• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Omar Artan witegura gusifura UEFA Super Cup izahuza PSG na Aston Villa, azasifura umumukino wa nyuma wa CECAFA KAGAME Cup 2026   |   03 Aug 2026

  • Rayon Sports, Gor Mahia, Jamus na Al Hilal zageze muri ½ cy’Imikino ya CECAFA Kagame Cup 2026   |   02 Aug 2026

  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Umuhanzi Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda

Ubwanditsi 01 Jun 2017 Mu Rwanda

Umuhanzi w’Umunyatanzaniya Diamond Platinumz agarutse gutaramira Abanyarwanda mu mpera z’ukwezi gutaha kwa Nyakanga.

Uyu muhanzi w’icyamamare (The Number One Star) haba mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba na Afurika muri rusange, biteganijwe ko ku wa 2 Nyakanga azakoresha igitaramo ariko biravugwa kokizabera hanze ya Kigali.

Uyu muhanzi mu bisanzwe wiswe n’ababyeyi be Abdul Naseeb Juma aheruka gutaramira Abanyarwanda mu mpera z’umwaka wa 2015 (New Year’s East African Party concert), iki gitaramo cyari cyateguwe na East African Promoters (EAP).

Mu kiganiro Diamond yagiranye n’umunyamakuru wo muri Tanzaniya Milard Ayo, Diamond yemeje aya makuru ko agiye kongera gutaramira abaturage bo mu Karere na Afurika muri rusange. Biteganijwe ko azatamira I Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo ku wa 1 Nyakanga nyuma agakomereza I Kigali ku wa 2 Nyakanga uyu mwaka.

Sosiyete nshya mu gutegura ibikorwa bitandukanye ya Primetime Promotions biravugwa ko ariyo iri gusoza ibiganiro n’uyu muhanzi ku bijyanye n’iki gitaramo.

Ndayisaba Lee, umwe mu bari gutegura iki gikorwa avuga ko ibiganiro bari kugirana na Diamond birimo kugenda neza.

-6761.jpg

-6762.jpg

Diamond Platinumz ni umuhanzi w’icyamamare mu Karere kandi arakunzwe cyane mu Rwanda.

Ndayisaba uri muri Tanzaniya mu kiganiro na New Times, yagize ati “ Nzagaruka mu Rwanda ku wa gatanu w’iki cyumweru kugirango dusoze ibijyanye n’iki gitaramo byose. Kuri ubu sinatangaza byinshi kuko hari bimwe bitararangira neza”.

Diamond Platinumz ni umuhanzi w’icyamamare mu Karere kandi arakunzwe cyane mu Rwanda. Ubwo yataramiraga I Kigali, igitaramo cye cyitabiriwe n’ibihumbi by’abantu ku buryo yavuye ku rubyiniro hari benshi bakimushaka.

Uyu muhanzi umaze gutwara ibihembo bitandukanye mpuzamahanga aherutse gutangiza urubuga WasafiDotCom aho azajya agurishiriza imiziki nyarwanda aho arimo gufatanya na Televiziyo ya Clouds TV Rwanda WasafiDot.

Abahanzi nyarwanda nka DJ Pius batangiye gucuruza imiziki yabo kuri urwo rubuga rwa Diamond.

2017-06-01
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Nyuma y’imvune yagiriye muri CHAN, Tuyisenge Jacques yavuze ko ubu ameze neza, ngo yiteguye gutanga umusanzu we mu ikipe ya APR FC.

Ubwanditsi 10 May 2021
Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Ubwanditsi 27 Mar 2020
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

RUSHYASHYA 27 Jun 2026
Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Rulindo:Amashyaka 9 yashyigikiye abaturage ihindurwa ry’ingingo ya 101

Ubwanditsi 21 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abasirikare ba RDC baguye mu mirwano yabahuje na FDLR
HIRYA NO HINO

Abasirikare ba RDC baguye mu mirwano yabahuje na FDLR

Ubwanditsi 20 Dec 2018
Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma
ITOHOZA

Rujugiro Ayabatwa Tribert yahawe amahirwe yanyuma

Ubwanditsi 15 Jun 2017
Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki
IKORANABUHANGA

Perezida Kagame yavuze ku kibazo yibajije ubwo yinjiraga muri politiki

Ubwanditsi 09 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru