• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha ko Bobi Wine agiye kwicwa n’u Rwanda

Editorial 10 Sep 2019 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE

Inzego z’ubutasi za Uganda zatangiye gukwirakwiza ibihuha by’uko umunyapolitiki Robert Kyagulanyi uzwi ku mazina y’ubuhanzi ya Bobi Wine, yaba agiye kwicwa n’u Rwanda. Ibi bakaba babinyujije kuri Titus Seruga, umwe mu bikoresho by’ingenzi bya leta mu gukwirakwiza icengezamatwara no kuyobya rubanda hifashishijwe amakuru y’ibinyoma.

Abinyujije ku rukuta rwe rwa facebook, uyu mukozi w’inzego z’ubutasi za Uganda (CMI na ISO) ukorera mu Bubiligi, yashinje u Rwanda kuba ruteganya kwivugana icyamamare Bobi Wine, Umunyapolitiki kuri ubu utinywe cyane n’ubutegetsi bwa Perezida Museveni.

Ubusanzwe ngo ibyatangajwe na Seruga byari bikwiye gufatwa nk’ibyatangajwe nk’uwatorotse Butabika, cyangwa mu kindi kigo cyose cyita ku barwayi bo mu mutwe, ariko ngo ibyo atangaza abitamikwa n’inzego z’ubutasi za Kampala kandi ntibikwiye gufatwa nk’ibyoroshye nk’uko iyi nkuru dukesha Virungapost ikomeza ivuga.

Ikibazo rero ngo umuntu yakwibaza ni iki: Kuki ubutasi bwa gisirikare bwa Uganda (CMI) cyangwa Urwego rushinzwe Umutekano w’Imbere mu Gihugu (ISO) baba bategetse uyu mugabo guhanura iyicwa rya Kyagulanyi?

Isesengura ku bimaze iminsi bitangazwa na Seruga kuri Bobi Wine ngo rigaragaza ko yakomeje gukora ibishoboka ngo ahuze Depite Kyagulanyi n’ubutegetsi bwa Kigali. Mu kwezi gushize Seruga akaba yaratangaje ko u Rwanda rutera inkunga Bobi Wine n’ubukangurambaga bwe bwose! Seruga yanavuze ko Kigali iha Bobi Wine amafaranga yo guha abantu bapfushije!

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko ibi byasekeje benshi ndetse abashyigikiye Depite Kyagulanyi benshi bakajya kuri facebook bakamagana iki gikoresho cya CMI. Bamubwiye ko abashyigikiye Kyagulanyi atari muri Uganda gusa ahubwo no ku Isi hose, bafite ubushobozi bwo gukusanya amafaranga arenze n’ayahagije yo gushyigikira ubukangurambaga bw’umuyobozi wabo.

Igikomeje kwibazwa rero n’ukuntu uyu mukozi wa CMI mu minsi mikeya yaje gutangaza ko u Rwanda rushaka kwica umuntu yari akomeje kwemeza ashikamye ko icyo gihugu kirimo kumutera inkunga? Ntabwo bisobanutse. Ngo ntabwo bisobanutse ukuntu u Rwanda rwashaka kwica umuntu Seruga yitaga igikoresho cyarwo ngo kugirango Museveni agaragare nabi!

Ku rundi ruhande, umusesenguzi wavuganye n’urubuga dukesha iyi nkuru asanga ibitangazwa na Seruga ko u Rwanda rwaba rushaka kwivugana uyu mudepite wo muri Uganda biteye amakenga cyane kuri Bobi Wine. Ngo wasanga ahubwo inzego zihubuka za Perezida Museveni zaba zigiye kugerageza kongerera kumugirira nabi.

Ngo inshuro ya mbere hari mu mwaka ushize muri Arua ubwo habaga amatora agamije gushaka umudepite uzasimbura Ibrahim Abiriga. Ngo nta muntu uzibagirwa ubugizi bwa nabi abashinzwe umutekano wa Perezida Museveni bakoreye abaturage bo muri Arua. Bobi Wine yari ari muri aka karere kimwe na Francis Zaake wo muri Mityana n’abandi bagiye kwamamaza umukandida bari bashyigikiye.

Umwuka wari mubi icyo gihe kuva umutwe ushinzwe kurinda Perezida Museveni (SFC) ukigera muri uyu mujyi wo mu Majyaruguru ya Uganda. Icyakurikiyeho abaturage bumvise ni urusaku rw’amasasu. Abasirikare bo muri SFC bari bamaze kurasa ku modoka ya Bobi Wine yari iparitse hafi ya hotel yari acumbitsemo.

Abasirikare bo muri SFC icyo gihe barashe umushoferi wa Bobi Wine witwa Yassin Kawuma bamusiga avirirana amaraso kugeza apfuye akicaye mu mwanya wa shoferi. Byavuzwe ko ayo masasu yarashwe uyu mushoferi ubundi yari agenewe Bobi Wine ariko habaho kwibeshya ku mushoferi we. Icyo Gihe Robert Kyagulanyi yararokotse ariko iyicarubozo yakorewe nyuma yaho ryo ntiyabashije kuricika dore ko byarangiye agiye no kwivuriza hanze y’igihugu.

“Aba bantu ntabwo bari abantu na gato,” uyu ni Bobi Wine ubwo yandikaga ari ku gitanda cy’ibitaro byo muri Amerika yoherejwemo nyuma yo gukorerwa iyicarubozo.

Iyi nkuru irakomeza ivuga ko abazi neza Perezida Museveni bazi ko atajya aruhuka icyo ashaka atarakigeraho. Ngo aracyari inyuma y’ubuzima bwa Bobi Wine ukurikije ibitangazwa na Seruga.

Uyu mugabo yanagiye kure mu butumwa yatambukije ku itariki ya 02 muri uku kwezi kwa Nzeri anemeza ko Inzego z’ubutasi za Israel (Mossad) n’iz’Abafaransa nazo zemeza ko u Rwanda ruri gupangira Bobi Wine. Umuntu umwe akibaza impamvu CMI cyangwa ISO byanategetse Seruga gutangaza ibi bintu.

Isesengura ryoroshye rikaba rivuga ko iteka iyo CMI cyangwa ISO bishaka kwambura ubuzima umuntu ukomeye muri Uganda, babanza kwica umuntu mbere yo kugerageza guhuza urupfu rwe n’u Rwanda, ariko kuri iyi nshuro bwo babanje kubikora (kugerageza guhuza urupfu rwe n’u Rwanda) nk’uko byemezwa n’umwe mu babikurikiranira hafi.

Umwanzuro wa Seruga ku butumwa bwe yanyujije kuri facebook kandi ngo ni ikindi kimenyetso cy’ubujiji n’ubushobozi bukeya bw’ibikorwa by’icengezamatwara by’inzego z’ubutasi za Uganda nk’aho yagize ati: “Raporo yo mu cyumweru gishize yahuje Pilato (izina Seruga akunze gukoresha avuga Perezida w’u Rwanda) n’ubwicanyi amagana muri Uganda no muri East Africa,”

Inkuru igakomeza igira iti: “Nta wundi muntu wigeze wumva ubwo bwicanyi amagana.”

Umusesenguzi akavuga ko nibakomeza bagakora ubundi bugizi bwa nabi bwo kwica indi nzirakarengane y’Umugande bazaba birasheho n’iyi karibure (Caliber) y’Icengezamatwara.

2019-09-10
Editorial

IZINDI NKURU

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Charles N. Lambert yatangije urugamba rwo kubaho bwa kabiri kwa Afurika

Editorial 26 Apr 2021
Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Perezida Kagame yagaragaje ko AU ikwiye umwanya mu bikorwa bya G20

Editorial 01 Dec 2018
Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Uko Gén. Prime Niyongabo, Agemura Ibiryo, Intwaro N’ibikoresho, N’uko Atanga Imiti Mu Nkambi Y’imyitozo Igamije Gutera U Rwanda.

Editorial 22 Jan 2019
RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

RD-Congo : Icumbi rya Gen. Byiringiro Victor riri i Kazaroho ryahawe inkongi y’umuriro, biracyekwa ko Byiringiro yatawe muri yombi

Editorial 15 Apr 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame
Amakuru

Siporo uyu munsi tugerageza gukora, mu byo igeza ku bantu havemo n’amikoro – Perezida Paul Kagame

Editorial 23 Dec 2024
Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo
INKURU NYAMUKURU

Mu Burundi: Imiryango mpuzamahanga 30 ishobora guhagarika ibikorwa byayo

Editorial 13 Jan 2019
Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho
Amakuru

Impamvu zitandukanye zigaragaza ko intambara Museveni na Kayumba bifuriza u Rwanda itazagerwaho

Editorial 13 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru