• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

U Rwanda rwongeye gushinjwa ibinyoma Loni ikabiha agaciro

Ubwanditsi 17 May 2016 Mu Mahanga

Raporo y’ibanga y’Akanama k’Amahoro n’Umutekano k’Umuryango w’Abibumbye yongeye gushinja u Rwanda ibinyoma birimo guha imyitozo no gutera inkunga y’amafaranga n’ibikoresho abarwanya ubutegetsi mu Burundi ngo bahirike Perezida Nkurunziza kubutegetsi .

Itsinda rigizwe n’impuguke zigenga zashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye ngo zikore igenzura ku bijyanye n’ibihano byafatiwe Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, iryo tsinda mu gutandukira ryaherukaga gusohora Raporo ryise iyi banga muri Gashyantare ivuga ko abarwanyi 18 b’Abarundi bafatiwe mu burasirazuba bwa Congo bakavuga ko bakuwe mu nkambi y’impunzi mu Rwanda hagati muri 2015 bagahabwa imyitozo ya gisirikare n’abarimu ngo barimo n’Abanyarwanda.

Ariko ibi u Rwanda rwabiteye utwatsi.

Muri raporo nshya yizo mpuguke, Reuters ivuga ko yayikubiseho ijisho mu ibanga ejo kuwa Kane, itariki 12 Gicurasi, ngo ikaba igomba no kugibwaho impaka na komite ishinzwe ibihano y’Akanama k’Umutekano ka Loni kuri uyu wa Gatanu, tariki 13 Gicurasi 2016, iyo raporo yongeye kuvuga ko ibyo bintu byo gutoza abarundi u Rwanda rwabikomeje no muri 2016.

Iri tsinda ngo ryahuye n’Abanyarwanda nabo ngo bemeje ko bagize uruhare mu gutoza abo Barundi cyangwa ngo bakoherezwa muri Congo guha ubufasha abatavuga rumwe n’ubutegetsi bw’u Burundi.

Ubu bushakashatsi ariko nk’uko iyi nkuru ikomeza ivuga, buravuguruzanya mu byatangazwaga n’abayobozi bamwe bo mu burengerazuba mu mezi ashize bavuze ko nta bufasha na bumwe bw’Abanyarwanda bwari bugenewe inyeshyamba z’Abarundi bwigeze bufatwa mu mwaka ushize.

Impuguke za Loni zavuze ko zagejeje ibyo zagezeho kuri guverinoma y’u Rwanda igahakana kugira uruhare urwo ari rwo rwose ivuga ko itari izi iby’iyinjiza mu nyeshyamba impunzi z’Abarundi zo mu Nkambi ya Mahama.

Kugeza ubu abahagarariye u Rwanda muri Loni ntacyo baratangaza kuri iyi raporo nk’uko Reuters ikomeza ivuga.

Iyi nkuru kandi ikomeza ivuga ko bamwe mu bagize aka kanama k’umutekano ka Loni bifuza kohereza abapolisi mpuzamahanga mu Burundi bagafasha mu guhagarika ubugizi bwa nabi, ariko bakanagenzura umupaka w’u Burundi n’u Rwanda.

-2805.jpg

Gen. Patrick Nyamvumba

Umwanditsi wacu

2016-05-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Polisi y’u Rwanda yasabye urubyiruko rw’Abayisilamu rwo muri Kicukiro gufata iya mbere mu gukumira ibyaha

Ubwanditsi 06 Jul 2016
Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA

Rwanda Day 2016 izabera i San Francisco muri USA

Ubwanditsi 23 Aug 2016
Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Irinde ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko- Polisi y’u Rwanda

Ubwanditsi 03 Oct 2016
Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Itangazo ry’ibyemezo by’inama y’abaminisitiri yo kuwa Mbere tariki ya 18/01/2016

Ubwanditsi 21 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi : Lt. Col  Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.
Mu Rwanda

Burundi : Lt. Col Darius IKURAKURE,yarasiwe muri Etat Major na mugenzi we w’umusilikare ahasiga ubuzima.

Ubwanditsi 22 Mar 2016
Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Ubwanditsi 16 Dec 2017
Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe
Amakuru

Nizeyimana Olivier uherutse gutorerwa kuyobora FERWAFA mu myaka ine iri imbere yakoze ihererekanyabubasha na Komite Nyobozi icyuye igihe

Ubwanditsi 29 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru