• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Kigali: Perezida Kagame yasabye abikorera kubyaza umusaruro ingufu zishyirwa mu koroshya ubucuruzi

Editorial 08 Feb 2016 Mu Mahanga

Perezida Paul Kagame yavuze ko mu gihugu hari amahirwe menshi yabyazwa ubucuruzi atari gukoreshwa, asaba ko hadakwiye kubaho kunanirwa kubyaza umusaruro ingufu zikomeje gushyirwa mu koroshya ibikorwa by’ubucuruzi mu karere.

Umukuru w’Igihugu yabivuze ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yitabiraga ihuriro ry’abacuruzi b’icyitegererezo, mu mugoroba wa “Golden Circle Gala Dinner”, igikorwa cyitabiriwe n’abayobozi batandukanye mu gihugu, abahagarariye ibihugu byabo mu Rwanda n’abayoboye ibikorwa by’ubucuruzi mu karere.

Golden Circle ihuriwemo n’abacuruzi bagera ku 150 bafatwa n’indashyikirwa mu nzego z’inganda, ubukerarugendo, amabanki n’ibindi, bagira uruhare mu guhanga imirimo n’irindi shoramari, byose bizamura iterambere ry’igihugu.

Perezida Kagame yavuze ko ibikorwa by’ubucuruzi ari umufatanyabikorwa wa guverinoma kuko intego z’izi mpande zombi zishingiye ku iterambere, ariko ngo ntirishobora kugerwaho zidakoranye bya hafi binyuze mu biganiro bihoraho, mu bufatanye bwa leta n’abikorera.

Yanibukije ko hari amahirwe amwe y’ubucuruzi atarabyazwa umusaruro mu gihugu, ashimira Urugaga rw’abikorera (PSF) rukomeje gufasha mu kuyamenyekanisha no hanze y’imipaka y’igihugu.

-2012.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-2011.jpg

Abacuruzi babanyarwanda n’abanyamahanga batandukanye bari bitabiriye iki gikorwa

Ati “Ibihugu byo muri Afurika y’u Burasirazuba, binyuze mu mishinga ihuriweho n’ibihugu byo mu muhora wa ruguru no mu muhora wo hagati mu gihe gito kiri imbere, biri gukora ibishoboka ngo bikureho imbogamizi mu bucuruzi, ngo byoroshye urujya n’uruza rw’abantu, ubushobozi, ibicuruzwa na serivisi. Turi gutera intambwe ishimishije mu bijyanye n’ibikorwa remezo, ingufu, ubwikorezi, itumanaho, binyuze muri iyi mihora, kandi tuzakomeza n’ibirushijeho.”

Yongeyeho ati “Ariko hari n’ibindi tugomba gukora. Dufite ibisabwa byose ngo twubake iterambere ry’akarere kacu, bityo nta gushidikanya gukwiye kubamo cyangwa kunanirwa ku ruhande rwacu, kungukira muri ibi bikomeje gukorwa.”

-2010.jpg

Umuyobozi Mukuru wa PSF, Benjamin Gasamagera

Umuyobozi Mukuru wa PSF, Benjamin Gasamagera, yavuze ko kuba umwe mu bagize Golden Circle bisaba kuba icyitegererezo mu ishoramari, kurusha uko harebwa ku ngano y’umutungo mu mafaranga waba ugezeho.

Mu cyo bateganya mu minsi iri imbere, yagize ati “Dushaka gufasha ba rwiyemezamirimo bato n’abagore, kuko nibo bazaba ari abashoramari bakomeye b’ejo hazaza. Dukeneye kubafasha, tugashyigikira ubushobozi bifitemo.”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu, iri huriro ry’abacuruzi bakomeye ryanatumiye ba rwiyemezamirimo bato basaga70, kugira ngo bungurane ibitekerezo n’abamaze kugira ibyo bageraho, ku buryo bizeye ko mu minsi mike ari bamwe mu bazaba bagize ‘‘Golden Circle.”

Uyu mugoroba witabiriwe n’abikorera bagera kuri 350, muri bo 150 bagize iri huriro rimaze imyaka ine rishinzwe, abandi 200 basigaye bashobora kwinjiramo muri uyu mwaka, ku buryo mu myaka mike iri imbere bazaba bagera kuri 500.

Source: Igihe.com

2016-02-08
Editorial

IZINDI NKURU

FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23

FRC, umutwe w’inyeshyamba uri mu nzira zo gucumbukura ikivi cya M23

Editorial 29 May 2018
IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

IGP Gasana yaganirije abamotari k’umutekano

Editorial 28 Aug 2016
Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Abanyarwanda 13 bashimutiwe muri Uganda bajyanwa ahatazwi

Editorial 02 Apr 2019
Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Ishyano riragwira: Thomas Nahimana yashinze irimbi kuri Internet aho imva ihagaze amadorali 161

Editorial 25 Apr 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo
Mu Rwanda

Kigali: Polisi yashubije ibikoresho bitandukanye byari byaribwe ba nyirabyo

Editorial 16 Dec 2017
Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL
POLITIKI

Ni nde uzasimbura Mitali k’ubuyobozi bwa PL

Editorial 26 Jul 2016
Perezida Museveni  n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara
INKURU NYAMUKURU

Perezida Museveni n’abajenerali be bagiye gusubira mu byumba bitegurirwamo intambara

Editorial 05 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru