• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Kayirere wamburiwe umwana muri Uganda agiye gusubirayo kumushaka acungiwe umutekano

Ubwanditsi 23 Oct 2019 INKURU NYAMUKURU

Kayirere Julienne, umunyarwandakazi wamburiwe umwana we muri Uganda nyuma inzego z’umutekano muri icyo gihugu zikamubwira ko yapfuye, yiteguye gusubirayo kumushakisha kuko yizera ko akiriho.

Byatangajwe na Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, nyuma yo kugezwaho ikibazo cya Kayirere akandikira mugenzi we wa Uganda amusaba gukurikirana ikibazo cy’uwo mubyeyi.

Kayirere Julienne ukomoka mu Karere ka Ruhango, ku wa 5 Kanama 2017 nibwo yagiye muri Uganda agiye gushaka akazi, aho yagezeyo agatangira ubucuruzi bw’imyenda yakoreraga mu gace ka Mubende.

Muri icyo gihe, yari amaze ukwezi abyaye umwana w’umukobwa, amujyana muri Uganda. Yagezeyo, umunsi umwe aza gufatwa arafungwa ashinjwa kutagira ibyangombwa.

Umwana we, Joanna Imanirakiza, yonsaga, yamunyazwe ku wa 12 Ugushyingo 2018, ubwo yari afungiye mu gace ka Kasambya.

Nyuma y’ibyumweru bibiri, ku wa 28 Ugushyingo, Kayirere yakatiwe gufungwa ukwezi kumwe, ashinjwa ibyaha bihuriweho n’Abanyarwanda batabwa muri yombi muri Uganda, aho bafungirwa binyuranye n’amategeko.

Polisi ya Uganda yahise itangaza ko umwana yajyanywe mu kigo cy’imfubyi kizwi nka Glory Land Children’s Home kiri i Mubende ngo yitabweho.

Mu gihe yari arekuwe, yagiye kuri polisi ngo asubizwe umwana we, bamubwira ko yapfuye ariko arebye impapuro zerekana ko umwana we yapfuye asanga imyirondoro iriho itandukanye n’umwana we nyir’izina.

Yakomeje guhatiriza ngo amenye irengero rye arahababarira, rimwe agaterwa ubwoba ubundi agafungwa birangira ajugunywe ku mupaka w’u Rwanda na Uganda.

Yitabaje inzego za Leta y’u Rwanda ngo zimufashe kumenya irengero ry’umwana we.

Kuri uyu wa Kabiri tariki 22 Ukwakira, Minisitiri Busingye abinyujije kuri Twitter yavuze ko ikibazo cya Kayirere cyagejejwe kuri Minisitiri ushinzwe ubutabera muri Uganda ndetse ngo Kayirere agiye gusubirayo gushaka umwana we kandi umutekano we uzitabwaho.

Yagize ati “Yego, mugenzi wanjye muri Uganda yansezeranyije kubikurikirana. Kayirere yiteguye gusubirayo gushaka umwana we. Turifuza ko umutekano we wubahirizwa.”

Yakomeje agira ati “Kumva ibyamubayheo ni nko kureba filime iteye ubwoba ariko ni ukuri. Yemeza ko azi neza ko umwana we ari muzima, ko iby’urupfu rwe atari byo.”

Kayirere atangaza ko agifite icyizere ko umwana we ari muzima, ahubwo agashimangira ko ibyo yabwiwe byose ku mwana we atari byo ahubwo ari amayeri yo kumumwima.

Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, aherutse kwandikira mugenzi we wa Uganda, William Byaruhanga, amusaba gukora iperereza ryimbitse ngo afashe Kayirere kongera kubona umwana we.

Ibaruwa Busingye yandikiye Byaruhanga irimo ibimenyetso bigaragaza uko uwo mwana yoherejwe mu kigo ndetse na raporo yacuzwe kuri urwo rupfu.

Kuva mu myaka ibiri ishize, Abanyarwanda bakorera ubucuruzi muri Uganda batangiye gutabwa muri yombi binyuranyije n’amategeko, bamwe bagakorerwa iyicarubozo ryabasigiye ubumuga.

2019-10-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga

Hatahuwe uko FDLR ikorera ubworozi bw’inka mu ishyamba rya Virunga

Ubwanditsi 12 Apr 2019
RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo

RDF yavuze ku basirikare bayo barenze umupaka bagafatirwa muri Congo

Ubwanditsi 17 Apr 2018
Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Bayarya yabagoye, kuko guhora uhimbira Perezida Kagame ibirego ari umuzigo ubavuna cyane.

Ubwanditsi 13 Apr 2023
Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

Kabuga yagakwiye gusogongera ku cyanga cy’Ubutabera bw’ u Rwanda nk’abandi nkawe

RUSHYASHYA 16 Nov 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru
POLITIKI

DRC: Hagati ya Tshisekedi na Kabila ishyamba si ryeru

Ubwanditsi 12 Nov 2019
Pep Guardiola na Messi bagiye guhurira muri Champions League
IMIKINO

Pep Guardiola na Messi bagiye guhurira muri Champions League

Ubwanditsi 25 Aug 2016
Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana
Mu Mahanga

Ngororero: Abanyeshuri 1691 basobanuriwe uburenganzira bw’umwana

Ubwanditsi 01 Mar 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru