• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Kuki Umunyarwanda yava mu gihugu cye gitekanye, akajya gutuzwa mu muriro utazima wo mu Burasirazuba bwa Kongo?

Editorial 14 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo yari mu Nteko Nshingamategeko y’igihugu cye, tariki 11/12/2024, Perezida Félix Tshisekedi wa Kongo-Kinshasa ntiyagize isoni zo kurega u Rwanda ibintu bitanashoboka, ndetse abasesenguzi bafata nk’ibitakaragasi bigamije kurushaho gushyamiranya ibihugu byombi.

Imbere y’abadepite n’abasenateri, ndetse na camera z’isi yose, Perezida Tshisekedi yavuze ko ngo “u Rwanda rwatangiye gutuza abaturage barwo mu bice Abankongomani bavuyemo kubera intambara.”

Ibi nibyo Tshisekedi yise”plan de dépeuplement et de repeuplement” mu gifaransa, ni ukuvuga umugambi w’u Rwanda wo kwirukana mu byabo abenegihugu ba Kongo, rukahatuza Abanyarwanda!

Iki kinyoma cya Tshisekedi kije mu gihe nyamara imiryango mpuzamahanga, irimo na Loni, yo imaze gusohora ibyegeranyo byinshi byerekana ko Abakongomani babarirwa muri miliyoni n’igice bari baravuye mu byabo kubera intambara, batahutse, cyane cyane abasubiye mu ngo zabo bakaba ari abo muri Kivu y’Amajyaruguru. Nta muryango n’umwe uravuga ko hari umunyamahanga, by’umwihariko Umunyarwanda, waba yaratujwe mu isambu y’Umukongomani wahunze.

Abasesenguzi bahaye urw’amenyo Tshisekedi, kuko bitumvikana ukuntu Umunyarwanda yasiga igihugu cye gitekanye cyane, akajya mu muriro utazima mu burasirazuba bwa Kongo, mu isibaniro ry’imitwe yitwaje intwaro isaga 260!

Abo basesenguzi barasanga ibi bihuha bigamije kongera ubushyamirane busanzwe hagati y’uRwanda na Kongo, doreko Tshisekedi agaragara nka rusahuriramunduru utifuza ko intambara irangira, kuko ayikoresha mu nyungu ze za politiki.

Mu gihe kuri iki cyumweru tariki 15/12/2024, Tshisekedi agomba guhurira na Perezida Kagame i Luanda muri Angola mu rwego rwo guhosha amakimbirane hagati y’ibihugu byombi, impungenge ni zose ko ibi bihimbano bishya bishobora gukoma mu nkokora ubushake n’imbaraga birimo gushyirwa mu gushakira amahoro Kongo n’akarere kose muri rusange.

Biragaragarira buri wese ko Tshisekedi ashakisha impamvu yose yadindiza ibiganiro bya Luanda, kugirango atubahiriza ibyo asabwa, birimo gusenya umutwe w’abajenosideri wa FDLR, kandi atatinyuka kurwanya abafatanyabikorwa be.

Mu nama ye na Perezida Kagame kandi, nta kabuza ko azasabwa kugirana ibiganiro na M23, mu gihe yarahiye ko atazigera ashyikirana n’abo yita “umutwe w’iterabwoba”.

Ibi binyoma bishya rero bishinja uRwanda kujya gutuza abaturage barwo mu mitungo y’Abakongomani, nta kindi bigamije uretse kugerageza gushyira ibihato muri iyo nzira y’amahoro, we n’abamushyigikiye batahwemye kurwanya.

2024-12-14
Editorial

IZINDI NKURU

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Uko CMI yafashije Ntamuhanga Cassien kujyera Afrika y’epfo

Editorial 03 Mar 2018
Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Urubanza rwa Ntaganzwa wari Burugumesitiri muri Jenoside rwimuriwe muri Werurwe 2017

Editorial 19 Dec 2016
Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Kiyovu SC yahakanye amakuru avuga ko umutoza mukuru wayo Karekezi Olivier yaba yirukanywe .

Editorial 02 May 2021
Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Ku nshuro ya kabiri yikurikiranya ikipe ya Golden States Warriors yabuze itike iyihesha gukina imikino ya nyuma ya NBA.

Editorial 22 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia
ITOHOZA

Perezida Pierre Nkurunziza arakekwaho kuba inyuma y’igurishwa ry’abana b’abakobwa muri Asia

Editorial 15 Jun 2016
Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka
Mu Mahanga

Imodoka y’Umuryango utegamiye kuri Leta yari ipakiyemo ibiyobyabwenge yakoze impanuka

Editorial 17 Aug 2016
Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane
HIRYA NO HINO

Eh Abasore na Bagabo batera abakobwa Inda bakazihakana [ Akabo kashobotse ] Dore imyanzuro ikakaye igiye kubafatirwa vuba cyane

Editorial 13 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru