• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Minisitiri Mushikiwabo yashimiye Sénégal yakuye Afurika mu isoni mu gikombe cy’Isi

Minisitiri Mushikiwabo yashimiye Sénégal yakuye Afurika mu isoni mu gikombe cy’Isi

Editorial 20 Jun 2018 IMIKINO

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, ubutwererane n’ibikorwa by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Louise Mushikwabo, yashimiye ikipe y’igihugu ya Sénégal yatsinze Pologne ibitego bibiri kuri kimwe, igakura umugabane w’Afurika mu isoni, dore ko ibindi bihugu byawuserukiye byabaye insina ngufi mu gikombe cy’Isi cya 2018.

Afurika yaserukiwe n’ibihugu bitanu mu Burusiya, bine birimo Maroc, Misiri, Nigeria na Tunisia byatsinzwe imikino ya mbere.

Kuri uyu wa Kabiri hari hatahiwe Sénégal yacakiranye na Pologne ya Robert Lewandowski.

Iyi kipe itozwa na Aliou Cissé yatangiye ikina neza nta gihunga iza kubona igitego ku munota wa 37 cyitsinzwe na myugariro wa Pologne, Thiago Cionek ku ishoti ryari ritewe na Idrissa Gana Gueye, ashatse gukiza izamu ahubwo awoherezamo.

Mu gice cya kabiri, umutoza Adam Nawalka wa Pologne yakoze impinduka, akomeza ubwugarizi bwari bwahuye n’akazi katoroshye yinjiza Jan Bednarek asimbuye Jakub Blaszczykowski, gusa ntibyabujije Abanya- Sénégal gukomeza gukina neza ndetse byaje no kuyihesha igitego cya kabiri ku munota wa 60 cya Mbaye Niang.

Umukino ugana ku musozo, Pologne yabashije kwishyuramo igitego kimwe cyatsinzwe na Grzegorz Krychowiak ku munota wa 86, igerageza gushaka n’ikindi cyari kuyihesha inota rimwe irakibura.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Mushikiwabo Louise, abinyujije kuri Twitter yashimiye cyane Sénégal.

Yagize ati “Ndashimira abavandimwe bacu b’Abanya-Sénégal ku kwitwara neza mu gikombe cy’Isi cya 2018. Sénégal ihesheje ishema Afurika.”

Indi kipe yo muri Afurika ihanzwe amaso kuri uyu wa kabiri ni Misiri ikina n’u Burusiya, ikaba isabwa gutsinda bikunze bitaba ibyo igahita isezererwa muri iri rushanwa.

Mu wundi mukino wabaye, u Buyapani bwatunguye Colombia buyitsinda ibitego 2-1 bya Shinji Kagawa kuri penaliti na Yuya Osako mu gihe impozamarira ya Colombia yatsinzwe na Juan Quintero.

Wojciech Szczesny wahoze akinira Arsenal ntiyabashije kugoboka Pologne ku mipira ibiri yinjiye mu izamu ryayo

Byari ibyishimo kuri Sénégal nyuma yo kwitwara neza ikaba igihugu cya mbere cyo muri Afurika gitsinze umukino mu gikombe cy’Isi cya 2018

Abafana ba Sénégal bari babukereye

Kapiteni Sadio Mané na bagenzi be bahesheje ishema Afurika

Krychowiak yatsinze impozamarira ya Pologne mu minota ya nyuma

Krychowiak yatsinze impozamarira ya Pologne mu minota ya nyuma

2018-06-20
Editorial

IZINDI NKURU

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

U Rwanda rwahawe kwakira igikombe cya Afurika mu mukino wa Volleyball, Ikipe y’igihugu y’abagabo n’abagore ihabwa Umunya-Brazil Paulo De Tarso Milagres nk’umutoza mukuru

Editorial 04 Aug 2021
Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Angelique Kidjo yongeye gutsindira igihembo muri Grammy Awards

Editorial 17 Feb 2016
Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Umunya-Pologne Kasperkiewicz Przemyslaw ni we wegukanye agace Musanze-Nyamata

Editorial 01 Mar 2019
Amore akomeje kwagura muzika ye

Amore akomeje kwagura muzika ye

Editorial 04 Mar 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda
Amakuru

Rayon Sports FC yatumiye ikipe ya Kenya Police FC mu rwego rwo kurushaho gukomeza kwitegura neza imikino ya shampiyona y’u Rwanda

Editorial 24 Aug 2022
Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu
Mu Rwanda

Gasabo: Polisi yataye muri yombi agatsiko k’abajura bamennye inzu

Editorial 31 Mar 2017
Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda
Mu Rwanda

Paul Kagame yasoreje ibikorwa bye byo kwiyamamaza mu Karere ka Gasabo i Bumbogo ku Isoko y’u Rwanda

Editorial 02 Aug 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru