• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ibikorwaremezo, Guteza imbere umukino n’impano, ishoramari ryagutse ku gihugu – inyungu ku Rwanda mu kwakira BAL   |   24 May 2025

  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!
Himbara David wasabitswe n'icyorezo cyo guhimba mu byo abamo byose

Isi Himbara David asigaye yiberamo yabaye amayobera!

Editorial 29 Apr 2018 INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, ITOHOZA

Nyakwigendera Perezida wa Tanzania Mwalimu Julius Nyerere uzwi cyane nkumwe mu bayobozi bashishozaga cyane kumugabane wa Afrika, yigeze kubwira abanyamakuru bamubaza ibintu bidasobanutse ko wese aratekereza yewe n’ufite uburwayi bwo mu mutwe twitaga abasazi nabo baratekereza, bakanavuga.

Ati rero jywewe sinabuza umuntu gutekereza, ikibazo kiba ibyo atekereza ni byo avuga. Hari abantu rero barwaye indwara zikomeye zo kwifuza ko u Rwanda rwamererwa nabi, bigatuma babirota kandi bakabyemera bakabona aribyo.

Sinvuze babandi bafite inzozi muza bukuru biyita Dream Initiative, abo bahora mu nzozi za politike yo mubushorishori! Ndavuga abandi nabo babahora barota inzozi mbi zibagaragariza ibyfuzo byabo k’Urwanda rwamererwa nabi bakomeze babeshye abashaka kuba abayoboke babo. Iyo batarose nabi, barahimba dore ko n’amazina yabo aricyo asobanura, HIMBA-RA. Ubundi abakurambere bacu bavugaga ko izina aririryo muntu, kandi ngo so ntakwanga akwita nabi.

Uyu mugabo HIMBA-RA rero sinzi niba afite ikibazo cyo mu mutwe, cyangwa yarasinze ibyo atekereza cyangwa yifuza akabona ari ukuri, kuko ntari umuganga wabyo, ariko ibyo ahora yandika ngo U Rwanda rwasebye, cyangwa inshuti z’u Rwanda zasebye kubera ibyiza bikorerwa mu Rwanda.

Ukibaza niba atari we ukwiye kuba aseba kuko U Rwanda rukomeza gutera imbere rwirengagije ibyo yifuza.

Ejo bundi aha yarabyutse arahimba ngo U Rwanda nta bukerarugendo buhaba, ntanubuzahaba kuko igihugu ari gito kidafite amashyamba Manini abamo inyamaswa nyinshi cyangwa inyanja aho ba mukererugendo bakunda umusenyi wo ku mazi.

Kandi ngo imibare itangwa y’abakerarugendo n’imihimbano. Bukeye U Rwanda na Perezida Kagame babona igihembo cy’isi cyo guteza imbere ubukererugendo, Global Tourism Leadership Award. Abatanga icyo gihembo n’inzobere mu bukerarugendo, ibyo bakora barabizi ntibashakisha. Ubwo se ninde waba uhimba ibyo bavuga?,  igisebo nticyamwishe, isi yose yabeshywa bagatanga igihembo nkicyo, kukihe kiguzi! Ubwo tuvuge ko Himba-ra niwe wenyine ufite ubwenge kuriyi isi! Icyo ni kimwe mu bibazo afite kuko yibwira ko ariwe munyabwenge wenyine, ngirango nabyo ariko yaba abirota abona abantu bose abarusha ubwenge.

Igihembo cy’ubukerarugendo cyaje gikurikirana  n’icyemezo ko CHOGM, Inama y’ibihugu ya abakuru b’ibuhugu byakoronijwe n’abongereza (Commonwealth) yazabera mu Rwanda muri 2020, icyo cyemezo kikaba cyarafatiwe mu Bwongereza ahari habereye iyo nama uyu mwaka.  Himba-ra mbere yuko inama itangira muri byabindi bye nabandi nkawe, yari yatangiye ashishikariza abagize ibyo bihugu ngo kwamagana ko Perezida Kagame atayijyamo.

None bemeje ko ibera mu Rwanda! Hari igisebo kindi kirenze icyo! Ubwo rero atangiye kwijujuta ngo ntiyumva impamvu iyo nama yabera mu Rwanda ngo kuko nta demokarasi ihari, ngo nta kuntu Umwamikazi w’ubwongereza yaza mu Rwanda, ngo barenze ku mahame agenga uwo muryango, n’ibindi nkibyo. Icyo twamubwira n’uko ayo mahame yarakurikijwe mu guhitamo u Rwanda kwakira iyo nama ikomeye. Kuba yumva we yaratorongeye akajya kurya ku mafaranga ya forode ya Rujugiro , ntabwo u Rwanda rureberwa mu ndorerwemo ze.  Nta nubwo aribwo bwambere agenda, kuko yigeze gutorongera asiga imodoka ku kibuga mpuzamahanga cya Kanombe. Icyamugaruye icyo gihe wenda kizamugarura nanone.  Ayo mateka yose arazwi, kandi ntawamwibeshyaho.

Himba-ra uyu ariko muri iyi minsi yaruciye ararumira, nutwo avuga nitwatundi tutagira epfo na ruguru, nyuma y’uko filime documentaire yitwa “Rwanda the Roya Tour” isohokeye igaragaza Perezida Kagame atembereza umunyamakuru Peter Greenberg u Rwanda amwereka ibyiza birutatse.

Iyi minsi rero uyu mugabo yamubereye mibi. Kuko ibyo avuga bigenda bihinyuzwa na benshi bamwe ubundi ajya ashimagiza, bakoresha ukuri k’U Rwanda atakimbyunva, azabyumva ryari se! Himba-ra yifuje ko inama irangiye ya Mo Ibrahim idakorerwa mu Rwanda, ngo nta Demokrasi ihari, ahubwo ngo yakorerwa I Burund kuko Nkurunziza amazeho igihe gito k’ubutegetsi. Abategura iyi nama bagomba kuba noneho barabibonye ko uyu magabo afite ikibazo gikomeye, natwe tuti twabibonye cyera, niko tumutunze.  Kuri Himba-ra ngo ntabyiyumvisha uko yakorerwa mu Rwanda, kandi ngo Perezida Kagame amaze igihe kirekire kubutegetsi(Ubuyobozi).

Ariko Mo Ibahim ubwe yarabisobanuye neza ko ikibazo atari igihe umuyobozi amara k’ubutegetsi ahubwo ni icyo akorera abaturajye ari k’ubuyobozi kuko hari n’abajyaho igihe gito bakavaho bangije n’ibyo basanzeho. Yakomeje avuga ko hari abatamwumva neza, ati biratandukanye cyane.

Hari byinshi Himba-ra agenda ahimbahimba buri munsi, dore iyo uhimba utabura icyo uvuga. Ikiza nuko abareba ukuri benshi bamaze kumutahura, ahubwo bagakora ibinyuranije n’ibyo avuga. N’abandi nabo bazamutahura atari cyera.

Ibinyoma no kutanga umugayo ni bimwe mu bituma tutazahwema kugaragaza amafuti ye burigihe, n’abafite andi makuru y’ibyo avuga barakangurirwa kubishyira ahagaragara kuko burya umunyarwanda yavuze ko “ibuye ryabonetse riba ritacyishe isuka”.

2018-04-29
Editorial

IZINDI NKURU

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Editorial 23 Dec 2020
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Editorial 12 Jun 2018
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Editorial 29 Aug 2017
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Editorial 23 Dec 2020
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018
Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Museveni yatangaje umugambi wo guca amakoti apfuka umutwe ku batwara moto nyuma y’iraswa ry’umudepite

Editorial 12 Jun 2018
Ni iki  cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Ni iki cyatumye Perezida wa Centrafrica uherutse mu Rwanda yasubiranyeyo abakomando 40 atari yazanye

Editorial 29 Aug 2017
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Editorial 23 Dec 2020
Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Iperereza ryagaragaje ko gushinja Kayihura urupfu rwa Kaweesi nta shingiro bifite

Editorial 07 Aug 2018
prev
next

6 Ibitekerezo

  1. Sharon A.
    April 30, 20186:59 am -

    Ariko ko muba mushimishijwe no gusebya Himbara ….kugirango mwogeze perezida wanyu, ibyo ni uburenganzira bwanyu. Sinitaye Ku bya Himbara cyangwa KAGAME.
    Umva jye we ikibazo nabaz mwebwe Abanyamakuru bashyushya inkuru gusa.
    Ndababaza Uyu Perezida mwogeze amanywa n ijoro ngo ko yabonye ibikombeeee, agomba kuba atazanabona aho abibika kuko birarenze.
    Ibi byose ntibibujije ibyo ngiye kuba bwira biteye Agahinda n Umubabaro.
    1. Abaturage barashonje inzara imeze nka karande….kuki ab ifite nka perezida batabagabanirizaho nibura ngo babone icyo barya n uko abana babo babasha kwiga????!!!!!

    Mw agiye Mutabariza abicwa n inzara? Abarengana benshi babuze kirengera? Mwirirwa mwogeza umuntu umwe gusaaa, ubwo koko muri mu kuri?
    Mw avuze kuri ubwo bwoba bwa bishe? Kuki mutavuga ibyo mutekereza?

    Ni byinshi navuga . Naho Himbara nk umuntu ntacyo yabatwara. Ahubwo mwebwe muvugira LETA mwatabarije abaturage bariho Nabi?

    Subiza
    • Nziza
      April 30, 20189:04 am -

      Nanjye reka nkwibarize wowe Sharon A. Ni gute ubasha kwinjira mu mitwe y’abantu kuburyo umenya ko ibyo batekereza ataribyo bavuze? Ikindi nkubaza none se ko mbana uvuze ngo birirwa bogeza Perezida P. Kagame ngo yabonye ibihembo, waragenzuye usanga ibyo bihembo aba atabibonye? Kuvuga ngo abaturage barashonje, sinzi aho ubihera cyangwa se igihe waba uzi batigeze basonza ugereranya n’ubu. Icyo nzi cyo ni uko nta gihugu na kimwe utazasangamo abakene cyangwa se abashonje. Ibyo byaba ikibazo leta nta bushake igaragaza ngo ikemure ibyo bibazo. Twe abari mu Rwanda reka noneho tukubwize ukuri ko umubare w’abashonje n’abakene ugenda ugabanuka kubera gahunda nziza za leta zo guhashya inzara n’ubukene. Ndetse n’ibice byinshi by’Igihugu wasangaga inzara yarabayemo karande nka za Bugesera na za Gikongoro ubu basigaye bahinga bakeza nta bagisuhuka nka cyera. Gahunda z’ubudehe, girinka, ubwisungane mu kwivuza n’izindi nyinshi cyane ni bimwe mu bikorwa byivugira ubwabyo bituma u Rwanda rubona n’ibyo bikombe mwe mudashaka kwemera ko tubibona. Gusa jye iyo ndebye u Rwanda tubamo nkarugereranya n’urwo mwe mwirirwa muvuga nsanga urwanyu ari rwarundi rwa mbere ya 1994.

      Subiza
  2. Bucyabwitwaejo
    April 30, 201810:52 am -

    abanyarwanda dukeneye ibiduteza imbere gusa, ibindi ni amatiku yo gusingiza kanaka na kanaka.
    Mwabonye imvura imaze iminsi abantu yishe, mwabonye uliya muturage wi Rwamagana wishe umufasha we, amutemaguye nkukata ibyatsi,mubona ubushomeri buli murubyiruko uko bungana,mwiboneye abicwa na police ngo bali bagiye gutoroka cyangwa se bimanitse,etc…. ngibyo ibiduhangalikishije kuruta kulilimba abifite.
    Rushyashya na Kangura ya Ngeze bitandukaniye hehe? Ngeze Hassan ubu ali hehe?

    Subiza
    • Bugingo Nathan
      August 9, 20188:43 am -

      Ibyo byose uvuze umuti nuwuhe nkumunyanda uwatemaguye umugorewe yatumwe na leta?ibyo bindi se byo wabobye ntabushake bwogushaka ibisubizo?nkumunyarwanda umusanzu wawe nuwuhe?

      Subiza
  3. KATSIBWENENE
    April 30, 20181:39 pm -

    Ariko se ubu mwabuze ibyo muvuga kuvuga HIMBARAAAAAAAAAAAAAAA!!!!!!! Ahubwo muri kumukorera marketing kuko njye sinari namuzi. Aho kuvuga ibibazo bya Rubanda muri aho muhanganye n’umuntu umwe!!!!!!!!!!!!!!!!! abatwaye iki?

    Subiza
  4. nkunda
    May 1, 20185:41 pm -

    Izi za RNC zandika ahangaha amacoment ya fake mwagiye muya blocker ko tutazishaka naho ubundi reka umunyamakuru yandike ukuri maze kubakuruguture sha naho inzara muragirango kagame aze abahigire mujye guhingir aababyeyi mwataye mureke gusakuriza hano.

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru