• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Editorial 26 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine yashimiye Depite Constance Rwaka wamushishikarije gutahuka mu Rwanda akava muri Congo Brazaville aho yari yarahungiye.

Ibi uyu muyobozi yabikomojeho ubwo minisiteri ayobora yagiranaga ibiganiro na Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe ingeno y’imari n’umutungo w’Igihugu kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017.

Mukantabana we n’umuryango batahutse mu Rwanda Muri Kanama 2011 nyuma y’imyaka 17 yari amaze mu gihugu cya Congo Brazaville, aho yayoboraga impunzi zigera ku bihumbi 7000.

Muri Gashyantare 2013, ni bwo iItangazo ryasohowe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryemeje ko Mukantabana agizwe Minisitiri, akaba yarahise asimbura kuri uwo mwanya Gen. Gatsinzi Marcel wari kuri uwo mwanya kuva tariki ya 12 Mata 2010.

-6636.jpg

Minisitiri muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine

Ubwo havugwaga ku ihagarikwa rya sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda bari mu buhungiro mu bihugu bitandukanye byo hanze, Minisitiri Mukantabana yavuze ko gutaha kw’Abanyarwanda bishoboka, aho yavuze ko iyo binyuze mu biganiro bishoboka cyane.

Yavuze ko hanagiyeho gahunda y’uko igihe umuyobozi mu gihugu agiye mu butumwa hanze aba akwiye kuba hari inyandiko afite yakwifashisha ashishikariza impunzi gutahuka, aho ngo hari benshi baba bakwiye guhumurizwa.

Yitanzeho urugero rwo kuba abadepite bayobowe na Mukayuhi Rwaka Constance bamushishikarije gutaha, aho ahamya ko iyo bataza wenda yari kuba akiri mu buhungiro.

“Nagira ngo mbabwire ko ubwo buryo butanga umusaruro ukomeye, kuko mbifitemo ubuhamya ngira ngo nanjye ubwanjye iyo Depite Constance iyo ataza kudusura ngo agire ibyo atuganiriza wenda nannjye nshobora kuba nkiri iriya, ndagira ngo mushimire. Kandi na nyuma yaho hari abandi bagiye baza ubona ko bahindutse bitewe n’uko bahuye n’umuntu akagira icyo ababwira”.

-6637.jpg

Depite Mukayuhi Rwaka Constance

Yanashimiye Depite Gatabazi JMV ko ngo na we hari abantu amaze gucyura muri ubwo buryo, aho yemeza ko haramutse hari n’abandi nka we byafasha cyane ndetse ubuhunzi bukaba amateka.

-6638.jpg

Depite Gatabazi JMV

Depite Mukayuhi Rwaka Constance ari na we Perezida w’iyo komisiyo y’ingengo y’imari, na we yashimye Minisitiri uburyo yumvise vuba inama yagiriwe ndetse n’ibyo akomeje gukorera u Rwanda nyuma y’igihe yamaze mu mahanga.

Byanze bikunze sitati y’ubuhunzi ku banyarwanda irarangirana n’uyu mwaka

MIDMAR ivuga n’ubwo mu minsi ishize sitati y’ubuhunzi yari yaratanzwe yaje kongerwa, uyu mwaka byanze bikunze ngo ni bwo igomba kurangira.

Minisitiri Mukantabana avuga ko kuba umuntu atakitwa impunzi bitavuga ko ari itegeko yahita ataha mu Rwanda, ahubwo ngo aba afite uburenganzira bwo kuba aho ashaka ariko atitwa impunzi, uwashaka ibyangombwa ibyo ari byo byose akabisabira aho ari.

Ku bakorera imirimo itandukanye irimo n’iy’ubucuruzi bumva ko batataha mu Rwanda, iyi minisiteri ivuga ko gukuraho sitati y’ubuhunzi ntaho bizabangamira ibyo bikorwa, ahubwo bizakuraho kwitwa impunzi gusa, umunyarwanda akaba ari we wihitiramo aho yibera.

Iyi minisiteri ivuga mu mwaka w’ingengo y’imari uri kurangira yari yizeye ko nibura impunzi z’abanyarwanda zigera ku bihumbi 20 zizatahuka mu gihugu ariko ngo si ko byaje kugenda kuko haje kongerwa igihe cya sitati bituma hari abadashishikarira gutaha, aho kugeza ubu abasaga ibihumbi 6 ari bo batashye muri uyu mwaka w’ingengo y’imari uri ku mpera.

Mu mwaka utaha w’ingengo y’imari 2017-2018, MIDMAR ivuga ko iteganya kuzegera impunzi z’Abanyarwanda zigera ku bihumbi 12, umubare yemeza ko ushobora kwiyongera cyangwa kugabanuka.

Kugeza ubu iyi minisiteri ivuga ko Abanyarwanda basaga ibihumbi 100 ari bo bari mu buhungiro, aho yemeza ko nyuma ya tariki ya 31 Ukuboza uyu mwaka ntawuzaba akitwa impunzi kuko nta mpamvu itera ubuhunzi ihari.

2017-05-26
Editorial

IZINDI NKURU

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Editorial 19 Jul 2017
‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Editorial 17 Jul 2016
Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Editorial 17 Jan 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Editorial 19 Jul 2017
‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

‘Budget’ ya AU: 76% yavaga mu baterankunga, ubu AU igiye kwitera inkunga 100%

Editorial 17 Jul 2016
Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Kiyovu SC yanganyije na APR FC yasoje ifite abakinnyi 10, Mukura idaheruka gutsinda Police FC barakina bazosa umunsi wa 12 wa shampiyona

Editorial 17 Jan 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 05 Jan 2023
Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro  ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari  ‘ Ibirori ‘

Nyabugogo, Bugesera na Kicukiro ibikorwa byo kwiyamamaza bya Paul Kagame byari ‘ Ibirori ‘

Editorial 19 Jul 2017
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru