• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Minisitiri Mukantabana yashimiye umudepite w’u Rwanda watumye atahuka

Ubwanditsi 26 May 2017 Mu Rwanda

Minisitiri muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine yashimiye Depite Constance Rwaka wamushishikarije gutahuka mu Rwanda akava muri Congo Brazaville aho yari yarahungiye.

Ibi uyu muyobozi yabikomojeho ubwo minisiteri ayobora yagiranaga ibiganiro na Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe ingeno y’imari n’umutungo w’Igihugu kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017.

Mukantabana we n’umuryango batahutse mu Rwanda Muri Kanama 2011 nyuma y’imyaka 17 yari amaze mu gihugu cya Congo Brazaville, aho yayoboraga impunzi zigera ku bihumbi 7000.

Muri Gashyantare 2013, ni bwo iItangazo ryasohowe n’Ibiro bya Minisitiri w’Intebe ryemeje ko Mukantabana agizwe Minisitiri, akaba yarahise asimbura kuri uwo mwanya Gen. Gatsinzi Marcel wari kuri uwo mwanya kuva tariki ya 12 Mata 2010.

-6636.jpg

Minisitiri muri Minisiteri y’Imicungire y’Ibiza no gucyura impunzi, Mukantabana Seraphine

Ubwo havugwaga ku ihagarikwa rya sitati y’ubuhunzi ku Banyarwanda bari mu buhungiro mu bihugu bitandukanye byo hanze, Minisitiri Mukantabana yavuze ko gutaha kw’Abanyarwanda bishoboka, aho yavuze ko iyo binyuze mu biganiro bishoboka cyane.

Yavuze ko hanagiyeho gahunda y’uko igihe umuyobozi mu gihugu agiye mu butumwa hanze aba akwiye kuba hari inyandiko afite yakwifashisha ashishikariza impunzi gutahuka, aho ngo hari benshi baba bakwiye guhumurizwa.

Yitanzeho urugero rwo kuba abadepite bayobowe na Mukayuhi Rwaka Constance bamushishikarije gutaha, aho ahamya ko iyo bataza wenda yari kuba akiri mu buhungiro.

“Nagira ngo mbabwire ko ubwo buryo butanga umusaruro ukomeye, kuko mbifitemo ubuhamya ngira ngo nanjye ubwanjye iyo Depite Constance iyo ataza kudusura ngo agire ibyo atuganiriza wenda nannjye nshobora kuba nkiri iriya, ndagira ngo mushimire. Kandi na nyuma yaho hari abandi bagiye baza ubona ko bahindutse bitewe n’uko bahuye n’umuntu akagira icyo ababwira”.

-6637.jpg

Depite Mukayuhi Rwaka Constance

Yanashimiye Depite Gatabazi JMV ko ngo na we hari abantu amaze gucyura muri ubwo buryo, aho yemeza ko haramutse hari n’abandi nka we byafasha cyane ndetse ubuhunzi bukaba amateka.

-6638.jpg

Depite Gatabazi JMV

Depite Mukayuhi Rwaka Constance ari na we Perezida w’iyo komisiyo y’ingengo y’imari, na we yashimye Minisitiri uburyo yumvise vuba inama yagiriwe ndetse n’ibyo akomeje gukorera u Rwanda nyuma y’igihe yamaze mu mahanga.

Byanze bikunze sitati y’ubuhunzi ku banyarwanda irarangirana n’uyu mwaka

MIDMAR ivuga n’ubwo mu minsi ishize sitati y’ubuhunzi yari yaratanzwe yaje kongerwa, uyu mwaka byanze bikunze ngo ni bwo igomba kurangira.

Minisitiri Mukantabana avuga ko kuba umuntu atakitwa impunzi bitavuga ko ari itegeko yahita ataha mu Rwanda, ahubwo ngo aba afite uburenganzira bwo kuba aho ashaka ariko atitwa impunzi, uwashaka ibyangombwa ibyo ari byo byose akabisabira aho ari.

Ku bakorera imirimo itandukanye irimo n’iy’ubucuruzi bumva ko batataha mu Rwanda, iyi minisiteri ivuga ko gukuraho sitati y’ubuhunzi ntaho bizabangamira ibyo bikorwa, ahubwo bizakuraho kwitwa impunzi gusa, umunyarwanda akaba ari we wihitiramo aho yibera.

Iyi minisiteri ivuga mu mwaka w’ingengo y’imari uri kurangira yari yizeye ko nibura impunzi z’abanyarwanda zigera ku bihumbi 20 zizatahuka mu gihugu ariko ngo si ko byaje kugenda kuko haje kongerwa igihe cya sitati bituma hari abadashishikarira gutaha, aho kugeza ubu abasaga ibihumbi 6 ari bo batashye muri uyu mwaka w’ingengo y’imari uri ku mpera.

Mu mwaka utaha w’ingengo y’imari 2017-2018, MIDMAR ivuga ko iteganya kuzegera impunzi z’Abanyarwanda zigera ku bihumbi 12, umubare yemeza ko ushobora kwiyongera cyangwa kugabanuka.

Kugeza ubu iyi minisiteri ivuga ko Abanyarwanda basaga ibihumbi 100 ari bo bari mu buhungiro, aho yemeza ko nyuma ya tariki ya 31 Ukuboza uyu mwaka ntawuzaba akitwa impunzi kuko nta mpamvu itera ubuhunzi ihari.

2017-05-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Inzu ya mbere nziza kandi ihendutse igiye kumurikwa mu Rwanda.

Ubwanditsi 22 Aug 2017
Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Zambia ntiyisubize mu mwiryane nk’uwo muri za 90

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Ubwanditsi 27 Aug 2024
“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

“Nahoze muri FDLR mbana n’abayobozi bakuru none narongowe n’umusirikari wa RDF ndetse na musaza wanjye aba muri RDF ubu abarizwa mu butumwa mu mahanga” Laurence Mujawayesu

Ubwanditsi 02 Jul 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize
UBUKUNGU

BDF yateye inkunga ya miliyari zirenga 14 FRW imishinga 3009 umwaka ushize

Ubwanditsi 05 Feb 2020
Uganda : Umuvugizi wa Polisi  yishwe arashwe
ITOHOZA

Uganda : Umuvugizi wa Polisi yishwe arashwe

Ubwanditsi 17 Mar 2017
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti
IKORANABUHANGA

Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga rizakuraho ibura ry’imiti

Ubwanditsi 12 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru