• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Editorial 26 Jul 2018 POLITIKI

Jean Pierre Bemba, Umunyapolitiki uherutse kugirwa umwere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), yatangaje ko tariki ya Mbere Kanama azasubira mu gihugu cye cya Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga kandidatire mu matora ya Perezida ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.

Bemba ari mu Bubiligi nyuma yo kugirwa umwere na ICC mu kwezi gushize.

Mu kiganro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, uyu mugabo wahoze ari Visi Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuze ko vuba aha azasubira mu gihugu cye.

Yagize ati “Ndifuza kugera i Kinshasa tariki ya 1 Kanama mu gitondo. Namenyesheje abayobozi ndetse na Loni igihe nzahagerera.”

Bemba w’imyaka 55 ni we washinze umutwe MLC (Mouvement de Libération du Congo) waje guhindukamo ishyaka ari naryo aziyamamaza ahagarariye.

Yavuze ko uretse amatora, azajya no kureba igituro cya se witabye Imana ari mu buroko.

Ati “Hari n’izindi mpamvu zijyanye n’umuryango zizatuma ngenda harimo no kureba ahashyinguwe data no gutanga kandidatire ku mwanya wa Perezida.”

Amatora ya Perezida agamije gushaka uzasimbura Joseph Kabila utemerewe n’Itegeko Nshinga kongera kwiyamamaza nubwo nta gihamya ko atazabikora.

Jeune Afrique yatangaje ko Bemba yavuze ko Kabila aramutse yongeye kwiyamamaza yaba ashakira ibyago Congo.

Ati “Itegeko Nshinga rirahari, niriramuka ritubahirijwe bizaba ari ibyago ku gihugu.”

Yasabye abatavuga rumwe na Leta kwishyira hamwe ndetse byaba na ngombwa bagatanga umukandida umwe. Yavuze ko yifuza kubiganira na mugenzi we Moise Katumbi utavuga rumwe na Leta uri mu buhungiro.

Yagize ati “Niba dushaka impinduka, hakenewe umukandida umwe uhagararira abatavuga rumwe na Leta. Nzashyigikirra uwo ari we wese uzahagararira inyungu z’abatavuga rumwe na Leta.”

Uyu mugabo wari umaze igihe muri gereza yavuze ko azanye inyandiko y’amapaji 200 ikubiyemo imigabo n’imigambi yo kuzahura Congo haba mu burezi, mu bukungu, ubuzima n’ibindi.

Bemba yagizwe umwere na ICC nyuma yo guhamywa ibyaha mu mwaka wa 2016 byakorewe muri Centrafrique n’inyeshyamba yari ayoboye mu myaka ya 2000.

2018-07-26
Editorial

IZINDI NKURU

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

U Bufaransa ntibwanyuzwe n’intsinzi ya Félix Tshisekedi watorewe kuyobora RDC

Editorial 10 Jan 2019
Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Perezida Kagame na Idriss Déby wa Chad barasura Guinea

Editorial 23 Apr 2017
Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Perezida Museveni yashinje Umuryango w’Abibumbye gushyigikira iterabwoba muri RDC

Editorial 19 Jan 2018
U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

U Burusiya bwemeje ko bwagerageje misile nshya idashobora guhagarikwa

Editorial 15 Mar 2018

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 26, 20183:32 pm -

    NONE SE MURI IBYO MUVUZE NI IKIHE YABURIYE KABILA? CYANGWA NI IBYIFUZO BYANYU MURI GUTANGAZA NKUKO MUHORA MUBIGIRA?????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi
Mu Rwanda

Polisi y’u Rwanda mu rugamba rwo kurwanya ruswa: Batatu bafashwe baha ruswa abapolisi

Editorial 03 Mar 2017
Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.
Amakuru

Leta ya Kongo iri mu ihurizo mu kurangiza ikibazo cy’umutekano mu burasirazuba bw’icyo gihugu.

Editorial 17 Jul 2023
Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira
Mu Rwanda

Kirehe: Abayobozi b’ibigo by’amashuri bitatu bari mu mazi abira

Editorial 16 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru