Shampiyona y’u Rwanda 2025/26 yakomeje ku munsi wayo wa 6, aho Kiyovu Sports na Rayon Sportszabonye amanota atatu ku mikino yazo yo hanze, mu gihe APR FC yanganyije muri Rutsiro.

Kiyovu Sports yatsindiye AS Kigali ibitego 3–0 kuri Kigali Pele Stadium, mu mukino wayo wabaye kuri iki cyumweru. bigendanye no guhatana kw’aya makipe yombi yo mu mujyi wa Kigali, gutsinda kwa Kiyovu SC de Mumena batsinda ibitego bitatu byiza byatumye izamuka mu makipe afite amanota 9.

Kuri Stade Umuganda i Rubavu, Rayon Sports yatsinze Marines FC igitego 1–0 mu mukino wari ukomeye cyane. Ikipe ya Gikundiro yatsindiwe na Aziz Bassane mu minota ya nyuma y’umukino.

Mu yindi mikino, APR FC yanganyije na Rutsiro FC igitego 1–1, biyibuza amanota atatu yari kuyifasha gukomeza gusatira ikipe ya Police iri ku mwanya wa mbere.
Iyi kipe y’ingabo iracyafite imikino ibiri itarakina kandi ikaba itaratsindwa muri shampiyona.

Police FC yo yanganyije na Mukura Victory Sports igitego 1–1, ariko ikomeza kuyobora urutonde rwa shampiyona n’amanota 16, ndetse ikaba ari nayo ikipe imaze gutsindwa ibitego bike, ikaba yarinjijwe ibitego bitatu gusa mu mikino itandatu.
Musanze FC yitwaye neza itsinda Amagaju FC ibitego 2–0, naho Gasogi United itsinda Muhanga FCigitego 1–0.

Mu mikino yabaye mu mbere, Gorilla FC yatsinze Bugesera FC ibitego 2–1, naho Gicumbi FC inganya na Etincelles FC igitego 1–1.

Nyuma y’imikino itandatu ya shampiyona y’u Rwanda, Police FC ikomeje kuyobora nk’ikipe itaratsindwa umukino n’umwe kuko imaze gutsinda imikino itanu inganya umwe gusa.




