• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Rwanda: Ikimansuro cyagarutsweho nk’inzira ishyira icuruzwa ry’abantu

Ubwanditsi 01 Jul 2016 Mu Mahanga

Imbyino zo mu tubari za nijoro z’abakobwa bakunze kwita ‘ibimansuro’ zagarutsweho nk’imwe mu nzira ziganisha ku igurishwa ry’abantu bityo aho bikibarizwa hasabirwa gufungwa mu maguru mashya.

Ibi ni ibitekerezo bya bamwe mu bari bateraniye mu Nteko Ishinga Amategeko ahateraniye kuri uyu wa 30 Kamena mu nama nyuguranabitekerezo yiga ku kurwanya icuruzwa ry’abantu, n’isano bifitanye n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’ibisindisha mu rubyiruko.

Bimwe mu bitekerezo byatanzwe byagaragaje ko imbyino z’ibimansuro zihabanye n’umuco nyarwanda kandi zituma bamwe babyuririraho nk’inzira ishobora gucururizwamo abana b’abakobwa.

Hagaragajwe ko mu bagana ibi bimansuro haba hihishemo abashaka gushora abana b’abakobwa mu kwicuruza dore ngo hari n’abajyanwa no muri Uganda bijejwe ibindi nyamara ari ibimansuro babajyanyemo, aho ngo baba babahaye ibiyobyabwenge.

Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne avuga ko politiki y’u Rwanda yorohereza ishoramari, ariko ngo yumva ishoramari igihugu gikeneye ari iricyubaka, rigateza imbere abaturage, ati “Numva tutatera imbere tutagira abana.”

Yakomeje agira ati “Ibimansuro ni utubari cyangwa ubunywero babyinisha abana b’abakobwa basa n’abambaye ubusa, urebye uko babikora baba basa n’bakurura abaza kubagura bamaze kunywa bya biyobyabwenge. Ntabwo ari umuco wacu, nababikora bitwaje ko ari ugushora imari ntabwo ibyo twabigenderaho nk’igihugu kuko dukeneye gutera imbere tukagira n’Abanyarwanda bazima.”

Minisitiri Uwacu yavuze ko iyo umwana adafite uburere buhagije,ingaruka zigera kuri wese kandi ngo abo bana bagenda bakururwa n’abo bahurira ahantu nko muri ibi bimansuro na bo badafite uburere.

Nubwo ngo hari abavuga ko ari ubukene butera abantu kugana mu ngeso zo kuraruka, hagaragajwe ko aho Polisi yagiye hose ikora imikwabu mu bubari, basanganga abana barimo batujuje imyaka 18 abenshi ari abo mu miryango yifite ishinjwa kutagira umwanya igenera abana babo ngo ibaganirize ibahe uburere bukwiye.

-3136.jpg


Ibimansuro byo mu tubari ngo byaba ari inzira iganisha ku icuruzwa ry’abantu (Ifoto/IGIHE)

Minisitiri muri Perezidansi, Tugireyezu Venantie ati “Ibyo bimansuro ntiturumva ngo iki n’iki cyahanwe cyangwa cyafunzwe. Ubutaha byaba byiza tugaragarijwe niba ba nyirabyo byo bahanwe cyangwa barakurikiranwe n’amategeko abigenga.”

Bamwe mu batanze ibitekerezo bagaragaje ko ikibazo cy’ibi bimansuro cyasubirwaho kigigwaho neza ku buryo byafungwa aho bigaragara mu Mujyi wa Kigali hari bimwe bikunze gufatirwamo abana bakiri bato ndetse rimwe na rimwe bikaba inzira y’aho abana bahuriramo n’ababashuka bashaka kubajyana gucuruzwa mu mahanga.

Source: Izuba Rirashe

2016-07-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubushishozi bw’abanyapolitiki ba Kongo bugerwa ku mashyi

Ubwanditsi 26 Dec 2022
CNLG yashyize hanze Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi byaranze ukwezi kwa Gashyantare 1991-1994

CNLG yashyize hanze Ibikorwa by’ingenzi bigaragaza itegurwa rya Jenoside yakorewe Abatutsi byaranze ukwezi kwa Gashyantare 1991-1994

Ubwanditsi 07 Feb 2017
Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Kera kabaye uBufaransa bwaba bugiye kuburanisha Umunyarwanda Filipo Hategekimana wamaze Abatutsi mu Karere ka Nyanza no mu nkengero zako, Imanza 8 gusa mu myaka 27 yose!

Ubwanditsi 10 May 2021
Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ukuri kutavuzwe ku rugendo rwa Tshisekedi muri Uganda

Ubwanditsi 31 Oct 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%
UBUKUNGU

Banki zungutse miliyari 37.2 Frw, inguzanyo zitishyuwe zigabanuka kugera kuri 7.2%

Ubwanditsi 01 Nov 2018
Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo
Amakuru

Ubutegetsi bwa Uganda mu ikinamico yo gutega ibisasu I Kampala n’ahandi bikitirirwa imitwe y’iterabwoba, kandi ari ugushaka urwitwazo rwo kwinjira muri Kongo no kwikiza abatavuga rumwe nabwo

Ubwanditsi 16 Nov 2021
Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda
POLITIKI

Amwe mu matariki y’ingenzi yaranze urugamba rwo kubohora u Rwanda

Ubwanditsi 04 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru