• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Komiseri wa Polisi Munyambo yatangiye imirimo yo kuyobora Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo

Komiseri wa Polisi Munyambo yatangiye imirimo yo kuyobora Polisi ya Loni muri Sudani y’Epfo

Editorial 04 Mar 2016 Mu Rwanda

​Nyuma y’uko agizwe umuyobozi wa Polisi(D2) mu butumwa bw’amahoro bwa Loni muri Sudani y’Epfo (UNMISS), Commissioner of Police(CP) Bruce Munyambo, yatangiye imirimo mishya yo kuyobora Polisi ya Loni muri iki gihugu kuri uyu wa mbere tariki ya 29 Gashyantare. Yasimbuye kuri uwo mwanya Assistant Inspector General of Police Frederick Yiga wo mu gihugu cya Uganda nyuma yo kurangiza manda ye.

​Mu muhango w’ihererekanyabubasha, Yiga yashimiye abapolisi bose bari mu butumwa bamufashije mu gihe cya manda ye akomeza yifuriza ishya n’ihirwe ry’umusimbuye mu mirimo yashinzwe. CP Munyambo yavuze ko azakora ibishoboka byose kugira ngo abapolisi bari mu butumwa bakomeze buzuze neza inshingano zabo.

Yagize ati:”mu bunararibonye mfite mu byerekeranye n’ubutumwa bw’umuryango w’Abibumbye, ndahamya ntashidikanya ko nzatanga umusanzu wanjye nkongera indangagaciro nziza z’ubu butumwa. Ndasaba abapolisi bose gufatanya bagakorera hamwe twese tugaharanira kuzuza neza inshingano zacu.

​CP Munyambo yashyizweho n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye nyuma y’aho atanzwe ho umukandida na Leta y’u Rwanda.

CP Munyambo agiye muri iki gihugu asangayo abapolisi b’u Rwanda basanzwe mu butumwa bw’amahoro barimo ukuriye ibikorwa bya Polisi ya UNMISS, Commissioner of Police(CP) Emmanuel Butera na Assistant Commissioner of Police (ACP) Rogers Rutikanga ukuriye itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (FPU).

Mu minsi iri imbere polisi y’u Rwanda izohereza irindi tsinda ry’abapolisi 70 muri ubu butumwa n’abandi 26 bazakora mu bijyanye n’ubujyanama (IPOs) bakazaba bujuje umubare w’abapolisi b’u Rwanda 30 bari muri Sudani y’Epfo bazakora mu bijyanye n’ubujyanama (IPOs).

​Abapolisi bari mu butumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo baturuka mu bihugu bitandukanye birimo n’u Rwanda aho bafite inshingano zikomeye zijyanye no kugarura amahoro no kubungabunga umutekano.

Ubutumwa bw’amahoro muri Sudani y’Epfo burimo ibice bitatu; abasirikare,abapolisi n’abakora nk’abasivili.

-2334.jpg

By’umwihariko abapolisi bari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro muri Sudani y’Epfo bose hamwe ni 561 u Rwanda rukaba arirwo rufitemo umubare munini.Mbere y’uko ahabwa inshingano muri Sudani y’Epfo, CP Munyambo yari asanzwe afite ubunararibonye mu kazi ka gipolisi haba mu gihugu cyacu ndetse no hanze.

Yakoze imirimo myinshi itandukanye muri Polisi y’u Rwanda. Yabaye umuyobozi w’ishami rishinzwe ibikorwa bya polisi no gucunga umutekano w’abaturage,Yabaye kandi umuyobozi w’Ishuri rya polisi y’u Rwanda rya Gishali (PTS) ndetse anayobora ishami rishinzwe ibikoresho muri Polisi y’u Rwanda n’ibindi.

-2332.jpg

-2335.jpg

Afite kandi ubunararibonye mu bikorwa by’ubutumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye aho yakoze nk’umujyanama mu butumwa mu gihugu cya Liberia ndetse anayobora itsinda ry’abapolisi b’u Rwanda (RWFPU) mu gihugu cya Haiti (MINUSTAH).

Kugeza ubu, Polisi y’u Rwanda ifite abapolisi bagera kuri 900 bari mu butumwa butandatu bwo kubungabunga amahoro mu bihugu bitandukanye.

RNP

2016-03-04
Editorial

IZINDI NKURU

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Editorial 01 Sep 2016
Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Editorial 10 Jan 2022
Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Editorial 10 Mar 2017
Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Editorial 31 Mar 2017
Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Editorial 01 Sep 2016
Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Editorial 10 Jan 2022
Kigali :Abanyeshuri  basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Kigali :Abanyeshuri basanga 826 barangije muri kaminuza ya UTB

Editorial 10 Mar 2017
Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Perezida Kagame yakiriye abashoramari bo muri Australia barimo abazubaka inzu ziciriritse i Kigali

Editorial 31 Mar 2017
Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Muri Tanzania ejo hashobora kumeneka amaraso

Editorial 01 Sep 2016
Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Imitego ya Perezida Museveni yo gushyira u Rwanda mu kato iri kumushibukana, u Burundi bwamenye ukuri

Editorial 10 Jan 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan
POLITIKI

Perezida Kagame yagizwe umuturage w’icyubahiro wa Abidjan

Editorial 20 Dec 2018
COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi
UBUKUNGU

COVID-19: RRA yorohereje abasora; itariki ntarengwa yo kwemeza ibitabo by’ibaruramari yimuriwe Gicurasi

Editorial 26 Mar 2020
Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi
ITOHOZA

Burundi : Umunyarwandakazi  Uwimana Florence afungiwe  mu kasho mu Ntara ya Gitega ashinjwa ubutasi

Editorial 10 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru