• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Kayirere Julienne, umunyarwandakazi wamburiwe umwana we muri Uganda nyuma inzego z’umutekano muri icyo gihugu zikamubwira ko yapfuye, yiteguye gusubirayo kumushakisha kuko yizera ko akiriho.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, nyuma yo kugezwaho ikibazo cya Kayirere akandikira mugenzi we wa Uganda amusaba gukurikirana ikibazo cy’uwo mubyeyi.

Kayirere Julienne ukomoka mu Karere ka Ruhango, ku wa 5 Kanama 2017 nibwo yagiye muri Uganda agiye gushaka akazi, aho yagezeyo agatangira ubucuruzi bw’imyenda yakoreraga mu gace ka Mubende.

Muri icyo gihe, yari amaze ukwezi abyaye umwana w’umukobwa, amujyana muri Uganda. Yagezeyo, umunsi umwe aza gufatwa arafungwa ashinjwa kutagira ibyangombwa.

Umwana we, Joanna Imanirakiza, yonsaga, yamunyazwe ku wa 12 Ugushyingo 2018, ubwo yari afungiye mu gace ka Kasambya.

Nyuma y’ibyumweru bibiri, ku wa 28 Ugushyingo, Kayirere yakatiwe gufungwa ukwezi kumwe, ashinjwa ibyaha bihuriweho n’Abanyarwanda batabwa muri yombi muri Uganda, aho bafungirwa binyuranye n’amategeko.

Polisi ya Uganda yahise itangaza ko umwana yajyanywe mu kigo cy’imfubyi kizwi nka Glory Land Children’s Home kiri i Mubende ngo yitabweho.

Mu gihe yari arekuwe, yagiye kuri polisi ngo asubizwe umwana we, bamubwira ko yapfuye ariko arebye impapuro zerekana ko umwana we yapfuye asanga imyirondoro iriho itandukanye n’umwana we nyir’izina.

Yakomeje guhatiriza ngo amenye irengero rye arahababarira, rimwe agaterwa ubwoba ubundi agafungwa birangira ajugunywe ku mupaka w’u Rwanda na Uganda.

Yitabaje inzego za Leta y’u Rwanda ngo zimufashe kumenya irengero ry’umwana we.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ukwakira, Minisitiri Busingye abinyujije kuri Twitter yavuze ko ikibazo cya Kayirere cyagejejwe kuri Minisitiri ushinzwe ubutabera muri Uganda ndetse ngo Kayirere agiye gusubirayo gushaka umwana we kandi umutekano we uzitabwaho.

Yagize ati “Yego, mugenzi wanjye muri Uganda yansezeranyije kubikurikirana. Kayirere yiteguye gusubirayo gushaka umwana we. Turifuza ko umutekano we wubahirizwa.”

Yakomeje agira ati “Kumva ibyamubayheo ni nko kureba filime iteye ubwoba ariko ni ukuri. Yemeza ko azi neza ko umwana we ari muzima, ko iby’urupfu rwe atari byo.”

Kayirere atangaza ko agifite icyizere ko umwana we ari muzima, ahubwo agashimangira ko ibyo yabwiwe byose ku mwana we atari byo ahubwo ari amayeri yo kumumwima.

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, aherutse kwandikira mugenzi we wa Uganda, William Byaruhanga, amusaba gukora iperereza ryimbitse ngo afashe Kayirere kongera kubona umwana we.

Ibaruwa Busingye yandikiye Byaruhanga irimo ibimenyetso bigaragaza uko uwo mwana yoherejwe mu kigo ndetse na raporo yacuzwe kuri urwo rupfu.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda bakorera ubucuruzi muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi binyuranyije n’amategeko, bamwe bagakorerwa iyicarubozo ryabasigiye ubumuga.

2019-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubanza Ingabire Victoire yariyibagiwe reka tumwibutse uwo ari we

Ubwanditsi 26 Aug 2023
Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Abo muri Jambo asbl barashaka kwimurira ingengabitekerezo ya Jenoside mu Bubiligi ku ngufu, bihishe inyuma y’amategeko y’uburenganzira bwa muntu n’inshuti zabo

Ubwanditsi 14 Aug 2020
U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

U Rwanda ruracyuguruye amarembo ku banyarwanda bahejejwe mu mashyamba ya Kongo

RUSHYASHYA 30 Oct 2025
Umukongomani Nyamuhombeza, indashima  isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari  mu nkambi mu Rwanda.

Umukongomani Nyamuhombeza, indashima isebya u Rwanda rwamuhaye byose ubwo yari mu nkambi mu Rwanda.

Ubwanditsi 08 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu
Amakuru

Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu

RUSHYASHYA 07 Aug 2026
U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020
UBUKERARUGENDO

U Rwanda ku mwanya wa kane ku isi mu hantu ho gusura muri 2020

Ubwanditsi 07 Nov 2019
Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?
ITOHOZA

Leta y’u Burundi irikanga igiti n’isazi, Ese ibitero biraturuka he?

Ubwanditsi 22 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru