaliyo Providance aratubwira amateka ya Jenoside mu cyahoze ari Komini Mukingo ikomokamo abambari bakuru ba MRND n’abasirikari benshi ba Ex FAR

Editorial 11 Jul 2021
Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Burundi: Ntagitunguranye CNDD-FDD yihaye imyanya yose mu matora atarimo abo bari bahanganye

Editorial 12 Jun 2025
Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Gen. Kayihura yasubijemo umwambaro wa gisirikare, harakurikiraho iki ?

Editorial 15 Mar 2018
Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Ese ntihaba hari umugambi wo gukingira ikibaba abajenosideri, ngo bazapfe cyangwa bazafatwe bashaje cyane, bityo bibe impamvu yo kutababuranisha?

Editorial 07 Jun 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba
Amakuru

FDU-Inkingi yashimangiye ko INGABIRE Victoire akiri umuyoboke w’iryo shyaka rikorana na FDLR mu bikorwa by’iterabwoba

Editorial 02 Nov 2021
Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga
INKURU NYAMUKURU

Bombori Bombori muri RNC: Imisanzu yo mu ntara ya Uganda irarikoze, Kayumba Nyamwasa na Bishop Deo Nyirigira babaye agaca n’inkoko kubera ifaranga

Editorial 09 Jun 2020
Akanyamuneza , Amasengesho,  Gusabana no kwidagadura  mu gitaramo cya Noheri
Mu Rwanda

Akanyamuneza , Amasengesho, Gusabana no kwidagadura mu gitaramo cya Noheri

Editorial 25 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru