• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli yo muri Libya yari amazemo umwaka, Hakim Sahabo mu nzira zimujyana mu Bugereki   |   31 Jan 2026

  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Editorial 04 Apr 2018 SHOWBIZ

Gathoni Wamuchomba ni Umudepitekazi mu nteko ishinga amategeko ya Kenya uhagarariye abagore, uturuka mu Ntara ya Kiambu yifashe amashusho asaba abagabo bo mu bwoko bw’Abakikuyu bafite ubushobozi kurongora abagore benshi, nibura ngo byafasha gukemura ikibazo cy’abana batabona uburere.

Uyu mugore avuga ko abana bakura batabona ba Se bateza ikibazo gikomeye umuryango mugari w’abatuye Kenya.

Avuga ko iki kibazo kigaragarira mu rubyiruko rwiroha mu biyobyabwenge n’abana baba ku muhanda ari benshi cyane.

Uyu mugore wanashinze ikigo gifasha mu gusubiza mu buzima busanzwe ababaswe n’ibiyobyabwenge n’abakorewe ihohotera, avuga ko abana benshi mu babaswe n’ibiyobyabyenge bivugira ba nyina gusa, bakavuga ko ba Se babataye.

Abandi muri abo bana ngo bagaragaza ikibazo cyo kubura uburere bw’ababyeyi.

Ati: “Dukeneye kubwizanya ukuri, bariya bana bose tubona barerwa na ba nyina gusa, ba Se bari he? Ni kuki twakomeza kwijijisha ko ari ikibazo. Nkuko duhora tubivuga mu nsengero dukeneye gusubira inyuma tugashyiraho inteko zo kuganira icyo kibazo kugira ngo kibonerwe umuti.”

Uyu Mudepitekazi avuga ko umugabo ubyarana n’abandi bagore atari mu bo bashakanye ngo na bo bakwiye gufata abo bagore nk’ababo b’inyongera, bagafata n’inshingano yo kurera abana bafite.

Ati: “Tubyara abana  ariko ntidushaka kubemera. Niba uri umugabo w’Umu-Kikuyu ukaba ufite ubushobozi bwo gutunga abagore batanu, bashake. Kandi niba uri umugabo ukaba ufite ubushobozi bwo kurera abana benshi bikore.”

We avuga  ko gushaka abagore benshi atari icyaha ahubwo ngo ni ukubahiriza umuco.

Uyu Mudepitekazi avuga ko urubyiruko rwinshi rwabaswe n’ibiyobyabyenge ndetse n’ababa ku muhanda ngo byose babyinjijwemo no kubura uburere.

Anavuga ko mu gihugu cya Kenya ngo abana benshi baba ku muhanda ngo baba bafite imiryango bakomokamo. Kuri we ngo  gushaka abagore benshi ubaye ariwo muti ku kibazo cy’abo bana bishobora mu muhanda no mu biyobyabwenge ngo byakorwa kugira ngo gikemuke.

Mu 2014 Perezida Uhuru Kenyatta yemeje itegeko ryemerera abagabo kurongora abagore barenze umwe. Gusa iki gitekerezo cya Depite Wamuchomba abenshi mu Badepite b’abagore ntibagishyigikiye.

2018-04-04
Editorial

IZINDI NKURU

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Umuhanzi Meddy yakoreye ubukwe muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika n’umukunzi we Mimi ukomoka muri Ethiopia.

Editorial 23 May 2021
Kampala : Umuhanzi Theo Bosebabireba Yakubiswe n’ abagizi ba nabi  Bataramenyekana

Kampala : Umuhanzi Theo Bosebabireba Yakubiswe n’ abagizi ba nabi Bataramenyekana

Editorial 30 Jan 2018
Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Icyamamare Ali Kiba yasuye umubyeyi wa Perezida Magufuli Ndetse Amugenera Impan

Editorial 30 Jan 2018
Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Impinduka mu birori byo gufungura FESPAD n’Umuganura, Yemi Alade na Angelique Kidjo ntibakije hazaza Sauti Sol na Zao Zoba

Editorial 26 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

TUMENYE BAMWE MU BARWANYA LETA Y’U RWANDA ( Igice cya 7 )
ITOHOZA

TUMENYE BAMWE MU BARWANYA LETA Y’U RWANDA ( Igice cya 7 )

Editorial 22 Mar 2016
U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro
Mu Mahanga

U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

Editorial 17 May 2016
A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans
Mu Mahanga

A reflection on the 11th Resolution of the Cabinet Retreat: Long term saving for all Rwandans

Editorial 05 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru