• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

  • Ukwiyubaka kudasanzwe kwa APR FC na Rayon Sports zitegura CECAFA Kagame Cup izabera i Kigali mu mpera za Nyakanga 2026   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»SHOWBIZ»Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Koffi Olomide arashinjwa kurongora ababyinnyi be ku gahato

Ubwanditsi 02 Jun 2018 SHOWBIZ

Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika, Koffi Olomide agiye kugezwa imbere y’inkiko mu Bufaransa aho akurikiranyweho ibyaha birimo icyo guhohotera no gukoresha ubusambanyi ababyinnyi be ku gahato.

Uyu muhanzi uzwi ku mazina arimo “Shakespeare of Zaire”, “Grand Mopao”, “Mokonzi”, “Tcha Tcho king”, “Nkolo Lupemba” , “Sarkozy” n’andi menshi yongeye kuvugwa mu nkuru zo guhohotera abagore nyuma y’ibizazane amaze iminsi acamo kuva yakubitira umubyinnyi we muri Kenya.

Ikinyamakuru Le Figaro cyatangaje ko, Koffi Olomide w’imyaka 61 y’amavuko yashyiriwemo impapuro zimusaba kwitaba ubutabera mu Bufaransa aho bivugwa ko yakoreye ibyaha byo gukoresha ubusambanyi abagore bamubyiniraga abandi akabafungira mu nzu mu buryo bubabuza umudendezo.

Ibi byaha Koffi Olomide ashinjwa bivugwa ko yabikoze hagati y’umwaka wa 2002 na 2006 mu bihe bitandukanye. Abagore bashinja Koffi Olomide bavuga ko byabareye mu gace yakundaga gucumbikamo yagiye mu kazi muri Asnières-sur-Seine mu majyaruguru y’Umujyi wa Paris.

Abashinja Koffi Olomide bavuga ko ibi byose babikorerwaga mu gihe babaga bajyanye na we mu kazi haba muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo cyangwa bagiye gukora ibitaramo kure y’iki gihugu.

Iyo babaga bari mu Bufaransa, ngo bafungirwaga ahantu ndetse bagacungwa mu buryo bukomeye n’abagabo batatu barindaga umutekano wa Koffi Olomide. Mu buhamya batanze bavuga ko muri icyo gihe bamburwaga telefone n’ibyangombwa byose ubundi bakagemurirwa Koffi Olomide kuri hoteli bitewe n’igihe agiriye icyifuzo cyo kubasambanya nabwo atabanje kubibasaba.

Aba bagore uko ari bane bemeza ko bacitse Koffi Olomide muri Kamena 2006 babifashijwemo n’uwahoze acunga umutekano we. Ibirego byabo babitanze mu myaka ya 2007, 2009 na 2013; kuva icyo gihe ntibigeze basubira iwabo muri Congo batinya ko bagirirwa nabi.

Ni nyuma y’uko hari hashize ibyaka ibiri akubise umubyinnyi we ubwo bari barimo gusohoka mu kibuga cy’indege cya Jomo Kenyatta International Airport.

Ibi byaviriyemo Koffi Olomide ukora umuziki uzwi nka “soukous” gufungirwa muri Kenya igihe gito nyuma yirukanwa muri iki gihugu ageze n’iwabo i Kinshasa afungwa hafi icyumweru.

Mu mwaka wa 2012, Koffi Olomide yatawe muri yombi muri RDC aryozwa gukubita no kwambura uwari umujyanama we Diego Lubaki., icyo gihe yakatiwe amezi atatu y’igifungo gisubitse.

Muri 2008 nabwo yakubise umunyamakuru wafataga amashusho ya Televiziyo yigenga ya RTGA, yanamennye ibikoresho bye ubwo bahuriye mu gitaramo mu Mujyi wa Kinshasa. Icyo gihe ikibazo cyakemuwe mu bwumvikane busesuye.

2018-06-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umunyarwandakazi wagaragiye Miss Africa yahembwe asaga miliyoni 8 Frw

Umunyarwandakazi wagaragiye Miss Africa yahembwe asaga miliyoni 8 Frw

Ubwanditsi 28 Dec 2017
Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Umusore yateye ivi agiye kwambika umukunzi we impeta arabyanga[ AMAFOTO]

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Zari yajyanywe mu bitaro nyuma yuko umubyeyi we wari umaze mo iminsi yari yorohewe atashye

Ubwanditsi 22 Jun 2017
Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ibitaramo bitatu bya Israel Mbonyi byari biteganyijwe mu gihugu cy’u Burundi byamaze guhagarikwa habura iminsi 16 ngo bibe

Ubwanditsi 29 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina
Amakuru

Gukoresha agakingirizo neza birinda kwandura virusi itera SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

RUSHYASHYA 24 Oct 2025
Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza
UBUKERARUGENDO

Perezida Kagame yasabye abaturiye Pariki y’Ibirunga kurushaho kuyifata neza

Ubwanditsi 06 Sep 2019
Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera,  yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda
ITOHOZA

Uko Umunyamakuru Phocas Ndayizera, yavuganaga na Ntamuhanga Cassien ibyo kugaba ibitero mu Rwanda

Ubwanditsi 21 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru