• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

  • APR BBC na AL Ahli Tripoli niyo makipe yaboneye itike i Kigali yo gukina imikino ya nyuma ya BAL 2025 izabera muri Afurika y’Epfo   |   26 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Editorial 08 Feb 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihugu hari amahirwe menshi yabyazwa ubucuruzi atari gukoreshwa, asaba ko hadakwiye kubaho kunanirwa kubyaza umusaruro ingufu zikomeje gushyirwa mu koroshya ibikorwa by’ubucuruzi mu karere.

Umukuru w’Igihugu yabivuze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yitabiraga ihuriro ry’abacuruzi b’icyitegererezo, mu mugoroba wa “Golden Circle Gala Dinner”, igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu gihugu, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abayoboye ibikorwa by’ubucuruzi mu karere.

Golden Circle ihuriwemo n’abacuruzi bagera ku 150 bafatwa n’indashyikirwa mu nzego z’inganda, ubukerarugendo, amabanki n’ibindi, bagira uruhare mu guhanga imirimo n’irindi shoramari, byose bizamura iterambere ry’igihugu.

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa by’ubucuruzi ari umufatanyabikorwa wa guverinoma kuko intego z’izi mpande zombi zishingiye ku iterambere, ariko ngo ntirishobora kugerwaho zidakoranye bya hafi binyuze mu biganiro bihoraho, mu bufatanye bwa leta n’abikorera.

Yanibukije ko hari amahirwe amwe y’ubucuruzi atarabyazwa umusaruro mu gihugu, ashimira Urugaga rw’abikorera (PSF) rukomeje gufasha mu kuyamenyekanisha no hanze y’imipaka y’igihugu.

-2012.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-2011.jpg

Abacuruzi babanyarwanda n’abanyamahanga batandukanye bari bitabiriye iki gikorwa

Ati “Ibihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba, binyuze mu mishinga ihuriweho n’ibihugu byo mu muhora wa ruguru no mu muhora wo hagati mu gihe gito kiri imbere, biri gukora ibishoboka ngo bikureho imbogamizi mu bucuruzi, ngo byoroshye urujya n’uruza rw’abantu, ubushobozi, ibicuruzwa na serivisi. Turi gutera intambwe ishimishije mu bijyanye n’ibikorwa remezo, ingufu, ubwikorezi, itumanaho, binyuze muri iyi mihora, kandi tuzakomeza n’ibirushijeho.”

Yongeyeho ati “Ariko hari n’ibindi tugomba gukora. Dufite ibisabwa byose ngo twubake iterambere ry’akarere kacu, bityo nta gushidikanya gukwiye kubamo cyangwa kunanirwa ku ruhande rwacu, kungukira muri ibi bikomeje gukorwa.”

-2010.jpg

Umuyobozi Mukuru wa PSF, Benjamin Gasamagera

Umuyobozi Mukuru wa PSF, Benjamin Gasamagera, yavuze ko kuba umwe mu bagize Golden Circle bisaba kuba icyitegererezo mu ishoramari, kurusha uko harebwa ku ngano y’umutungo mu mafaranga waba ugezeho.

Mu cyo bateganya mu minsi iri imbere, yagize ati “Dushaka gufasha ba rwiyemezamirimo bato n’abagore, kuko nibo bazaba ari abashoramari bakomeye b’ejo hazaza. Dukeneye kubafasha, tugashyigikira ubushobozi bifitemo.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, iri huriro ry’abacuruzi bakomeye ryanatumiye ba rwiyemezamirimo bato basaga70, kugira ngo bungurane ibitekerezo n’abamaze kugira ibyo bageraho, ku buryo bizeye ko mu minsi mike ari bamwe mu bazaba bagize ‘‘Golden Circle.”

Uyu mugoroba witabiriwe n’abikorera bagera kuri 350, muri bo 150 bagize iri huriro rimaze imyaka ine rishinzwe, abandi 200 basigaye bashobora kwinjiramo muri uyu mwaka, ku buryo mu myaka mike iri imbere bazaba bagera kuri 500.

Source: Igihe.com

2016-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Editorial 24 Sep 2023
Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Editorial 11 Aug 2016
Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Editorial 11 Sep 2016
RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Editorial 24 Jul 2018
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Editorial 24 Sep 2023
Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Editorial 11 Aug 2016
Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Gukumira ibyaha mu Ntara y’Amajyaruguru: Abayobozi b’inzego z’ibanze basabwe guhanahana amakuru ku gihe

Editorial 11 Sep 2016
RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

RDC: Bamwe mu bahoze muri FDLR bemeye kuva mu nkambi mbere y’uko zifungwa

Editorial 24 Jul 2018
Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Umujenosideri Pierre Kayondo wari wihishe mu Bufaransa yatawe muri yombi nyuma y’iperereza ryamaze imyaka ibiri

Editorial 24 Sep 2023
Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Urwa Semukanya Intahanabatatu, Rukara mwene Bishingwe wa Sekidandi umutware w’imitwe y’ingabo Abakemba

Editorial 11 Aug 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru