• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

ITORERO ZION TEMPLE RYAFUNGUYE ISHAMI INDIANA MURI AMERIKA

Editorial 03 Jun 2016 ITOHOZA

Nyuma yo gufungura ishami muri Orlando muri Leta ya Florida muri America n’ I Namur mu Bubiligi muri uyu mwaka, Ministere y’Ijambo ry’Ukuri (Authentic Word Ministries) yafunguye ku mugaragaro Itorero ryayo Zion Temple Celebration Center Indiana muri Leta ya Indiana muri America. Ikaba iri ahitwa South Bend mu gace bita Michiana kabarizwa hagati ya Indiana na Michigan.

Nyuma y’igiterane cy’iminsi itatu cyabaye kuva taliki ya 27 -29/05/2016 cyari kiyobowe n’Umuyobozi Mukuru wa Authentic Word Ministries na Zion Temple Celebration Center ku Isi hose Apostle Dr. Paul Gitwaza itorero Zion Temple Nichiana rikaba ryarafunguwe ku mugaragaro, iri shami rikaba rije ryiyongera ku yandi matorero ya Zion agera kuri 45 ari hirya no hino ku Isi hose.

Iki giterane kikaba cyari kitabiriwe n’abantu barenga 120 baturutse muri Leta zitandukanye zo muri America nka Indiana, Michigan, Illinois, Texas, North Dakota, New York, Calfornia, Georgia, New Jersey, Florida, Massachusetts, ndetse hakaba hari n’abari bakitabiriye bavuye mu Rwanda no muri Canada.

Mu ijambo ry’Imana yigishije, Apostle Dr. Paul Gitwaza yasabye abari aho guha Imana imitima yabo nayo ikabaha umutima wayo kuko aribwo babasha kuyikorera neza no gukunda abantu nkuko ibakunda, ababwira ko umurimo w’Imana ukorwa n’umutima ugakomezwa n’amasengesho, yababwiye kandi ko itorero ridakwiriye kuba nk’ikidendezi ko ahubwo rikwiriye kuba umugezi utemba rikazana impinduka nziza aho rikorera hose mu nzego zose mu boroheje n’abakomeye, ahangaha yababwiye ko bagomba kugira ubwenge bagafata ubutaka n’igihugu Imana yabahaye, by’umwihariko akaba yarasabye itorero rya Zion Temple Indiana ryashinzwe rugomba gusibura Amariba yari yarasibwe (ITANGIRIRO 26:18-22) rikazana ububyutse muri Indiana nk’ubwigeze kuzanwa n’Umukozi w’Imana Lester Frank Samrall mu 1957-1996.

Nyuma y’inyigisho yahatanze Apostle Paul Gitwaza yafunguye ku mugaragaro itorero Zion Temple Michiana anasengera abashumba Francois na Assumpta Bayingana kuribera abayobozi bakuru no kuba Abashumba bemewe muri Zion Temple ku Isi hose no mu mashyirahamwe ibarizwamo.

-2860.jpg

Pastori Francois na Assumpta Bayingana bayoboye Zion Temple Indiana.

Mu ijambo Pasteur Francois na Assumpta Bayingana bagejeje ku bari aho bashimiye Intumwa Paul Gitwaza n’ubuyobozi bwa Zion Temple muri rusange ko bashoboye kubihanganira bakabaha umwanya uhagije wo kwitegura gukora uyu murimo bahamagariwe kuko bari bamaze hafi imyaka igera ku 10 bakora nka Cellule y’amasengesho, bakaba barashimye icyizere bagiriwe kandi bavuga ko biteguye gukorera Imana no kuzana impinduka muri ako gace batuyemo. Twabibutsa ko uyu Pasteur Bayingana Francois yigeze kuba umukinnyi ukomeye muri Rayon Sports mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Abari aho bose by’umwihariko abatuye muri Michiana bishimiye gutangira kwa Zion Temple muri ako gace banishimira abashumba bahawe, ndetse benshi bishimira ko igiterane cyasojwe bongeye guhemburwa mu mwuka.

Mu gusoza hakaba hari umuhanuzikazi w’umuzungukazi witwa Wendy wavuze ko ibya Zion Temple Imana yabibahishuriye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, ubwo bari barimo bakorera umurimo w’Imana mu Rwanda ngo babwiwe ko hazaza itorero ryitwa Zion rizazana ububyutse mu Rwanda no mu Isi yose ndetse rikazagera n’i Siyoni nyayo I Yerusalemu kandi ibi byamaze gusohora kuko Zion Temple yamaze no gushinga biro yayo I Yerusalemu.

-2859.jpg

Apostle Gitwaza asengera abashumba

-2858.jpg

Apostle Gitwaza n’umuhanzi Willy Uwizeye Iburyo.

-2857.jpg

Iki giterane cyari cyitabiriwe bishimishije.

-2856.jpg

Mu bari bacyitabiriye bavuye mu Rwanda harimo Pasteur Fifi Cameroun (Zion Temple Gisozi), Pasteur Barbara Umuhoza (Zion Temple Gatenga), Pasteur Jean Bosco Kanyengoga( Zion Temple Nyarutarama-Kagugu), Evangelist Christian Ibambasi (Zion Temple Kibagabaga) na Deborah Irakiza (Zion Temple Gatenga).

Gahunda ihari ngo Ni uko hazashingwa Zion Temple muri Leta zose zigize America uko ari 50, itahiwe gufungurwa ikaba ari Zion Temple Dallas muri Leta ya Texas tukaba tuzabagezaho amakuru yabyo mu minsi iri imbere.

Mugire amahoro y’Imana.

Article by Claude Ndayishimiye

2016-06-03
Editorial

IZINDI NKURU

Malawi: Vincent Murekezi afite ubwoba bwo koherezwa mu Rwanda

Malawi: Vincent Murekezi afite ubwoba bwo koherezwa mu Rwanda

Editorial 27 Jun 2017
Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Gatsinzi wakorewe iyica rubozo na CMI yasubije Umugande Barnabas wandikiye abakuru ba Uganda n’u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019
Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Ukuri : Kizito Mihigo yatawe muri yombi ashaka “kujya mu mitwe y’iterabwoba” ikorera I Burundi

Editorial 14 Feb 2020
Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Nyuma yo gukorerwa iyicwarubozo, Umunyarwanda Emmanuel Magezi yaguye muri gereza ya gisirikari muri Uganda

Editorial 09 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.
Amakuru

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Editorial 10 May 2021
Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza
Mu Mahanga

Polisi y’u Rwanda irizeza abaturarwanda umutekano usesuye mu minsi mikuru igiye kuza

Editorial 22 Dec 2016
I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana
Mu Mahanga

I Bethlehem hubatswe urukuta rushushanyijeho Trump na Netanyahu basomana

Editorial 30 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru