• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

IRIBAGIZA CHRISTINE Wahotowe yari muntu ki ?

Editorial 16 Apr 2017 ITOHOZA

Mu masaa tatu za mugitondo cyo kuwa Kane tariki 13 Mata 2017, nibwo hamenyekanye inkuru ibabaje ko umubyeyi witwa Iribagiza Chritsine wari utuye mu murenge wa Niboye, Akagari Ka Niboye mu karere ka Kicukiro yishwe anizwe n’ abantu bataramenyekana, habanje gutangazwa ko yishwe atewe ibyuma, ariko nyuma biza kumenyekana ko yahotowe n’abagizi banabi.

Umuvandimwe wa Nyakwigendera witwa Emma Iryingabe uririmba muri Korari Hoziana atangaza amwe mu mateka n’ ibigwi bya bya Nyakwigendera Christine wari mukuru we.

Emma yagize ati “Nk’ umuvandimwe wanjye uko nari muzi, yari umubyeyi ufite umwana umwe w’ umukobwa ufite imyaka 26. Uwo mwana yiga mu Bubiligi”

Yakomeje avuga ko Iribagiza Christine yari umuntu uzi kubana n’ abandi kandi agakorera kuri gahunda, yongeraho ko nta muntu n’ umwe bari bafite icyo bapfa.

Ati “Nyakwigendera icyo muziho nk’ umuvandimwe ni uko yari umuntu ukunda abantu, utirengagiza umuntu uwo ariwe wese, kandi uzi kubana n’ abantu b’ ibyiciro byose baba abakuze baba abana, nta kibazo yagiranaga n’ abantu. Yamenyaga ibimureba akabikora kandi akagira gahunda”.

Emma avuga ko Nyakwigendera yagiye mu Bubiligi mu 1985, amaze gushakana n’ umugabo we bakoranaga muri CHUK. Mbere yo kujya mu Bubiligi Nyakwigendera yari umukozi wa CHUK akora muri Labotoire (Laboratine), amaze gushakana n’ umugabo w’ Umubiligi wari umudogiteri muri CHUK bagiye kuba mu Bubiligi

Mu ijwi rituje ryumvikanagamo agahinda arinako agera hagati agafatwa n’ ikiniga, Emma yagize ati “Kubera ko umugabo we yari umudogiteri bahoraga bimuka,….babaye mu Bubiligi, barahava bajya muri Bolvia yewe no mu Burundi barahabaye”

Muri 2007 nibwo Nyakwigendera Christine yagarutse mu Rwanda atura Kicukiro, mu kagari ka Niboye umurenge wa Niboye ari naho yiciwe n’ abantu bataramenyekana.

Umwana we yize amashuri yisumbuye mu ishuri ry’ Ababiligi mu mujyi wa Kigali (Ecole Belge), akomereza muri Kaminuza yo mu Bubuligi arinaho akiga kugeza ubu.

Nyakwigendera Christine yakoraga akazi k’ ubwubatsi. Akaba yari umucikacumu wa Jenoside yakorewe abatutsi, yishwe amaze igihe gito avuye mu gihugu cy’ u Bubiligi gusura umukobwa we. Apfuye afite imyaka 58 y’ amavuko.

Emma avuga ko bataramenya ibijyanye n’ imihango yo gushyingura Nyakwigendera kuko umurambo we ukiri mu bitaro bya polisi ku Kacyiru, aho wajyanywe gukorerwa isuzuma.

-6319.jpg

Abaturanyi b’uwo nyakwigendera basobanura ko abamwishe binjiye mu gipangu mu ma saa tatu za mu gitondo, babanza gutera ibyuma umuzamu wari umaze kubafungurira

2017-04-16
Editorial

IZINDI NKURU

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

Editorial 12 Aug 2016
Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Uganda Yirukanye Umuyobozi Wa MTN Ku Butaka Bwayo

Editorial 15 Feb 2019
Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Editorial 09 Feb 2017
Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Burundi: Agatsiko k’abitwaje imbunda kagabye igitero ku isoko gasahura iduka ry’Imbonerakure

Editorial 11 Dec 2018

Igitekerezo kimwe

  1. Dieudonne Hakizayezu
    June 22, 20199:10 am -

    Mu Rwanda abagizi ba nabi bashobora gutinyuka gutera urugo saa tatu muri quartier iri kuri kaburimbo si benshi.

    Noneho igitangaje n’ukuntu hahise humvikana umukobwa kuri radio ubeshya ngo bamuteraguye ibyuma nyamara yanigishijwe imigozi.

    Abicisha imigozi nabo si benshi mu Rwanda.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu
Amakuru

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Editorial 10 Jan 2021
Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe
Mu Rwanda

Abo kwa Rwigara bari imbere y’Urukiko noneho bunganiwe

Editorial 09 Oct 2017
Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC
INKURU NYAMUKURU

Frank Ruhinda yemeje iyegura rya Lea Karegeya wari ukuriye akanama k’inararibonye muri RNC

Editorial 13 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru