• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Leopold Munyakazi arashinjwa urupfu rwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera

Editorial 11 Oct 2016 Mu Mahanga

Leopold Munyakazi ushinjwa ibyaha bya Jenoside, yagaragaye mu rukiko kuri uyu wa Kabiri, abwira urukiko ko akeneye ko ibyo avuga byose bifatwa mu majwi, ndetse aza kuvuga ko ntacyo aza kuvuga mu gihe atabwiwe amazina y’abari kumuburanisha.

Perezida w’Inteko iburanisha yabanje kubaza niba Munyakazi Leopold Munyakazi ahari, undi ahaguruka amubaza ati “mwe muri bande”.

Ni ingingo Munyakazi yashatse gutindaho avuga ko akeneye kumenya umuburanisha uwo ariwe. Urukiko rwasomye umwirondoro wa Munyakazi, ruvuga ko yavutse kuri Kanyamisambi Gerard na Nyirakabano Agnes kuwa 1/1/1960, muri Komini Kayenzi muri Perefegitura ya Gitarama.

Ubushinjacyaha bwamureze ibyaha bitanu, birimo icyaha cya Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, ubufatanyacyaha mu gukora Jenoside, gushishikariza abantu gukora Jenoside, icyaha cy’ubwicanyi nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi.

Perezida w’Urukiko yabanje kumubaza niba yemera imyirondoro ye, Munyakazi ahita ayihakana avuga ati “ntabwo aribyo, niyo mpamvu nkeka ko atari njye, njye navutse mu 1950.’’

Munyakazi yabanje kuvuga ko yiburanira, abajijwe niba ibyaha aregwa abyemera, avuga ko akeneye kubanza kumenya amategeko amugenga mu rukiko, ati “none ndabona ushaka no kuntegeka icyo ngomba kugusubiza.” Byabaye ngombwa ko Perezida w’urukiko amusomera amabwiriza amugenga mu rukiko.

Munyakazi yabwiye urukiko ko ibyo avuga byose byafatwa amajwi, kugira ngo yizere ko ibyo avuga aribyo bandika, kuko ngo mbere y’uko agezwa mu rukiko yakoresheje amasaha menshi akosora inyandiko mvugo yakoreshejwe mbere y’uko ayisinya, ndetse uru rubanza rwazakoreshwa mu bushakashatsi.

Ni ingingo ubushinjacyaha bwavuze ko aribwo bukeneye guhabwa umwanya ngo busobanure impamvu bwazanye Munyakazi mu rukiko na mbere y’uko ahabwa umwanya, ku buryo butafata umwanya hasobanurwa ibyo yasabye hataramenyekana n’impamvu yazanwe mu rukiko.

Ubushinjacyaha bwavuze ko bwazanye Munyakazi ngo bumusabire gufungwa by’agateganyo, nk’uko byemerwa n’itegeko, kandi kugira ngo byemezwe ni uko haba hari impmvu zituma akekwaho ibyaha bikomeye.

Umushinjacyaha yavuze ko ku cyaha cya Jenoside ngo yagikoreye mu yahoze ari Komini Kayenzi muri Gitarama, ubu ni mu Karere ka Kamonyi.

Ni ibyaha akekwaho ko byakozwe mu 1995, aho muri Kayenzi muri Selire Gitwa, Segiteri ya Kirwa, yakoze ibikorwa bitandukanye bigize ibyo byaha nk’uko Ubushinjacyaha bwabisobanuye.

Ubushinjacyaha bwavuze ko ku itariki 19 Mata 1994, Munyakazi yari umuyoboke w’imena wa MDR ariko akaba yari umwe mu bayobozi bakuru kuko yayoboraga CESTRAR (Impuzamashyirahamwe y’abakozi), habaye inama ku mashuri ya Kirwa, i Kayenzi nk’umuyoboke wa MDR kandi akaba ari n’umuntu uvuga rikijyana, afatiramo ijambo abihereye ku cyo yise “amateka”.

-4333.jpg

Munyakazi mu rukiko yasaga naho ntacyo yitayeho

Icyo gihe ngo yavuze ko “mu Mutara Inkotanyi zaje zica Abahutu zifata n’imitungo yabo, none nibo (abatutsi) basigaye kwicwa, ntibakwiye kubyihanganira kuko ari ibyitso by’inkotanyi”.

Ubushinjacyaha bwakomeje buvuga ko ikindi mu bigize ibyaha aregwa, hari Uwitwa Kamagaju Gerturde wari warahungiye iwe yibwira ko azaharokokera, ariko “yaje kumufata aramutanga ndetse yicwa urubozo, amuhaye uwirwa Murekezi Gabriel wanahamijwe icyaha cya Jenoside.’’

Munyakazi Leopold kandi ubushinjacyaha buvuga ko yagiye kwa Ugirashebuja Felicien wayoboraga amashuri abanza ashaka kumwica, ariko ahageze mu gusenya n’abo yari ayoboye, basanga yarahunze nubwo yaje kwicirwa ahandi.

Abatangabuhamya kandi ngo bashimangiye ko ariwe wagenzuraga ishyirwa mu bikorwa ry’ubwicanyi bwakorerwaga abatutsi muri Kayenzi, ndetse ngo amabwiriza bayahabwaga na Mbarubukeye Jean wari Burugumesitiri wa Kayenzi.

Icyaha cya gatanu Munyakazi aregwa ni uko ubwo yari muri Amerika “yahakanye Jenoside ku mugaragaro mu nama yari ihuje abarimu, abanyeshuri n’abakozi muri Kaminuza ya Delaware, avuga ko nta Jenoside yakorewe abatutsi yabayeho, ahubwo ko icyabaye ari imivurungano hagati y’amoko bivuga hagati y’abahutu n’abatutsi.”

Mu batangabuhamya Ubushinjacyaha bwabajije, harimo Murekezi Gabriel, wavuze ko kuwa 19 na 20 Mata 1994, ubwe yajyanaga na Munyakazi mu bitero, kandi Munyakazi yari afite n’imbunda yo mu bwoko bwa Kalashnikov. Yongeyeho ko ari nawe wagenzuraga amarondo icyo gihe, akaba no mu bantu b’imena bakanguriraga abaturage “kurwanya umwanzi”.

Munyakazi ngo yemereye ubugenzacyaha ko yatunze imbunda ebyiri harimo masotera na Kalashnikov nk’uko abatangabuhamya babivuze, nubwo we avuga ko nta kibi yazikoresheje.

Mu ibazwa rye kandi ngo yemeye ko mu gihe cya Jenoside yari ari aho ibyaha akekwaho byakorewe, ku buryo abavuga ko bamubonye koko yari ahari, ndetse abo yemeye ko bari bayoboye ibitero, barimo abatangabuhamya bamushinja ko bafatanyaga.

Ubushinjacyaha bwasabye ko yaba afunzwe by’agateganyo kuko akekwaho ibyaha bikomeye, ndetse bukifuza ko iperereza ryakomeza ataribangamiye, hatari impungenge ko yatoroka cyangwa akabangamira ubutabera.

Munyakazi yahawe umwanya ngo agire icyo avuga, ahita asubiramo ko yasabye ko ibyo avuga bifatwa ku majwi bikaba bitakozwe, ndetse uri kumushinja ari “Umushinjabinyoma”.

Yagarutse ku mvugo ye ko umushinjacyaha “bwamutumiye muri iyi nteko” ariko ntibumumenyeshe abo ari kumwe nabo, icyo yise “kubura ikinyabupfura.’’

Urukiko rwamwihanije ko hari amategeko agenga iburanisha atamweremera kwita atyo Umushinjacyaha, naho iby’amazina, ari mu rukiko rw’ibanze rwa Nyarugunga, nabyo Munyakazi ntibyamunyura kuko urukiko atari inyubako.

Munyakazi yahakanye ko iby’inama bivugwa ko yagiyemo irimo abanyeshuri n’abarimu, nta yigeze ibaho, yongera gushimangira ko akeneye ko ibyo avuga bifwatwa mu majwi.

Munyakazi yabajijwe icyo avuga ku ifungwa ry’agateganyo yasabiwe, avuga ko nawe ibyo yabajije urukiko ntacyo bamusubije, ati “umuntu unsuzugura, nta kintu navugana nawe” bamubajije niba ari uko byandikwa ati “babinyandikire nzabisinya”, ahubwo ngo arasaba umwanya ajye gukora ibindi.

Yanahise akomoza ku kuvuga ko nta mwunganizi afite, asaba ko urukiko rutakongera “kugira ikintu na kimwe” rumubaza atari kumwe n’umwunganizi, anavuga ko yabwiwe n’abagabo bamusuye ko ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko bwamuteganyirije umwunganizi w’ubuntu, ariko ntawe yabonye.

Munyakazi yahise avuga ko nta rindi jambo yongera kuvuga adafite umwunganizi, ahita ajya kwicara.

Ubushinjacyaha bwavuze ko hari umwunganizi yari afite bagiranye amasezerano Me Rushikama Justin na Me Mutembe abishakiye, ndetse n’uwo Justin ari mu cyumba cy’Urukiko kandi uw’ubushinjacyaha bwamuhaye yamufashije mu bihe bya mbere.

-4332.jpg

Leopold Munyakazi

Munyakazi yongeye guhaguruka, abwira urukiko ko ategereje umwunganizi leta izamuha, kuko ntawe yabona kuko n’imitungo ye ubu leta yayigabije.

Yavuze ko Me Justin yari afite bagiye bamukumira ashaka kumureba, ariko ngo Munyakazi yabuze uko yamuhemba kuko yabujijwe gushaka uburyo bwatuma abona amafaranga.

Source : Igihe.com

2016-10-11
Editorial

IZINDI NKURU

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Editorial 24 May 2023
Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Kenya: Uhuru Kenyatta atsinze amatora n’amajwi 98%, Odinga agira o,8%

Editorial 30 Oct 2017
Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Amafoto – Perezida Paul Kagame yitabiriye ifungurwa rya Sitade Abdoulaye-Wade yo mu muri Senegal

Editorial 23 Feb 2022
Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Rubavu: Abaturage bashimishijwe na serivisi bahabwa zo gupimisha imodoka zabo

Editorial 16 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110
HIRYA NO HINO

Batanu basanzwemo Coronavirus mu bipimo 772 byafashwe, abanduye mu Rwanda bagera ku 110

Editorial 09 Apr 2020
Paul Rusesabagina arashinjwa uburiganya n’abahoze muri FLN
INKURU NYAMUKURU

Paul Rusesabagina arashinjwa uburiganya n’abahoze muri FLN

Editorial 08 Jan 2020
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘
Mu Rwanda

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Editorial 19 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru