• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ?    |   29 May 2025

  • INGABIRE VICTOIRE AKOMEJE KUBA UMUYOBORO UNYUZWAMO AMAFARANGA ATERA INKUNGA FDLR   |   29 May 2025

  • Constant Mutamba: Minisitiri w’Ubutabera wa Congo Usigaye Azwi kurusha Ibikorwa Bye Bibi Kurusha Byiza   |   29 May 2025

  • AMAFOTO: APR FC yegukanye igikombe cya shampiyona 2024-2025, kiba igikombe cya 6 itwaye yikurikiranya   |   29 May 2025

  • “FDLR Yari Yaraduhinduye Ingabo Zibakingira Urupfu, Ariko Ubu Twagarutse Iwacu”: Abanyarwanda Batahutse Bagaragaje Ubunyamaswa Bwa FDLR   |   28 May 2025

  • Abarimo Kagere Medie bari ku rutonde Adel Amrouche yatangaje bazakina na Algérie mu mukino wa gicuti utegura imikino y’igikombe cy’isi 2026   |   28 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Minisitiri w’intebe Murekezi na Rucagu, abagabo batarya iminwa mu kuvuga amateka yabo mbere no mugihe cya Jenoside .

Editorial 22 Apr 2016 Amakuru

Amateka y’u Rwanda yerekana ko kuva Abakoloni bagera mu Rwanda , abanyarwanda batangiye kubaho mu rwangano rushingiye k’umoko nyuma y’aho abakoloni bazaniye sisiteme y’imiyoborere ya mbatanye mbategeke(Divide and Rule),aho abo mubwoko bw’abahutu bigishijwe ko umwanzi wabo ukomeye ari umututsi.

Na nyuma y’aho u Rwanda ruboneye ubwigenge,ironda koko ryakomeje,abatutsi barameneshwa bikomeye ndetse bigeraho aho bakorerwa Jenoside mu 1994.

Kuri Leta y’u Rwanda isaba abanyarwanda byumwihariko abayobozi nubwo amateka y’u Rwanda ari mabi agomba kuvugwa uko ari birinda kuyagoreka .

Kugeza ubu hari bamwe mubanyarwanda ndetse banabaye muri Leta yateguye ikanakora Jenoside ,bafatwa nk’intangarugero mu kuvuga amateka y’u Rwanda uko ari ndetse n’ayabaranze ubwabo mbere no mugihe cya Jenoside nta kuyagoreka.

Abaza ku isonga ni Minisitiri w’intebe Anastaze Murekezi ndetse na Rucagu Boniface, Chairman w’itorero ry’igihugu.

Ubusanzwe Minisitiri w’intebe Murekezi avuga ko uvuka mu Karere ka Nyaruguru, mu buhamya bwe avuga ko yakuze abwirwa ko igisekuru cye gikomoka mu Mutara w’ I Ndorwa .

-2688.jpg

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi

Mu buhamya aherutse gutanga imbere y’abandi bayobozi bakuru b’igihugu mu biganiro ku kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe abatutsi ,Minisitiri w’intebe yavuze ko yakuze abwirwa ko se wa Sekuru yaje kugirwa umuhutu nyamara yari umututsi kubera ko nyina yigeze guhakwa mu bahutu ahita ahabwa ubwoko bw’abahutu, bituma igisekuru cyose gikura kitwa abahutu.

Ati :”Ubundi sogokuru atarapfa ndetse na Data ajya abimbwira, ngo ubundi dukomoka mu Mutara w’i Ndorwa, noneho nyina wa se wa Sogokuru Nyiramasugi yaje gutana n’umugabo we bashwanye aza kuva ahitwa i Gihindamuyaga, mu Karere ka Huye bari batuye ajya i Nyaruguru ahakwa k’umutware w’umuhutu wari uhari ariko akaba yari ahetse umwana w’umuhungu w’uruhinja witwaga Habiyambere ari we se wa Sogokuru, uwo mwana akurira aho n’ubwoko bwe buhita buhinduka ubuhutu gutyo kuko nyina yari yahatswe muri abo bahutu.”

Minisitiri w’intebe avuga ko guhera ubwo ari bwo bahise baba abahutu ndetse byandikwa mu ibuku ndetse n’aho amarangamuntu aziye bakajya bandikamo Hutu ari na byo byamukijije mu gihe cya Jenoside.

Mu myaka ya za 1991, ni bwo Murekezi yafashe icyemezo cyo kujya muri politike y’amashyaka, ari bwo yajyaga mu ishyaka PSD, aho avuga ko bafatanyije n’andi mashyaka nka PL na MDR batangiye gutegura umugambi wo kurwanya ubutegetsi bw’igitugu bwa Habyarimana no guhirika uwari Minisitiri w’intebe Nsanzimana.

“Si ukubeshya iyi Primature mubona ifite amateka Atari meza, niho hari ibiro by’ishyaka rya MRND, hari hatinyitse na Habyarimana yari ahafite ibiro, tujya kuhatinyuka, amashyaka ataravugaga rumwe na MRND twakoze urugendo rwo kuza gukuraho Minisitiri w’intebe Nsanzimana kugira ngo ibintu bihinduke. Ni bwo bwa mbere nari mbonye ikintu numvaga kidashoboka mu Rwanda, ariko kubera igitutu cy’amashyaka menshi no kuba FPR yari yatangiye urugamba rwo kubohora igihugu twaratinyutse ariko twari tuzi ko dushobora no gushira.”

Mu kwezi kwa 11 umwaka wa 2013,ubwo mu gihugu hari hamaze igihe gito hatangijwe gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”, Minisitiri Murekezi Anastase yafashe akanya ko gusaba imbabazi.

Minisitiri w’intebe Murekezi Anastase,icyo gihe wari Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo yasabye imbabazi ashingiye ku kuba nk’umunyarwanda uzi aho igihugu cyavuye n’aho cyerekeza, ashingiye kandi ku mateka mabi yabaye mu Rwanda no ku ibaruwa yandikiye Leta y’u Rwanda mu 1973, afatanyije n’abanyeshuri biganaga basaba ko umubare w’Abatutsi wagabanuka mu mashuri, Minisitiri w’abakozi ba Leta n’umurimo Murekezi Anastase yisunze umutimanama we asaba imbabazi Abanyarwanda.

Mu ijambo rye ryafashe akanya mu gusaba imbabazi Abanyarwanda ku byo yaba yarakoze mbere ya Jenoside yakorwe Abatutsi mu 1994, dore ko yagaragaje nka kimwe mu byo ashingiraho nk’aho mu mwaka wa 1973, nk’abanyeshuri b’Abanyarwanda bakomoka mu bwoko bw’Abahutu icyo gihe bigiraga mu gihugu cy’u Bubiligi, bihuje bandikira Leta y’u Rwanda ibaruwa isaba kugabanya umubare w’Abatutsi mu mashuri no mu bucuruzi, kubera ko babonaga urimo kwiyongera.

Nk’umunyarwanda wiyumvamo ubunyarwanda yagize ati “Ndasaba Abanyarwanda imbabazi, kuko ibyo nanditse nabyanditse ndi umuntu mukuru uzi ubwenge kuko nari mfite imyaka 21 y’amavuko.”

Uku gusaba imbabazi kwa Minisitiri w’intebe Murekezi kwamugaragaje nk’umuntu w’inyangamugayo ubabajwe n’amateka mabi u Rwanda rwanyuzemo kandi wifuza ejo hazaza heza h’iki gihugu.

Ubusanzwe Murekezi Anastase ni Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda kuva mu mwaka wa 2014, uyu akaba ari umwe mu myanya itanu y’ikirenga mu gihugu.

Mbere yo kugirwa Umuyobozi wa Guverinoma, akaba yaragiye ashingwa imirimo itandukanye irimo Minisiteri y’abakozi ba Leta n’indi.

Minisitiri w’Intebe Murekezi avuga ko kubera Imana igira imbabazi no kubera ubushishozi bwa Nyakubahwa Perezida wa Repuburika y’u Rwanda Paul Kagame yamugiriye icyizere amuha imirimo ikomeye yo gufatanya n’abandi mu kuyobora abanyarwanda mu nzira y’ubumwe n’ubwiyunge.

Undi muntu ufatwa nk’inyangamugayo yiyemeje kuvuga amateka y’u Rwanda uko ari nta kuyagoreka ,ni Rucagu Boniface ,umuyobozi mukuru w’itorero ry’igihugu kuri iyi Leta y’ubumwe,ariko akaba yaranakoze imirimo itandukanye kandi ikomeye muri Leta yateguye ikanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi.

Rucagu Boniface yabonye izuba kuwa 1 Ukuboza 1946 mu cyahoze ari sheferi (chefferie) ya Kibare, nyuma haje kuba muri Komini ya Nyamugali, ubu ni mu Karere ka Burera.

-2689.jpg

Boniface Rucagu

Amashuri abanza yayigiye mu giturage yavukiyemo, ayisumbuye ayatangirira i Musanze, ayasoreza muri Institut Marie Beatrice i Byumba. Ayo mashuri yombi ni ay’abafurere. Uyu Mutahira mukuru w’Intore nta mashuri ya Kaminuza yize.

Rucagu Boniface wakoze imirimo itandukanye ya Leta k’ubutegetsi bwa Kayibanda na Habyalimana ahakana yivuye inyuma ko yagize uruhare mu bwicanyi ubwo ari bwo bwose bwabaye mu Rwanda, burimo na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubwo Ingabo za RPA zatangizaga urugamba rwo kubohora u Rwanda, Rucagu na Leta ya Habyarimana ngo bakubiswe inshuro bakwirwa imishwaro, nk’uko akomeza abisobanura.

“…tariki 4 Nyakanga 1994 turatsindwa, nsindwana na leta narimo, mpirimana na yo, dutsindwa kubera kutagira indangagaciro. Ngira ikibazo nti ‘ese uzabona Rucagu wo muri MRND ntazampitana?’ Nti ‘ese aba bafashe igihugu ntibazanshishamo cartouche (isasu)?’

Bene wacu na bo ntibyari byoroshye guhungana na bo, cyane ko bari barigeze kunyandikaho ibihimbano ngo ‘Rucagu ashaka kugarura Abanyiginya (Abatutsi).”

Muri uko gukwirwa imishwaro Rucagu yahungiye i Cyangugu “ngezeyo nandikira Leta y’ubumwe yari imaze kujyaho nti ‘Rucagu wo muri MRND ntabwo nahunze igihugu, ndi i Cyangugu, bazakurikirane nibasanga narakoze jenoside bazankurikirane, nibasanga ntarayikoze mbe mu gihugu mfatanye n’abandi kucyubaka.”

Rucagu ahakana yivuye inyuma ko yagize uruhare mu bwicanyi ubwo ari bwo bwose bwabaye mu Rwanda, burimo na Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu kunyomoza abo yita ‘abanzi’ bamuvugaho kwijandika mu bwicanyi, ashimangira ko yahanawe igihembo cy’umurinzi w’igihango nyuma yo kwemezwa n’abaturage nk’umuntu w’indakemwa mu mico no mu myifatire wagize uruhare rukomeye mu kunga Abanyarwanda.

Nyuma yo kwandikira Inkotanyi azibwira ko nta ruhare yagize muri Jenoside, ibi ni byo byakurikiyeho, nk’uko abyivugira: “Zaraje ziransingira, ziramfata, zimfata mu cyubahiro, nzi ngo ziranyica, mbona burakeye, bwacya nti ‘baranyica bugorobye’ ariko buracya, burongera buracya, n’ejo buracya.”

Rucagu Boniface ashimira imana ku kuba ataragize uruhare muri Jenoside kandi arashimira Leta y’ubumwe bw’Abanyarwanda byumwihariko RPF Inkotanyi,kukuba barashishoje ntibamushyireho ibyaha bya Jenoside.

Buri gihe iyo u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe abatutsi,Rucagu Boniface akunze kumvikana mu itangazamakuru avuga ko buri gihe aterwa ipfunwe no kuba Leta yarafitemo umwanya w’ubuyobozi yarakoze amahano ya Jenoside ikica abo yarishinzwe kurinda.

Rucagu Boniface avuga ko iyo ari kuvuga ijambo agera hagati akumva agize ipfunwe cyane nk’iyo ngo yibutse ko hari abantu bavuga ko Leta yarifitemo umwanya w’ubuyobozi ariyo yakoze Jenoside.

Mu kiganiro cyo ku tariki ya 8 Mata 2016,yagiranye na Radio Amazing Grace,Bwana Rucagu Boniface yumvikanye avuga ko kenshi ko aterwa ifunwe no kuba Leta yarimo nk’umuyobozi yakoze Jenoside.

Rucagu yagize ati “Nabivuze kenshi na n’ubu ndacyabivuga,numva mfite ipfunwe,numva mfite ipfunwe,kubona Leta narimo yarakoze amahano ya Jenoside ,ikica abana bayo ,ikica abo yakagombye kurengera,kuko Leta niyo irengera abaturage,ufite uburenganzira n’ububasha bwo gukiza abawe,akaba ariwe ubica,numva bintera ipfunwe, niyo mvuze ijambo ,ndarivuga ariko nagera hagati nkumva ipfunwe,nkumva abantu bari bumbaze bati iyo si Leta wakoragamo,nkumva mfite ipfunwe rwose”.

Rucagu avuga ko agira irindi pfunwe ry’uko abahutu avukamo bamwe muribo aribo bakoze amahano ya Jenoside. Ati “ Nkagira irindi pfunwe ry’uko abahutu navutsemo bamwe aribo bakoze ibara,bakoreshejwe bakora amahano ya Jenoside.Nabyo iyo bavuze ngo abahutu bakoze Jenoside bica abatutsi barabarimbura(…) bakambwira ngo nanjye mvuka mu bahutu,nabyo ngira ipfunwe nagirango mbwire abanyarwanda bose ko ngira ipfunwe ahubwo bambwire umuti wavura ipfunwe”.

Mu kunyomoza abo yita ‘abanzi’ bamuvugaho kwijandika mu bwicanyi, Rucagu ashimangira ko yahanawe igihembo cy’umurinzi w’igihango nyuma yo kwemezwa n’abaturage nk’umuntu w’indakemwa mu mico no mu myifatire wagize uruhare rukomeye mu kunga Abanyarwanda.

Kuri ubu u Rwanda rumaze gutera intambwe nini mu kubaka iterambere n’ubumwe bw’Abanyarwanda, ariko abayobozi bavuga ko ngo amateka rwanyuzemo yateye abantu ibikomere ndetse n’ubu bikaba bigihari.

Gahunda ya “Ndi umunyarwanda” ngo yaje igamije kuganira kuri ayo mateka no kumva ko Abanyarwanda basangiye igihugu bakaba bagomba gufatanya kucyubaka nyuma yo kwakira amateka yacyo.

Source: Kalisimbi.rw

2016-04-22
Editorial

IZINDI NKURU

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Editorial 13 Jul 2021
Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Editorial 21 Feb 2023
Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Editorial 13 May 2021
APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

Editorial 26 Sep 2023
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Editorial 13 Jul 2021
Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Editorial 21 Feb 2023
Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Ikipe ya As Muhanga yirukanye umutoza wayo Nduwantare Ismael kubera umusaruro muke.

Editorial 13 May 2021
APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

APR FC yerekeje mu Misiri gukina umukino wo kwishyura na Pyramid mu irushanwa rya CAF Champions League

Editorial 26 Sep 2023
Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Amafoto – Gasogi United yongereye amasezerano Yamini Salumu, inasinyisha rutahizamu Hassan Djibrine ukomoka mu gihugu cya Chad

Editorial 13 Jul 2021
Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Kongo irambirije ku muryango « SADC » nawo utishoboye

Editorial 21 Feb 2023
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru