• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

#Kwibuka23: Umunyamabanga Mukuru wa LOni arasaba Isi kwigira ku Rwanda

Editorial 07 Apr 2017 ITOHOZA

Umuryango w’Abibumbye uvuga ko amahanga yose akwiye kwigira ku byo u Rwanda rwagezeho nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi yabaye mu mwaka 1994.

Tariki ya 7 Mata buri mwaka, Loni yemeje ko ari umunsi wo kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu bihugu bitandukanye haba umuhango wo kwibuka.

Mu butumwa Umunyamabanga Mukuru wa Loni, António Guterres, yageneye isi yose kuri uyu munsi, avuga ko amahanga yose akwiye kurebera ku Rwanda agaharanira gushyira hamwe hubakwa ejo hazaza heza harangwa n’ubwubahane.

António Guterres avuga ko aha icyubahiro gikomeye abazize Jenoside, akaba anifatanyije n’abayirokotse, aho ngo azirikana umubabaro bahuye na wo, agaha agaciro imbaraga bafite n’urugamba bakomeza kurwana ndetse n’uburyo bakomeza guharanira ubumewe n’ubwiyunge, ngo bikaba bikwiye kubera isomo buri wese.

Loni ivuga ko mu mateka y’isi habayemo ibihe bikomeye byaranzwe n’urwango, ihohoterwa n’ibindi. Bikaba hari aho bikigaragara ku isi.

Umunyamabanga Mukuru wa Loni avuga ko amahanga akwiye kwigira ku Rwanda kuko mu bihe byashize ndetse na n’ubu hakigaraga ibikorwa bibi by’ihohoterwa ry’ikiremwamuntu, akavuga ko amahanga yose kukura isomo ku Rwanda, hakubakwa ejo hazaza heza hashingiye ku kwiha agaciro, kubabarirana no kubahana ndetse no kubahiriza ikiremwamuntu.

Yakomeje avuga ko uburyo bwiza bwo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi ari uguharanira ko itazongera kuba ukundi ahantu hose ku isi.

Yagize ati “Uburyo bwiza bwo kwibuka abantu bazize Jenoside yakorewe Abatutsi, ni ugukora ibishoboka byose ngo ako kaga ntikazongere kuba ahari ho hose ku isi. Kurwanya za jenoside n’ubundi bugome ni inshingano dusangiye twese by’umwihare ni inshingano nyamukuru y’Umuryango w’Abibumbye.”

Yunzemo ati “Umuryango Mpuzamahanga uzakomeza kuba maso ku bikorwa byose bishobora kubyara Jenoside ndetse no gutabara bwangu igihe hari igikorwa kibi kibaye.

-6244.jpg

-6242.jpg

-6243.jpg

Hari mu mwaka ushize [ 2016 ], Perezida Paul Kagame ari kumwe na Perezida wa Tanzania, Dr John Pombe Magufuli wari wagiriye uruzinduko mu Rwanda, bacanye urumuri rw’icyizere rwatangizaga iminsi 100 yo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kuri uyu wa 7 Mata, ku Cyicaro cya Loni hateganyijwe umuhango wo kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, aho biteganyijwe ko Amabasaderi w’u Rwanda muri Loni, Valentine Rugwabiza azageza ijambo ku bazaba bawitabiriye.

Mu gihe Jenoside yabagaho, Loni yayoborwaga n’Umunyamisiri, Boutros Boutros Ghali waje kwitaba Imana muri Gashyantare umwaka ushize.

Mu mwaka 2000, Akanama k’umutekano ka Loni kemeye ko katabashije kugira icyo gakora ngo gahagarike Jenoside yakorwaga mu 1994.

Mu mwaka wa 2004, ubwo yari akiyobora Loni, Koffi Annan yavuze ko yicuza cyane kuba ntacyo Loni yakoze ngo Jenoside yakorewe Abatutsi ihagarikwe.
Uwayoboraga ingabo nke za Loni zari mu Rwanda, Lieutenant General Romeo Dallaire, yigeze gutangaza ko nta muntu n’umwe wari witaye ku gutabara u Rwanda, aho ngo yasabwe ko yavana ingabo mu Rwanda, ibintu ahamya ko bitari bikwiriye.

Leta y’u Rwanda yakunze kunenga uburyo Loni itigeze itabara Abatutsi bicwaga, aho urugero rukunze gutangwa ari igihe abari bahungiye muri ETO Kicukiro bishwe urw’agashyinyaguro nyuma y’uko ingabo za Loni zari zihari zibasize zikigendera.

Mu mwaka ushize ubwo Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yasuraga u Rwanda, yavuze ko yababajwe na Jenoside igahitana Abatutsi basaga miliyoni; ashimangira ko kuba Loni yarananiwe gutabara u Rwanda bikwiye kuba isomo ryo kwiga kwirwanaho aho gutegereza ubufasha.

-6240.jpg

Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres

Kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi, bizabera ku rwego rw’umudugudu. Kuri uyu wa 7 Mata biteganyijwe ko hazacanwa urumuri rw’icyizere no kunamira abazize Jenoside bashyinguye ku Rwibutso rwa Kigali ruherereye ku Gisozi mu Karere ka Gasabo, nyuma hakazabaho urugendo rwo kwibuka ruzwi nka Walk to Remember.

Inama y’Abaminisitiri yateranye kuri uyu wa 5 Mata yemeje ko insanganyamatsiko ari “Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi, turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside, dushyigikira ibyiza twagezeho”.

2017-04-07
Editorial

IZINDI NKURU

Kinazi : Uwarokotse Jenoside  yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa

Kinazi : Uwarokotse Jenoside yohererejwe Ubutumwa bugufi buvuga ko we na bagenzi be bazicwa

Editorial 01 May 2017
Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Bobi Wine yagarutse muri Uganda ahita afatwa na Polisi

Editorial 20 Sep 2018
Turikiya: Ibice by’umubiri w’umunyamakuru Khashoggi byabonetse mu busitani

Turikiya: Ibice by’umubiri w’umunyamakuru Khashoggi byabonetse mu busitani

Editorial 25 Oct 2018
Bugarama :  Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo  zaguyemo Umunyarwanda

Bugarama : Imvururu zashyamiranyije Abarundi n’Abanye-Congo zaguyemo Umunyarwanda

Editorial 15 Sep 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo
IMIKINO

Alikiba yagize icyo avuga ku mushinga wo gukorana na Davido indirimbo

Editorial 09 Jan 2016
Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco
Amakuru

Guteza imbere impano z’abato, gutegura imikino ya gishuti no guhana abakinnyi ni bimwe mu bikubiye mu masezerano y’ubufatanye hagati ya Rayon Sports na Raja Club Athletic yo muri Marocco

Editorial 21 Jul 2021
Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda
ITOHOZA

Kumena amabanki n’Imirenge Sacco umugambi mushya wa RNC wo guhungabanya umutekano mu Rwanda

Editorial 11 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru