• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Young Africans yegukanye igikombe ku Munsi w’Igikundiro 20245, ni nyuma yo gutsinda Rayon Sports 3-1   |   15 Aug 2025

  • Mbitabazenga: Inyungu ziva muri Visit Rwanda, ziratuma inyangabirama zijiginywa   |   15 Aug 2025

  • Umuryango wa Habyarimana mu muhogo ugana mu nda ya FDLR   |   14 Aug 2025

  • Niyonkuru Gloire wari muri Gisagara VC na Angiro Gideon wakiniraga REG VC berekeje muri Police Volleyball Club   |   14 Aug 2025

  • APR FC na Rayon Sports agomba kwishyura ibihumbi 200 kugirango yemererwe gukina umwaka w’imikino wa 2025-2026   |   13 Aug 2025

  • Imyaka 21 y’Ubwicanyi bwa Gatumba: Ubutabera Bwaratinze, CNDD-FDD Ikomeje Kubangamira Kwibuka   |   13 Aug 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Mu Burundi, “Leta mbyeyi” yoretse igihugu!

Editorial 13 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Itangazamakuru n’imiryango itari iya leta bikomeje gutabariza Abarundi kuko igihugu cyabo kirushaho gusatira imanga.

Uwitwa Gabriel Rufyikiri uyobora ishyirahamwe”OLUCOME” rirwanya ruswa n’akarengane mu Burundi, avuga ko ubukungu bw’icyo gihugu bwari busanzwe mu manegeka, ariko ubu ngo bugeze aharindimuka, ku buryo uBurundi busatira kujya ku rutonde rw’ibihugu biriho ku izina gusa ( failed nations).

Aganira n’itangazamakuru, Perezida wa OLUCOME yatanze ingero zambitse ubusa leta ya CNDD-FDD, kuko imiyoborere ishingiye ku macakubiri, inda nini, no guhohotera ubyamaganye, nta handi yaganisha igihugu uretse mu manga.

Si OLUCOME ibivuze gusa, kuko n’impuguke mu bya politiki n’ubukungu zihangayikishijwe n’uko ubwo butegetsi bwiyita”leta mbyeyi”, busahuranwa, busa n’ubusiganwa n’igihe nk’ubwitegura guhunga.

Haratangwa urugero ko ubu utabaza ifaranga ry’amahanga (idovize)mu Burundi, kuko abategetsi basahuye ayari ahari yose, babeshya ngo bagiye kurangura ibicuruzwa mu mahanga, maze bayahunika ku makonti yabo muri banki zo mu mahanga.

Iby’amadovize yanyerejwe na Perezida Evariste Ndayishimiye, wiyita “Sebarundi” ngo kubera urukundo abafitiye, aherutse kubyemera mu ruhame, anizeza rubanda kugaruza amamiliyoni y’amadolari, byahe byo kajya.

Ingaruka ni uko ubu lisansi na mazutu mu Burundi ari nk’imvura mu butayu, kuko nta madovize ahari yo kuyitumiza.

Bigeze aho imidoka za leta zikora ibiraka byo gutwara abagenzi, amafaranga akajya kwa shoferi na shebuja w’umutegetsi wahawe iyo modoka ya leta ngo imufashe mu kazi.

Nko muri Bujumbura, cyane cyane ahahoze isoko rikuru, usanga imodoka z’igisirikari, iza polisi n’ iza minisiteri zipakira abagenzi, umuturage akishyura hagati y’amarundi 1.200 na 3.000, bitewe n’aho agarukira muri Bujumbura. Twibukiranye ko izo modoka nta n’ubwishingizi bwo gutwara abagenzi zigira, utekereze rero nk’ikamyoneti ipakiye abantu 20 ikoze impanuka. Ibi byose biba “leta mbyeyi” ibireba.

Ubu inganda zikomeye nka BRARUDI ikora ibinyobwa, SOSUMO ikora isukari, n’indi nyinshi, ziritegura gufunga imiryango kuko zitabasha gutumiza mu mahanga iby’ibanze zikenera mu bikorwa byazo.

Nta muti muri farumasi, nta cyuma cy’imodoka cyangwa icyo mu ruganda cyo gusimbura igishaje, n’icyatumijwe mbere kirakosha, ibikoresho by’ubwubatsi reka da, mbese uBurundi bugowe bikomeye no gutumiza ikintu icyo ari cyo cyose mu mahanga.

Hejuru y’ibi rero hiyongeraho n’ibibazo by’umutekano, aho “leta mbyeyi” igaba ibitero ku baturage, nako ku ” bana bayo”, maze mu buswa bukabije bakabyitirira u Rwanda.
Urugero ruheruka ni urw’ibisasu inzego z’ubutasi mu Burundi zateye mu mujyi wa Bujumbura mu mpera z’icyumweru gishize, abantu benshi bakahasiga ubuzima, abandi bagakomereka.

Ibi birasa n’ibyakozwe mu Kuboza umwaka ushize, ubwo imbonerakure zicaga abaturage bo mu Gatumba, hafi y’umupaka w’uBurundi na Kongo, maze Perezida Ndayishimiye akemeza ashize amanga ko byakozwe n’intumwa z’uRwanda.

Uretse ko Ndayishimiye atashoboye gusobanura ukuntu umuntu yava mu Rwanda akajya gutera mu Burundi, hafi y’umupaka wabwo na Kongo, hadafite aho hahuriye n’ubutaka bw’uRwanda, ntanerekana inyungu uRwanda rufite mu kwica inzirakarengane z’Abarundi.

Babivuze ukuri, ibisa birasabirana koko. Ndayishimiye na Tshisekedi wa Kongo bakabaye inshuti, basangiye ubwenge buciriritse cyane. Ibinyoma byabo bisa na bya byivugo by’amahomvu tuzi ku bitambambuga cyangwa ku bagabo batuzuye.

Bombi bugarijwe n’ibibazo by’imiyoborere, maze babura icyo babwira abaturage, bagahitamo kwegeka imitwaro yabo ku Rwanda.

Tshisekedi yananiwe gusobanura ibya ruswa, ivangura rikorerwa bamwe mu baturage ayobora, n’andi mahano aranga ubutegetsi bwe hafi ya ntabwo, M23 yamwatsaho umuriro, akabyitirira u Rwanda. Ejobundi agize atya arashe mu nkambi y’impunzi ya Kibumba maze ingorwa zirahashirira, ati mubibaze u Rwanda. Rubifitemo iyihe nyungu? Ikimenyetso se, umubi ni uwasubiza!

Ndayishimiye na CNDD-FDD ye ubutegetsi burabananiye, RED-TABARA yamugera amajanja, ati ni uRwanda.
Arashe abaturage mu Gatumba, abandi abaroshyemo grenades, ngo arangaze Abarundi n’amahanga kubera uruhuri rw’ingorane arimo, induru ayihaye umunwa ati byose ni u Rwanda!

Ariko se ko ikinyoma kidahabwa intebe kabiri, ndetse abashishoza bakaba batagiha agaciro iyo mikino yanyu, mwakwicaranye n’abo musangiye igihugu, mugashaka umuti w’ibibazo murebana mu maso, ko amaturufu y’ikinyoma yenda kubashirana?

URwanda rufite ingorane zarwo, zirimo kwirindira umutekano no kwivana mu bukene. Nta mwanya rufite rero wo guta mu birarufitiye akamaro, ari nayo mpamvu muzakomeza kuvunwa n’ ishyari muterwa n’intambwe rutera.

Ndayishimiye na Tshisekedi nababwira iki. Aho gukorera abo mubeshyera ngo barabatumye, nimukomeze muhekenyere u Rwanda amenyo, amaherezo muzayamarira mu nda.

2024-05-13
Editorial

IZINDI NKURU

Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Editorial 16 Feb 2016
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Editorial 28 Aug 2016
Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Editorial 02 Aug 2022
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Editorial 24 May 2023
Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Editorial 16 Feb 2016
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Editorial 28 Aug 2016
Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Valery Zihalirwa, umwe mu bari inyuma y’umugambi wo kurimbura Abatutsi muri Kongo ni muntu ki?

Editorial 02 Aug 2022
Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Sobanukirwa uburyo JMV Ndagijimana yibye amadorali 187.000 yagombaga gufasha amabasade y’u Rwanda muri Amerika gufungura ibikorwa byayo

Editorial 24 May 2023
Birakomeye : Rudasingwa Theogene  na Mushiki we uba mu Rwanda  n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Birakomeye : Rudasingwa Theogene na Mushiki we uba mu Rwanda n’ikigo La Roche bagiye kugezwa imbere y’urukiko

Editorial 16 Feb 2016
Ishyamba si ryeru :  Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene  12.000 USD,  yasize atishyuye

Ishyamba si ryeru : Ibitaro bya MedStar mu mujyi wa Washington birishyuza Rudasingwa Theogene 12.000 USD, yasize atishyuye

Editorial 28 Aug 2016
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

Turamagana Ibirego bya HCR kubera ko U Rwanda ari Ikitegererezo mu Kwita ku Mpunzi n’Abimukira

17 Jul 2025
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru