• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Ubwanditsi 26 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine yashimiye Depite Constance Rwaka wamushishikarije gutahuka mu Rwanda akava muri Congo Brazaville aho yari yarahungiye.

Ibi uyu muyobozi yabikomojeho ubwo minisiteri ayobora yagiranaga ibiganiro na Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe ingeno y’imari n’umutungo w’Igihugu kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017.

Mukantabana we n’umuryango batahutse mu Rwanda Muri Kanama 2011 nyuma y’imyaka 17 yari amaze mu gihugu cya Congo Brazaville, aho yayoboraga impunzi zigera ku bihumbi 7000.

Muri Gashyantare 2013, ni bwo iItangazo ryasohowe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryemeje ko Mukantabana agizwe Minisitiri, akaba yarahise asimbura kuri uwo mwanya Gen. Gatsinzi Marcel wari kuri uwo mwanya kuva tariki ya 12 Mata 2010.

-6636.jpg

Minisitiri muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine

Ubwo havugwaga ku ihagarikwa rya sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda bari mu buhungiro mu bihugu bitandukanye byo hanze, Minisitiri Mukantabana yavuze ko gutaha kw’Abanyarwanda bishoboka, aho yavuze ko iyo binyuze mu biganiro bishoboka cyane.

Yavuze ko hanagiyeho gahunda y’uko igihe umuyobozi mu gihugu agiye mu butumwa hanze aba akwiye kuba hari inyandiko afite yakwifashisha ashishikariza impunzi gutahuka, aho ngo hari benshi baba bakwiye guhumurizwa.

Yitanzeho urugero rwo kuba abadepite bayobowe na Mukayuhi Rwaka Constance bamushishikarije gutaha, aho ahamya ko iyo bataza wenda yari kuba akiri mu buhungiro.

“Nagira ngo mbabwire ko ubwo buryo butanga umusaruro ukomeye, kuko mbifitemo ubuhamya ngira ngo nanjye ubwanjye iyo Depite Constance iyo ataza kudusura ngo agire ibyo atuganiriza wenda nannjye nshobora kuba nkiri iriya, ndagira ngo mushimire. Kandi na nyuma yaho hari abandi bagiye baza ubona ko bahindutse bitewe n’uko bahuye n’umuntu akagira icyo ababwira”.

-6637.jpg

Depite Mukayuhi Rwaka Constance

Yanashimiye Depite Gatabazi JMV ko ngo na we hari abantu amaze gucyura muri ubwo buryo, aho yemeza ko haramutse hari n’abandi nka we byafasha cyane ndetse ubuhunzi bukaba amateka.

-6638.jpg

Depite Gatabazi JMV

Depite Mukayuhi Rwaka Constance ari na we Perezida w’iyo komisiyo y’ingengo y’imari, na we yashimye Minisitiri uburyo yumvise vuba inama yagiriwe ndetse n’ibyo akomeje gukorera u Rwanda nyuma y’igihe yamaze mu mahanga.

Byanze bikunze sitati y’ubuhunzi ku banyarwanda irarangirana n’uyu mwaka

MIDMAR ivuga n’ubwo mu minsi ishize sitati y’ubuhunzi yari yaratanzwe yaje kongerwa, uyu mwaka byanze bikunze ngo ni bwo igomba kurangira.

Minisitiri Mukantabana avuga ko kuba umuntu atakitwa impunzi bitavuga ko ari itegeko yahita ataha mu Rwanda, ahubwo ngo aba afite uburenganzira bwo kuba aho ashaka ariko atitwa impunzi, uwashaka ibyangombwa ibyo ari byo byose akabisabira aho ari.

Ku bakorera imirimo itandukanye irimo n’iy’ubucuruzi bumva ko batataha mu Rwanda, iyi minisiteri ivuga ko gukuraho sitati y’ubuhunzi ntaho bizabangamira ibyo bikorwa, ahubwo bizakuraho kwitwa impunzi gusa, umunyarwanda akaba ari we wihitiramo aho yibera.

Iyi minisiteri ivuga mu mwaka w’ingengo y’imari uri kurangira yari yizeye ko nibura impunzi z’abanyarwanda zigera ku bihumbi 20 zizatahuka mu gihugu ariko ngo si ko byaje kugenda kuko haje kongerwa igihe cya sitati bituma hari abadashishikarira gutaha, aho kugeza ubu abasaga ibihumbi 6 ari bo batashye muri uyu mwaka w’ingengo y’imari uri ku mpera.

Mu mwaka utaha w’ingengo y’imari 2017-2018, MIDMAR ivuga ko iteganya kuzegera impunzi z’Abanyarwanda zigera ku bihumbi 12, umubare yemeza ko ushobora kwiyongera cyangwa kugabanuka.

Kugeza ubu iyi minisiteri ivuga ko Abanyarwanda basaga ibihumbi 100 ari bo bari mu buhungiro, aho yemeza ko nyuma ya tariki ya 31 Ukuboza uyu mwaka ntawuzaba akitwa impunzi kuko nta mpamvu itera ubuhunzi ihari.

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda

Ap Gitwaza ngo ni ’Impano y’Imana’ ku Rwanda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Amafoto – Mu mukino ubanza wa gishuti, ikipe y’igihugu y’u Rwanda Amavubi yatsinze Central Africa ibitego 2-0.

Ubwanditsi 04 Jun 2021
Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021
Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.
Amakuru

Eagles Fan Club yiyongereye kuri za Fan Clubs zigize ikipe y’ingabo z’igihugu APR FC.

Ubwanditsi 07 Jun 2021
CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside
ITOHOZA

CNLG yikomye ibitaro byo mu Bufaransa byahaye akazi Dr Twagira ushinjwa ibyaha bya Jenoside

Ubwanditsi 06 Feb 2018
Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa  Rayon Sports
Amakuru

Ku bwumvikane bw’impande zombi, Yamen Zelfani ntakiri umutoza wa Rayon Sports

Ubwanditsi 08 Oct 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru