• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Jean Pierre Bemba yiyemeje gusubira muri Congo, aburira Perezida Kabila

Editorial 26 Jul 2018 POLITIKI

Jean Pierre Bemba, Umunyapolitiki uherutse kugirwa umwere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha (ICC), yatangaje ko tariki ya Mbere Kanama azasubira mu gihugu cye cya Repubilika Iharanira Demokarasi ya Congo gutanga kandidatire mu matora ya Perezida ateganyijwe mu Ukuboza uyu mwaka.

Bemba ari mu Bubiligi nyuma yo kugirwa umwere na ICC mu kwezi gushize.

Mu kiganro n’abanyamakuru kuri uyu wa Kabiri, uyu mugabo wahoze ari Visi Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yavuze ko vuba aha azasubira mu gihugu cye.

Yagize ati “Ndifuza kugera i Kinshasa tariki ya 1 Kanama mu gitondo. Namenyesheje abayobozi ndetse na Loni igihe nzahagerera.”

Bemba w’imyaka 55 ni we washinze umutwe MLC (Mouvement de Libération du Congo) waje guhindukamo ishyaka ari naryo aziyamamaza ahagarariye.

Yavuze ko uretse amatora, azajya no kureba igituro cya se witabye Imana ari mu buroko.

Ati “Hari n’izindi mpamvu zijyanye n’umuryango zizatuma ngenda harimo no kureba ahashyinguwe data no gutanga kandidatire ku mwanya wa Perezida.”

Amatora ya Perezida agamije gushaka uzasimbura Joseph Kabila utemerewe n’Itegeko Nshinga kongera kwiyamamaza nubwo nta gihamya ko atazabikora.

Jeune Afrique yatangaje ko Bemba yavuze ko Kabila aramutse yongeye kwiyamamaza yaba ashakira ibyago Congo.

Ati “Itegeko Nshinga rirahari, niriramuka ritubahirijwe bizaba ari ibyago ku gihugu.”

Yasabye abatavuga rumwe na Leta kwishyira hamwe ndetse byaba na ngombwa bagatanga umukandida umwe. Yavuze ko yifuza kubiganira na mugenzi we Moise Katumbi utavuga rumwe na Leta uri mu buhungiro.

Yagize ati “Niba dushaka impinduka, hakenewe umukandida umwe uhagararira abatavuga rumwe na Leta. Nzashyigikirra uwo ari we wese uzahagararira inyungu z’abatavuga rumwe na Leta.”

Uyu mugabo wari umaze igihe muri gereza yavuze ko azanye inyandiko y’amapaji 200 ikubiyemo imigabo n’imigambi yo kuzahura Congo haba mu burezi, mu bukungu, ubuzima n’ibindi.

Bemba yagizwe umwere na ICC nyuma yo guhamywa ibyaha mu mwaka wa 2016 byakorewe muri Centrafrique n’inyeshyamba yari ayoboye mu myaka ya 2000.

2018-07-26
Editorial

IZINDI NKURU

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Karongi: Abakora umwuga w’uburaya banduye Sida mu bibazo bibakomereye

Editorial 02 Apr 2019
Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Bamwe mu banyapolitiki bakekwaho kuvamo umwe ushobora kuyobora Sena akaba numero ya kabiri mu gihugu

Editorial 10 Oct 2019
U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

U Rwanda U20 rwegukanye igikombe cya Zone 5 muri Handball cyaberabaga muri Ethiopia

Editorial 17 May 2024
Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Igisambo Mbayahaga cyahawe akazi ko gucamo amacakubiri abanyamulenge

Editorial 15 Jul 2025

Igitekerezo kimwe

  1. MAOMBI jOHN
    July 26, 20183:32 pm -

    NONE SE MURI IBYO MUVUZE NI IKIHE YABURIYE KABILA? CYANGWA NI IBYIFUZO BYANYU MURI GUTANGAZA NKUKO MUHORA MUBIGIRA?????

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere
Mu Rwanda

Maroc: Perezida Kagame na Madame Jeannette Kagame bitabiriye inama ku mihindagurikire y’ikirere

Editorial 15 Nov 2016
Al Nasr yo muri Libye yasezereye As Kigali mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup, APR FC irakina umukino w’ikirararane na Police FC
Amakuru

Al Nasr yo muri Libye yasezereye As Kigali mu ijonjora rya kabiri rya CAF Confederation Cup, APR FC irakina umukino w’ikirararane na Police FC

Editorial 17 Oct 2022
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro  na Ramaphosa wa Afurika y’Epfo
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Ramaphosa wa Afurika y’Epfo

Editorial 30 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru