• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana
Patrick Karegeya hagati y'abakwe babiri ba Kabuga aribo Paulin Murayi (ibumoso) na Antoine Libanji (iburyo)

Menya byinshi mu mibanire ya Patrick Karegeya n’umuryango wa Felesiyani Kabuga yavuye ku mafaranga ikagera ku rukundo rw’ibanga n’umukobwa we Seraphine Uwimana

Editorial 18 May 2020 INKURU NYAMUKURU

Felesiyani Kabuga wafashwe kuri uyu wagatandatu, yamaze imyaka isaga 26 yihishahisha kuko yari afite abantu benshi bamufasha; igitangaje ariko, nubwo yashakishwaga n’inzego z’u Rwanda, Patrick Karegeya wakorera inzego z’u Rwanda mu mwaka wa 2003, yamufashije gucika ubwo inzego z’iperereza za Leta Zunze ubumwe z’Amerika (FBI) zamugeraga amajanja muri Kenya. Icyo gihe FBI, Inzego z’u Rwanda n’abari bashinzwe gukurikirana abajenosideri bakorera urukiko rw’Arusha (tracking team) bakoze igikorwa cyo gufata Kabuga aho yari muri Kenya, nuko Karegeya wari uri gukorera impande zombi (double agent) aramuburira igikorwa kiburizwamo umunsi umwe mbere yuko Kabuga yitabira inama yari gufatirwamo.

Mu kuburizamo icyo gikorwa uwari wagiteguye ariwe William Mwaura Munuhe, wari umucuruzi ndetse akora n’umwuga w’itangazamakuru, akaba umwe mu bantu bari bazi neza Kabuga yaje guha amakuru FBI mu 2003 itangira ibikorwa byo kumuhiga ariko birangira Karegeya amucikishije.  Munuhe yaje kwicirwa mu rugo rwe i Nairobi mu buryo butarasobanuka ariko bivugwa ko byari bifite aho bihuriye n’amakuru yatanze kuri Kabuga. Mu bishimiye ifatwa rya Kabuga harimo n’umuryango we.

Umubano hagati ya Karegeya n’umuryango wa Kabuga ntabwo wari ushingiye ku mafaranga gusa. Patrick Karegeya yageze ku muryango wa Kabuga Felesiyani binyuze ku mukobwa we Seraphine Uwimana wari umugore wa Antoine Libanje uzwi nka “Gishyoti”, watwaraga indege; Karegeya nyuma yaje kwiyegereza Libanje amugira inshuti kugirango atazamenya ko amuca inyuma. Iki gihe kandi Karegeya maenyana n’umugore we, Antoine Libanje yari afite kanseri yari imugeze kure, bityo kuri Karegeya amata aba abyaye amavuta, yihererena Seraphine Uwimana ntawe bamusangira. Nubwo Leah yari yarihanganiye abagore benshi ba Karegeya, Seraphine Uwimana yaramubabaje cyane, kuko Karegeya yabohereje muri Amerika n’abana kugirango yibere mu bye uko ashaka, ndetse yanga n’uburinzi Afurika y’Epfo yari yamuhaye.

Mu 2011, Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwavuze ko Col Patrick Karegeya yagize uruhare mu gusubiza imitungo abana ba Kabuga yari yarafatiriwe n’ubutabera. Abana babiri ba Kabuga aribo Donatien Nshimyumuremyi uzwi nka Nshima na Séraphine Uwimana baje mu Rwanda hagati ya Ukwakira na Ukuboza 2003, bazanywe no kwisubiza imitungo y’umuryango wabo.

Gahunda y’ingendo zabo kandi mu Rwanda byishyuwe n’Urwego rushinzwe iperereza Karegeya yari akuriye. Karegeya yikinze inyuma ya gahunda nziza Leta y’ubumwe yari ifite yo gusubiza abantu batakekwagaho ibyaha bya Jenoside imitungo yabo, nuko nawe ahesha imitungo umuryango w’inshuti ye yari amaze kunguka.

Mu mitungo bahawe icyo gihe harimo inyubako yegeranye na City Plaza mu mujyi rwagati ndetse n’inyubako yakoreragamo Banki y’Abaturage ku Muhima.

Izo nyubako zombi zari mu mazina ya Kabuga, hanyuma amasezerano y’ubukode yasinywe hagati y’abazikoreragamo na Donatien Nshimyumuremyi anafunguza konti muri BCDI, [Ecobank y’ubu] kugira ngo ubwishyu ariho buzajya bunyuzwa.

Muri iyo minsi bamaze muri Kigali, babaga muri Hotel de Mille Collines hanyuma fagitire y’ibyo bakoresheje yari ifite nimero 105620 yoherezwa mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza ryo hanze kugira ngo yishyurwe.

Amafaranga yarishyuwe ku wa 25 Gashyantare 2004 binyuze kuri sheki yari ifite nimero 438099 yasinywe na Patrick Karegeya.

Aba bana ba Kabuga kandi bagiye kuba muri Gorilla Hotel nabwo fagitire yoherezwa mu Rwego rw’Igihugu rushinzwe Iperereza ryo hanze, kuri ya tariki na none muri Gashyantare kabiri irishyurwa kuri sheki nimero 466952 yasinywe na Karegeya.

Umuryango wa Kabuga na RNC

Nyuma yuko Kayumba Nyamwasa na Patrick Karegeya bahungiye igihugu bagashinga ishyaka rya RNC, amaboko yambere yagombaga guturuka kwa Kabuga kubera ubucuti bari bamaze kugirana na Karegeya ndetse n’abandi bantu Karegeya yari yaragize inshuti ze ku giti cye abikesha akazi yakoraga. Kubera ko umukwe wa mbere wa Kabuga wamenyanye na Patrick Karegeya ariwe Antoine Libanje, yari amerewe nabi na kanseri, undi mukwe wa Kabuga ariwe Paulin Murayi niwe witabajwe maze ahagararira RNC mu Bubiligi mbere yo kubivamo. Libanje yaje kwitaba Imana muri 2016.

Ifoto y’urwibutso hagati ya RNC na FDU Inkingi

Mu kwezi kwa Gashyantare 2013, habyae inama y’iminsi itanu hagati ya RNC na FDU Inkingi. Mu bari bahagarariye FDU Inkingi harimo na Ndereye Karoli, Interahamwe yamaze abatutsi muri ISAR Rubona, abanda bari Sixbert Musangamfura na Nkiko Nsengimana. Naho RNC yari ihagarariwe na Kayumba Nyamwasa, Patrick Karegeya n’umukwe wa Kabuga Paulin Murayi arinawe wishyuye Hotel ku mafaranga yari yahawe na Sebukwe.

Nyuma yo kubona uburyo umuryango wa Kabuga ufasha RNC, Theogene Rudasingwa nawe yafashe inzira ajya mu Bufaransa kwa Agathe Kanziga ngo agiye kumusaba imbabazi. Amakuru avugako Kanziga yatumije abari mu kazu bakarara bicaye, nuko Theogene Rudasingwa arabataramira biratinda.

2020-05-18
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Burundi: CNDD-FDD mu bikorwa byo gutoteza Kiliziya Gatorika n’Abanyeshuri b’abakongomani

Editorial 23 Sep 2019
U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

U Rwanda ni nka zahabu, Uko inyuzwa mu muriro niko irushaho gushashagirana

Editorial 20 Jun 2022
Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya

Perezida Kagame yakiriye indahiro z’abaminisitiri bashya

Editorial 13 Dec 2017
Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Uganda : Chimpreports yahawe inkwenene nyuma yo gutangaza ko ingabo z’u Rwanda zambuka muri Uganda gushaka ibiryo

Editorial 19 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada
HIRYA NO HINO

Igikomangoma Harry na Meghan bagiye kurira ukwezi kwa buki muri Canada

Editorial 28 May 2018
Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda
ITOHOZA

Iryavuzwe Riratashye :Uganda Ibaye Indiri Y’abanzi B’u Rwanda

Editorial 16 Nov 2017
Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe
Amakuru

Rene Mugenzi yahawe inkwenene ubwo yagarutse ku mbuga nkoranyambaga yari yaratinye nyuma yo gufungurwa ahamwe n’ubujura; tugaruke ku mateka yaranze ubutekamutwe bwe

Editorial 21 Feb 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru