• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Editorial 02 Jun 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika, Koffi Olomide agiye kugezwa imbere y’inkiko mu Bufaransa aho akurikiranyweho ibyaha birimo icyo guhohotera no gukoresha ubusambanyi ababyinnyi be ku gahato.

Uyu muhanzi uzwi ku mazina arimo “Shakespeare of Zaire”, “Grand Mopao”, “Mokonzi”, “Tcha Tcho king”, “Nkolo Lupemba” , “Sarkozy” n’andi menshi yongeye kuvugwa mu nkuru zo guhohotera abagore nyuma y’ibizazane amaze iminsi acamo kuva yakubitira umubyinnyi we muri Kenya.

Ikinyamakuru Le Figaro cyatangaje ko, Koffi Olomide w’imyaka 61 y’amavuko yashyiriwemo impapuro zimusaba kwitaba ubutabera mu Bufaransa aho bivugwa ko yakoreye ibyaha byo gukoresha ubusambanyi abagore bamubyiniraga abandi akabafungira mu nzu mu buryo bubabuza umudendezo.

Ibi byaha Koffi Olomide ashinjwa bivugwa ko yabikoze hagati y’umwaka wa 2002 na 2006 mu bihe bitandukanye. Abagore bashinja Koffi Olomide bavuga ko byabareye mu gace yakundaga gucumbikamo yagiye mu kazi muri Asnières-sur-Seine mu majyaruguru y’Umujyi wa Paris.

Abashinja Koffi Olomide bavuga ko ibi byose babikorerwaga mu gihe babaga bajyanye na we mu kazi haba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyangwa bagiye gukora ibitaramo kure y’iki gihugu.

Iyo babaga bari mu Bufaransa, ngo bafungirwaga ahantu ndetse bagacungwa mu buryo bukomeye n’abagabo batatu barindaga umutekano wa Koffi Olomide. Mu buhamya batanze bavuga ko muri icyo gihe bamburwaga telefone n’ibyangombwa byose ubundi bakagemurirwa Koffi Olomide kuri hoteli bitewe n’igihe agiriye icyifuzo cyo kubasambanya nabwo atabanje kubibasaba.

Aba bagore uko ari bane bemeza ko bacitse Koffi Olomide muri Kamena 2006 babifashijwemo n’uwahoze acunga umutekano we. Ibirego byabo babitanze mu myaka ya 2007, 2009 na 2013; kuva icyo gihe ntibigeze basubira iwabo muri Congo batinya ko bagirirwa nabi.

Ni nyuma y’uko hari hashize ibyaka ibiri akubise umubyinnyi we ubwo bari barimo gusohoka mu kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta International Airport.

Ibi byaviriyemo Koffi Olomide ukora umuziki uzwi nka “soukous” gufungirwa muri Kenya igihe gito nyuma yirukanwa muri iki gihugu ageze n’iwabo i Kinshasa afungwa hafi icyumweru.

Mu mwaka wa 2012, Koffi Olomide yatawe muri yombi muri RDC aryozwa gukubita no kwambura uwari umujyanama we Diego Lubaki., icyo gihe yakatiwe amezi atatu y’igifungo gisubitse.

Muri 2008 nabwo yakubise umunyamakuru wafataga amashusho ya Televiziyo yigenga ya RTGA, yanamennye ibikoresho bye ubwo bahuriye mu gitaramo mu Mujyi wa Kinshasa. Icyo gihe ikibazo cyakemuwe mu bwumvikane busesuye.

2018-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

Marina yakoze indirimbo ya mbere iri mu njyana ya Zouk

Marina yakoze indirimbo ya mbere iri mu njyana ya Zouk

Editorial 16 May 2019
Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Miss Sandra Teta yatamajwe n’impenure yari yambaye ubwo yicaraga nabi akerekana hagati y’amaguru

Editorial 09 Oct 2017
Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Mahombi wamamaye mu ndirimbo “Coconut Tree” ari mu Rwanda aho aje kwitabira imikino y’irushanwa rya Basketball Africa League BAL.

Editorial 15 May 2021
Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 

Niba uri umukobwa mwiza ushaka icyerekezo cyiza mu mwaka wa 2018 dore ibyo wagakwiriye kwitaho 

Editorial 15 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe
Mu Rwanda

Abarundi bavuga yuko umuyobozi wa CNDD-FDD yataye umutwe

Editorial 31 Mar 2016
Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Amezi atandatu ya 2019 atazibagirana mu mateka y’Imitwe yitwaje imtwaro irwanya Leta y’u Rwanda

Editorial 08 Dec 2019
Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi
ITOHOZA

Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi

Editorial 22 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru