• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Mpayimana ngo ntazacika intege natsindwa amatora y’Abadepite

Editorial 06 Jan 2018 POLITIKI

Mpayimana Philippe uherutse gutsindwa amatora ya Perezida yagaragaje ko yiteguye kwiyamamaza mu matora y’Abadepite ateganyijwe muri uyu mwaka wa 2018.

Mpayimana uvuga ko aziyamamaza nk’umukandida wigenga, yatangaje ibyo mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru ku mugoroba wo ku wa gatanu tariki ya 05 Mutarama 2018.

Avuga ko ashima ibyo igihugu kimaze kugeraho gusa asobanura ko nawe yifuza gutanga umusanzu we wo kubaka igihugu ari muri politiki.

Akomeza avuga ko nk’umukandida wigenga azahatanira amatora y’abagize inteko ishinga amategeko ndetse abinyujije muri uwo mwanya akazaharanira ko nta munyarwanda wakomeza kwitwa impunzi.

Abanyamakuru bamubajije icyo ateganya mu gihe yaba yongeye kugira amahirwe make ntatsindire uwo mwanya maze asubiza ko ibyo bitazamuca intege.

Agira ati “Nzakomeza gutanga umusanzu wanjye ntabwo nzacika intege ariko ubu ndasaba ko mu matora y’abadepite umukandida wigenga wagize munsi y’amajwi atanu ku ijana yajya abarirwa ku ijanisha riri hasi cyane.”

Akomeza avuga ko nk’umukandida uherutse kuva mu matora y’umukuru w’igihugu byari bikwiye ko abamusinyiye yakomeza kubifashisha bitabaye ngombwa ko yongera kujya gushaka abandi ngo bamusinyire.

Mpayimana avuga ko kandi itangazamakuru azakomeza kurikorera ubuvugizi ashakisha uburyo ryakora kinyamwuga ndetse rikazamurirwa ubushobobozi.

Agaruka ku matora y’umukuru w’igihugu yatsinzw, avuga ko yagenze neza ndetse yishimiye ibyayavuyemo ngo akaba ari nacyo gikomeje gutuma ashishikazwa no gukomeza kugaragara mu ruhande rwa politiki y’u Rwanda.

Mpayimana kuri ubu uvuga ko uhugiye mu gushakisha imibereho yikorera ku giti cye, mu matora y’umukuru w’igihugu yatsinzwe yaje ku mwanya wa kabiri agira amajwi 0.73% .
Yakurikiwe na Dr Frank Habineza w’ishyaka riharanira Demokarasi no kurengera ibidukikije wagize amajwi 0.48% ari nayo yabaye aya nyuma.

Muri ayo matora yabaye mu mucyo no mu bwisanzure nk’uko byemejwe n’indorerezi mpuzamahanga, Perezida Paul Kagame niwe wegukanye intsinzi y’umwanya w’umukuru w’igihugu abona amajwi ari hejuru ya 98%.

2018-01-06
Editorial

IZINDI NKURU

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ –   [ VIDEO ]

i Bruxelles Uwimana Benoît ati : ‘ Opozisiyo ni baringa ‘ – [ VIDEO ]

Editorial 06 Jun 2017
Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Ubushinjacyaha bwahagaritse kujuririra icyemezo cyo kurekura abo kwa Rwigara

Editorial 09 Jan 2019
Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Ni abarwayi bo mu mutwe, cyangwa ni abatekamutwe? Dusesengure iby’agatsiko ka Charles Kambanda ngo gashaka guhirika ubutegetsi mu Rwanda.

Editorial 13 Jun 2023
Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Bemba agiye kujuririra igifungo yakatiwe na ICC

Editorial 19 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016
Mu Mahanga

Kampala : U Rwanda rwegukanye ibihembo 2 muri ASFAS 2016

Editorial 11 Dec 2016
Abajenosideri  Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe
Amakuru

Abajenosideri Protais Mpiranya, Fulgence Kayishema na nagenzi babo, nibashake bazihishe munsi y’urutare bazashakishwa uruhindu kugeza bafashwe

Editorial 05 Nov 2021
Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame asanga imikoranire itanoze iha urwaho umutekano muke

Editorial 13 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru