• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Jay Polly uri mu buroko yatakambiye umugore we anamugurira andi menyo

Ubwanditsi 17 Aug 2018 Mu Rwanda

Jay Polly aracyafunzwe, yatawe muri yombi azira gukura amenyo umugore we Uwimbabazi Sharifa, amaze kubona ikosa yakoze yaciye bugufi asaba imbabazi ndetse amugurira andi menyo asimbura ayakutse.

Jay Polly akurikiranyweho icyaha cyo ‘gukubita no gukomeretsa ku bushake ku buryo bubabaje’ umugore we. Mu kuburana, yemeye ibyo ashinjwa ndetse ko yakubise umugore we abitewe n’ubusinzi.

Inkuru zasakajwe hose ko Jay Polly yarekuwe. Umuvugizi w’Inkiko, Mutabazi Harrison yabwiye IGIHE ko uyu muhanzi agifunzwe ndetse ko agomba kuzitaba urukiko tariki ya 24 Kanama 2018 mu gusoma umwanzuro w’urubanza rwe afunzwe.

Yagize ati “Jay Polly aracyafunzwe, ubwo aheruka kuza mu rukiko nabwo yari agifunzwe. No mu gusoma umwanzuro ku iburanisha riheruka nabwo azaza agifunzwe, ibyo nabonye bavuga ngo yafunguwe sinzi aho babikuye.”

Inshuti za hafi za Jay Polly zemereye IGIHE ko uyu muraperi agifungiwe kuri Station ya Polisi ku Kimironko. Inkoramutima ye yitwa Mugisha Evergiste yagize ati “Oya ntabwo bamurekuye, umusaza aracyafunzwe, turamusura.”

Mugisha Evergiste kandi yavuze ko Jay Polly akimara gufatwa yamaze muri kasho igihe gito ararekurwa , yaraye iwe mu rugo ijoro rimwe akiva mu buriri ku itariki ya 7 Kanama 2018 yahise asubizwa mu buroko ndetse kugeza ubu aracyafunzwe.

Yagize ati “Icyo gihe bamurekuye igihe gito, yaraye mu rugo bucyeye nka saa kumi n’ebyiri barongera baramufata. Sharifa yari yagiye kumusabira imbabazi ariko hazamo akabazo barongera baramufunga.”

Yongeyeho ati “Jay yemera ikosa akanasaba imbabazi, ejobundi mu rukiko nabwo yarazisabye. Yasabye imbabazi umugore we amwemerera ko atazabyongera ko yabikoreshejwe n’ubusinzi, yanazisabiye mu rukiko, yasabye imbabazi urukiko anazisaba Abanyarwanda bose ariko uwari ukuriye iburanisha yahise amubwira ko ‘kuba yemera ko ibyo yakoze ari ikosa agasaba imbabazi bidakuyeho ko yakoze icyaha’ kandi agomba kubihanirwa. Ni gutyo bakomeje kumufunga rero, ubu dutegereje uko bizagenda ejobundi mu gusoma umwanzuro.”

Jay Polly aheruka kwitaba urukiko tariki ya 13 Kanama 2018 ari nabwo yatangiye kuburanishwa mu mizi n’Urukiko rw’ibanze rwa Gasabo, yaburanye yemera ibyo ashinjwa ariko atanga impamvu ko ‘yakubise umugore we abitewe n’ubusinzi’.

Abo mu muryango wa Sharifa ngo nibo basabye ko yongera gufungwa. Mugisha ati “Sharifa we yari yasabiye Jay imbabazi bahita bamurekura nyuma umuryango ubyivangamo barongera baramufunga.”

Yongeyeho ko “abo mu muryango wa Sharifa ntabwo bafata Jay Polly nk’umugabo we kuko batasezeranye, abo kwa Jay na bo ntabwo bafata Sharifa nk’umugore we. No muri ibi bibazo imiryango yo isa n’iyabivuyemo, no mu rukiko ubu ntibajyayo, njyana na Sharifa gusa.”

Ubwo Jay Polly yasabaga imbabazi umugore we ngo yamwemereye ko atazongera kumuhohotera ndetse yahise yishyura ibyasabwaga kugira ngo Sharifa asubirane amenyo atatu yakutse ku gice cyo hasi imbere. Ubu, bamushyizemo amashya ndetse umugongo wari wavunitse na wo yarawivuje urakira.

Jay Polly yasabye imbabazi umugore we Sharifa nyuma yo kumukura amenyo

Kuri Instagram na WhatsApp kuri konti za Jay Polly, kuva ejo kugeza ubu harasimburanaho amafoto n’amagambo avuga neza Sharifa n’umwana babyaranye. Mugisha yavuze ko ari we uri kubishyiraho mu gukomeza guha amakuru abafana b’uyu muhanzi.

Ubushinjachaha buheruka gusaba ko Jay Polly yafungwa imyaka ibiri n’ihazabu y’amafaranga ibihumbi ijana(100,000). Ubushinjacyaha bwamusabiye iki gihano, bushingiye ku ngingo ya 148 y’itegeko ngenga mu gitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda.

Urukiko ruzafatira umwanzuro ku rubanza rwa Jay Polly saa tanu z’amanywa ku itariki ya 24 Kanama 2018 ari nabwo uyu muhanzi azasubira mu rukiko.

Sharifa, umugore wa Jay Polly

2018-08-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ikipe ya AS Kigali ndetse na Police FC zabimburiye andi makipe guhabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo bitegura gusubukura shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021

Ubwanditsi 02 Apr 2021
Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Musanze: Uwishe mugenzi we amukubise ibuye mu mutwe yakaniwe urumukwiye

Ubwanditsi 07 Jun 2018
Rwanda : Essence yazamutseho amafaranga 24, mazutu izamukaho 19

Rwanda : Essence yazamutseho amafaranga 24, mazutu izamukaho 19

Ubwanditsi 05 Sep 2017
Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Amafoto – Kwerekanwa kw’abakinnyi bahabwa nimero nshya, umukino wa Gicuti na Kiyovu SC, kuririmba kw’abahanzi no kwakira abafana kuri Sitade mu byaranze Rayon Sports Day

Ubwanditsi 25 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye
HIRYA NO HINO

Amakosa yitwa mato ashobora gukorwa hagati y’abashakanye akagira ingaruka zikomeye

Ubwanditsi 15 Mar 2017
FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe
INKURU NYAMUKURU

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Ubwanditsi 13 Nov 2019
Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!
Amakuru

Ibyegeranyo by’ibipapirano “Human Rights Watch” yandika ku Rwanda ntibizahungabanya Abanyarwanda nk’uko abanzi babyifuza!

Ubwanditsi 28 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru