• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports na SKOL basinyanye amasezerano mashya y’ubufatanye afite agaciro k’asaga miliyoni 185 Frw ku mwaka   |   24 Jun 2026

  • Umunya-Togo Antonio Kossivi Atisso Kodjo watsinze ibitego byinshi muri Benin yatangajwe nka rutahizamu mushya wa Rayon Sports   |   23 Jun 2026

  • Niwe rutahizamu watsinze ibitego byinshi muri Ivory Coast, ibyo wamenya kuri rutahizamu mushya wa APR FC, Amani Kouadio Kan   |   22 Jun 2026

  • Igisambo Paul Rusesabagina agakungu ke na Bad Rama karasiga amubyaje ayo mu ihembe   |   20 Jun 2026

  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Perezida w’icyubahiro wa APR FC, Gen James Kabarebe yasabye abakinnyi ko nta kipe bagomba korohera kugirango batware igikombe cya shampiyona cya 2020-2021.

Ubwanditsi 23 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu nibwo abayobozi b’ikipe y’ingabo z’igihugu basuye abakinnyi b’iyi kipe, wari umwanya wo guhabwa impanuro ku bakinnyi bitegura gukomeza shampiyona igeze aho amakipe umunani yazamutse mu matsinda atandukanye azishakamo ikipe imwe yegukana igikombe cya shampiyona.

Nkuko byanditswe na website ya APR FC , bavuze koa ari igikorwa cyatangijwe n’umuyobozi wa APR FC Maj Gen MK MUBARAKH atanga ikaze, aho yagejeje ku bari aho ubuzima bw’ikipe muri rusange.

Yagizeti “APR FC iri ahantu heza, turimo kwitwara neza mu rugamba turimo rwa shampiyona ntabwo turatsindwa na rimwe kandi bizakomeze gutyo, APR FC ni ikipe irangwa n’imyitwarire myiza nk’uko ingabo zacu zibigaragaza aho ziri hose, natwe nk’abakinnyi niko tugomba kwitwara. Hari bagenzi banyu bagiye bava muri APR FC kubera ibikorwa bitandukanye bijyanye n’imyitwarire mibi, ariko abasigaye murashoboye twebwe rero dukomeze twitware neza kugira ngo tunagere ku ntego twihaye yo gutwara igikombe.”

Hakurikiyeho impanuro za Perezida w’icyubahiro wa APR FC Gen James Kabarebe akaba yatangiye ashimira ikipe y’ingabo z’igihugu uburyo iyi kipe yitwaye mu mikino yo mu matsinda aho yasoje iyo mikino idatsinzwe.

Yagize ati “Mwitwaye neza mu mikino yo mu matsinda imikino yose mwakinnye ndayikurikirana n’imikino y’andi makipe ndayikurikirana mwitwaye neza, kuba mutaratsinzwe umukino numwe bitanga ikizere ko n’urundi rugamba tugiye gutangira narwo tuzarwitwaramo neza.”

“Ubu twebwe tumeze nkaho urugamba rwo gutwara igikombe tuzarutangira ejo ( ku cyumweru) dutsinda buri kipe iri muri aya makipe umunani yazamutse, nta kipe tugomba korohera, ni ugutsinda gusa mufite abatoza beza bahora bashaka intsinzi, murabizi ko uyu mutoza Adil nta mukino aratsindwa bikomeze gutyo kuko nta mukino numwe dushaka gutakaza.”

Yakomeje agira inama abakinnyi agira ati “Umukinnyi ni ukora imyitozo akabasha no kuruhuka kugira ngo abashe kwitwara neza mu kibuga, mukore imyitozo ubundi mufate n’umwanya wo kuruhuka bizabafasha gutera imbere cyane nkaba bakinnyi tubona bo hanze, nasoza mbifuriza intsinzi mu mikino ya shampiyona igiye gukomeza guhera kuri iki cyumweru.”

Umutoza Adil yakiriye ijambo ry’ubuyobozi bwe, ashimira ko hamwe nabo bafatanya umunsi ku wundi bishimira kwisanga bakorera muri APR FC bafata nk’umuryango wabo. Yagize ati “intsinzi tugeraho zose tuzikesha Ubuyobozi bwiza bwa RDF, ubwa APR FC, Abakinnyi natwe tuyikorera twese ndetse n’ Abakunzi/Abafana bayo bose.” Asoza yizeza ko Abakinnyi be bamaze kumenya icyo basabwa kandi biteguye gutanga intsinzi n’ibyishimo nkuko babyitezeho.

Kapiteni w’ikipe Manzi Thierry mw’izina ry’abagenzi be, yashimiye abayobozi badahwema kubereka ko babashyigikiye. Yagize ati “Turabashimira cyane igihe cyose muba muri kumwe natwe, tubijeje ko natwe impanuro muduhaye zikomeza kudufasha mu rugendo turimo rwo gushaka igikombe cya shampiyona kandi tukazagitwara tudatsinzwe.”

Mu rugendo rwo guhatanira igikombe cya Shampiyona y’u Rwanda 2020-2021, ikipe ya APR FC iratangira ikina na Espoir FC kuri iki cyumweru, izasure AS Kigali ku munsi wa kabiri w’iyi mikino ikazakurikizaho Bugesera FC, Police FC, Rayon Sports, Marines ikazasoza ikina na Rutsiro FC.

2021-05-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Miami Heats yari yageze ku mu kino wa nyuma wa NBA iheruka, yasezerewe na Millwakee Backs.

Ubwanditsi 30 May 2021
Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Amafoto – Abakinnyi b’u Rwanda U20 binjiye mu mwiherero wa CECAFA

Ubwanditsi 23 Sep 2024
Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Uganda yegukanye CECAFA U18 2023, u Rwanda rutahana umwanya wa Kane mu irushanwa ryaberaga muri Kenya

Ubwanditsi 08 Dec 2023
Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Bimwe mu byabaye ku itariki ya 09 Mata 1994

Ubwanditsi 09 Apr 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yavuze ko Abanyarwanda bafite akazi gakomeye ko kwihanaguraho inenge basigiwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Ubwanditsi 09 Jul 2019
Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo
POLITIKI

Bobi Wine ari guhigwa bukware na Polisi ya Uganda aho yamaze no kugota agace bivugwa ko aherereyemo

Ubwanditsi 16 Dec 2018
Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare
Mu Rwanda

Kwiyahura bishobora kwirindwa mu gihe buri wese abigizemo uruhare

Ubwanditsi 31 Mar 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru