• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Kenya: Umudepite w’Umugore yasabye abagabo bifite gushaka abagore benshi

Ubwanditsi 04 Apr 2018 SHOWBIZ

Gathoni Wamuchomba ni Umudepitekazi mu nteko ishinga amategeko ya Kenya uhagarariye abagore, uturuka mu Ntara ya Kiambu yifashe amashusho asaba abagabo bo mu bwoko bw’Abakikuyu bafite ubushobozi kurongora abagore benshi, nibura ngo byafasha gukemura ikibazo cy’abana batabona uburere.

Uyu mugore avuga ko abana bakura batabona ba Se bateza ikibazo gikomeye umuryango mugari w’abatuye Kenya.

Avuga ko iki kibazo kigaragarira mu rubyiruko rwiroha mu biyobyabwenge n’abana baba ku muhanda ari benshi cyane.

Uyu mugore wanashinze ikigo gifasha mu gusubiza mu buzima busanzwe ababaswe n’ibiyobyabwenge n’abakorewe ihohotera, avuga ko abana benshi mu babaswe n’ibiyobyabyenge bivugira ba nyina gusa, bakavuga ko ba Se babataye.

Abandi muri abo bana ngo bagaragaza ikibazo cyo kubura uburere bw’ababyeyi.

Ati: “Dukeneye kubwizanya ukuri, bariya bana bose tubona barerwa na ba nyina gusa, ba Se bari he? Ni kuki twakomeza kwijijisha ko ari ikibazo. Nkuko duhora tubivuga mu nsengero dukeneye gusubira inyuma tugashyiraho inteko zo kuganira icyo kibazo kugira ngo kibonerwe umuti.”

Uyu Mudepitekazi avuga ko umugabo ubyarana n’abandi bagore atari mu bo bashakanye ngo na bo bakwiye gufata abo bagore nk’ababo b’inyongera, bagafata n’inshingano yo kurera abana bafite.

Ati: “Tubyara abana  ariko ntidushaka kubemera. Niba uri umugabo w’Umu-Kikuyu ukaba ufite ubushobozi bwo gutunga abagore batanu, bashake. Kandi niba uri umugabo ukaba ufite ubushobozi bwo kurera abana benshi bikore.”

We avuga  ko gushaka abagore benshi atari icyaha ahubwo ngo ni ukubahiriza umuco.

Uyu Mudepitekazi avuga ko urubyiruko rwinshi rwabaswe n’ibiyobyabyenge ndetse n’ababa ku muhanda ngo byose babyinjijwemo no kubura uburere.

Anavuga ko mu gihugu cya Kenya ngo abana benshi baba ku muhanda ngo baba bafite imiryango bakomokamo. Kuri we ngo  gushaka abagore benshi ubaye ariwo muti ku kibazo cy’abo bana bishobora mu muhanda no mu biyobyabwenge ngo byakorwa kugira ngo gikemuke.

Mu 2014 Perezida Uhuru Kenyatta yemeje itegeko ryemerera abagabo kurongora abagore barenze umwe. Gusa iki gitekerezo cya Depite Wamuchomba abenshi mu Badepite b’abagore ntibagishyigikiye.

2018-04-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Diamond yagiranye ikiganiro n’abanyamakuru avuga kuri Shaddyboo n’indirimbo yakoranye na Meddy

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Mu minsi 23 gusa, Amashusho y’indirimbo “Away “ya Ariel Wayz na Juno Kizigenza yujuje Miliyoni y’abamaze kuyireba kuri Youtube

Ubwanditsi 11 Jul 2021
Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Charly na Nina, Riderman na Yvan Buravan ni bo bahize abandi mu marushanwa yateguwe na Clouds TV

Ubwanditsi 23 Nov 2017
Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Monaco Cafe na Monaco Cosmetics zikomeje kubagezaho ibyiza zifite utasanga ahandi muri Kigali

Ubwanditsi 19 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi
INKURU NYAMUKURU

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Ubwanditsi 29 Oct 2018
Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi
Mu Rwanda

Perezida Kagame yarahiriye kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka irindwi

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa
HIRYA NO HINO

Imyiteguro idasanzwe y’ubukwe bwa Meghan na Harry, n’i Kigali buzerekanwa

Ubwanditsi 18 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru