• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Intambara ishobora kongera kurota mu Burundi

Ubwanditsi 29 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Bamwe mu banyapolitiki bavuga ko kuba Leta y’u Burundi yaranze kwitabira ibiganiro biyihuza n’abatavuga rumwe nayo, ari ikimenyetso kigaragaza ko intambara ishobora kurota.

Ku wa Mbere tariki ya 29 Ukwakira 2018, nibwo hasojwe inshuro ya gatanu y’ibiganiro bihuza Abarundi i Arusha muri Tanzania, Leta y’u Burundi ikaba yaranze kubyitabira ndetse inatangaza ko ibizabivamo itazabyemera.

Abanyapolitiki batavuga rumwe na Leta bari bitabiriye ibi biganiro, bavuga ko kuba Leta yaranze kwitabira ibi biganiro nk’inzira y’amahoro ishobora gukemura ibibazo abarundi bafite, ari ikigaragaza ko hari abashobora gushakira umuti mu ntambara.

Umuyobozi wungirije mu ishyaka Sahwanya- FRODEBU, Ngendakumana Leonce, wari uri muri ibi biganiro, yagize ati “ni uko nshaje, nari kuva aha mfata inzira y’intambara kuko inzira y’ibiganiro yanze, nubwo nkunda amahoro ariko nshingikiye inzira iyo ariyo yose yo kurwanya ubutegetsi bw’i Bujumbura kuko inzira y’ibiganiro yananiranye”.

Uhagarariye ishyaka ritemewe mu Burundi rya UPRONA, Nditije Charles, nawe yunze mu rya mugenzi we, agira ati “ Ikigaragara cyo ni uko tutazajya mu matora yo mu 2020 icyuka ari cyiza, kuba nta kivuye mu biganiro bikamiye mu cyogeje abashaka gufata intwaro”.

Nditije arakomeza asaba Umuryango w’Abibumbye gufatira ibihano Leta y’u Burundi, mu gihe bamwe bavuga ko inzira y’imirwano atari nziza.

Ndayikengurukiye Jean Bosco wahoze ayoboye ishyaka CNDD FDD rikiri mu ishyamba, avuga ko inzira y’intambara yangiza, ahubwo agasaba ko na Leta y’u Burundi itagakwiye gutegereza ko intambara iyigabwaho.

Ati “Nzi ingaruka ku butunzi, imibano n’abapfa mu gihe habaye intambara, ndibaza ko Leta n’ishyaka riri ku butegetsi batazavunira ibiti mu matwi kugeza habayeho intambara, ndasaba EAC, AU ndetse na Loni kugira icyo bikora kugira ngo hatagira abafata ibirwanisho”.

Mu gihe aba banyapolitiki bavuga ko intambara ishobora kurota hatagize igikorwa mu maguru mashya, Abarundi bari mu bikorwa bitegura amatora yo mu 2020, aho perezida Nkurunziza atazayagaragaramo nk’umukandida.

2018-10-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Kuki BBC ikomeje kuba umuzindaro w’Ibigarasha n’Abajenosideri?

Ubwanditsi 23 Nov 2020
Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Aho bukera Tshisekedi arabarutsa amadolari yabahaye ngo badobye amatora mu Rwanda bikabananira

Ubwanditsi 12 Jul 2024
Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe

Ibishushungwa bya P5 na MRCD mu mugambi wo kwihuza, Kayumba Nyamwasa yahiriye mu nzu abura aho apfunda imitwe

Ubwanditsi 17 Dec 2019
Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Leta y’u Burundi irashinjwa kohereza rwihishwa abasirikari n’imbonerakure muri Kongo

Ubwanditsi 28 Jul 2022

Igitekerezo kimwe

  1. RUGENDO
    October 29, 20188:45 pm -

    RUSHYASHYA IYO NTAMBARA MUZAYIRWANA ??
    MWANJYIYE MWANDIKA INKIRU MUKAREKA AMATIKU!!
    EREGA DIPOLOMASI UBU YARAHINDITSE!!!!!
    NIBA MUFATANYA NA USA NUBWONGERAZA ,NUBUBILIGI
    NU BU FARANSA
    ABANDI NABO BAZEREKEZA MURI CHINE NU BURUSIYA!!!!!
    ibyakera byarahindutse !!burya sibuno!!!!!!!!!!RUSHYASHYA NI murote amahoro apana intambara!!

    Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni yatangaje icyunamo cy’iminsi itatu nyuma y’impanuka y’imodoka yishe abarenga 20

Ubwanditsi 28 May 2018
Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda
ITOHOZA

Himbara yongeye gushyirwa mu majwi nk’Umucengezamatwara wa RNC muri Uganda

Ubwanditsi 25 Mar 2019
Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19
Amakuru

Mu Rwanda ntawe uri hejuru y’amategeko, Gen Ibingira na Lt Gen Muhire batawe muri yombi bazira kurenga ku mabwiriza yo kurwanya COVID-19

Ubwanditsi 28 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru