• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Komisiyo ya AU yabonye umuyobozi mushya usimbura Dr Zuma

Komisiyo ya AU yabonye umuyobozi mushya usimbura Dr Zuma

Editorial 30 Jan 2017 Mu Rwanda

Umunya-Tchad Moussa Faki Mahamat wari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’icyo gihugu atorewe kuyobora komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe(AU).

Yatorewe kuri uwo mwanya n’amajwi 39 kuri 54 y’abakuru b’ibihugu n’aba guverinoma bitabiriye aya matora yabaye kuri uyu wambere tariki ya 30 Mutarama 2017 mu nama rusange ya AU iri kubera I Addis Abeba muri Ethiopia.

Faki Mahamat ni umugabo w’imyaka 57 yabaye Minisitiri w’Intebe wa Tchad kuva tariki ya 24 Kamena 2003 kugeza ku ya 3 Gashyantare 2005. Yaje kugirwa Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga kuva muri 2008 kugeza uyu munsi. Mu bijyanye n’ubuzima bwa politiki ni uwo mu ishyaka rya Perezida w’icyo gihugu Idriss Déby Itno.

Ku mwanya w’Umuyobozi wa komisiyo ya AU yari ahanganye n’abakandida bakomokaga mu bice bitandukanye by’Umugabane w’Afurika, bari banashyigikiwe n’ibihugu byo mu gace bakomokamo.

Asimbuye Dr Nkosazana Dlamani-Zuma wayoboraga iyi komisiyo ndetse wanashoboraga gutorwa iyo yiyamamaza ariko yanze gutanga kandidatire kuko ateganya kujya kwiyamamariza kuyobora Afurika y’Epfo, igihugu akomokamo.

Amatora y’uyu mwanya yabaye mu byiciro birindwi, batatu baviriyemo mu cya mbere ni Umunya-Senegal Abdoulaye Bathily,Umunya- Botswanaise Pilomina Venson-Moitoi n’umunya Guinée Equatorial Agapito Mba Mokuy.

Ku gice cya nyuma hageze Faki Mahamat na mugenzi we wa Kenya, Amina Mohammed wari ushyigikiwe n’ibihugu byo mu karere u Rwanda ruherereyemo, maze Faki Mahamat amutsinda mu cyiciro cya karindwi.

Mu ijambo rye, Faki Mahamat yatangaje ko azuzuza inshingano atorewe nkuko yagiriwe icyizere n’abamutoye atari ahaberaga amatora.

Ku mwanya wa visi Perezida w’iyi komisiyo hatowe umunya-Ghana Quartey Thomas Kwesi.

-5566.jpg

Moussa Faki Mahamat

2017-01-30
Editorial

IZINDI NKURU

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Colonel Wilson Irategeka yaraye arusimbutse

Editorial 17 Jun 2016
Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije

Ruhango: Gucunga nabi imali y’Akarere byirukanishije ku kazi Meya n’abamwungirije

Editorial 07 Mar 2018
KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

KIGALI: Umukozi w’Imana Pastor Bosco Fire yaboneye umuti abakobwa babaswe no kubura urushako

Editorial 31 May 2018
Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Gen (Rtd) Kabarebe yagizwe Umunyamabanga wa Leta muri Minaffet, Francis Gatare asubira muri RDB

Editorial 28 Sep 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda
INKURU NYAMUKURU

Ifungwa ridakurikije amategeko rikomeje kuri René Rutagungira muri Uganda

Editorial 29 Jul 2019
Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha
Amakuru

Etienne Gatanazi Yeruye Yanika Ifu Mu Muyaga Ashakira Ibigaze Mu Bigarasha

Editorial 28 Jul 2025
Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi
Mu Rwanda

Umuyobozi w’Intara yatunguwe no kwirukanwa na Perezida Magufuli atabizi

Editorial 12 Apr 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru