• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Mu gihe Abanyarwanda bishimira ukwibohora kwabo, TWAGIRAMUNGU NA RUSESABAGINA bibereye muri politiki mburamajyo y’amabuguma abiri

Mu gihe Abanyarwanda bishimira ukwibohora kwabo, TWAGIRAMUNGU NA RUSESABAGINA bibereye muri politiki mburamajyo y’amabuguma abiri

Ubwanditsi 03 Jul 2020 INKURU NYAMUKURU, Uncategorized

Mu gihe twizihiza isabukuru y’imyaka 26 twibohoye, hari Abanyarwanda bakiboshye mu bitekerezo, bikagaragazwa n’ibikorwa bigayitse byo gushaka kudusubiza ku ngoyi y’amacakubiri, batitaye ku bitambo byatanzwe ngo u Rwanda rube ruri aho ruri uyu munsi. Muri iyi nyandiko turagaruka ku bakambwe babiri,  bombi bashaje  banduranya . Abo ni Twagiramungu Faustin na Rusesabagira Paul  ubu banashinze umutwe w’iterabwoba, MRCD,udatandukanye na RNC, FDLR n’utundi dutsiko duharanira kurimbura Abanyarwanda. Niyo twise “poliki mburamajyo y’amabuguma abiri.”

Ababazi neza ibi byigomeke, bahamya ko  mu buto bwabo nta bunyangamugayo bigeze, icyakora bagahurira ku karimi kazi kureshya abashukika vuba. Abo twaganiriye bazi  Faustin Twagiramungu bavuga ko yagiye gushaka kwa Gerigori Kayibanda kubera ingengabitekerezo y’ ivangura yaranze buri wese wari muri PARMEHUTU. Ababanye nawe bya hafi bavuga ko no mu gihe cy’amashyaka menshi, ubukana bwa “Rukokoma” butari uguhirimbanira demokrasi mu Rwanda, ahubwo wari umujinya wo kwihimura kuri Perezida Yuvenali Habyarimana wishe Sebukwe Kayibanda. Abatabizi cyane cyane abakiri bato, bakurikira buhumyi Twagiramungu, ngo babonye za mademokarate, kandi ari  urwango yifitiye rw’umuntu ku giti cye, ntaho bihuriye no kurengera Igihugu. Uwanyomoza azamubwarize “projet de société” yagaragarije Abanyarwanda, uretse kuvuga ngo hazabe inama rukokoma. Ninde wigeze yumva asobanura icyari kuzavugirwa muri  iyo rukokoma, uretse “guhirika Habyarimana n’akazu ke”.

Abasaza twaganiriye, barimo Muzehe MUGENGANA Telesfori bakoranye muri STIR, na Mpatswenumugabo Visenti babanye muri MDR, bagize bati:” N’ikimenyimenyi aho Leta y’Ubumwe igiriyeho akanayibera Ministri w’intebe, Twagiramungu yananiwe kugenda mu mujyo wa FPR-Inkotanyi, kuko yayibonagamo ishyaka ry’Abatutsi, aho kuyibonamo Abanyarwanda barajwe ishinga no kubaka igihugu kibereye buri wese.

Abo basaza banyibukije  ko Twagiramungu yabaye uwa mbere mu gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, ubwo iyo Jenoside imaze guhagarikwa  n’ ingabo zari iza FPR,  yavugiraga ku karubanda  ko abarokotse bitetesha, biriza, kuko ‘nta gahinda k’amezi atatu kabaho”. Mu buhamya yatanze mu rukiko mpuzamahanga rwa Arusha ashinjura ba Col Bagosora na bagenzi be, yashimangiye ko nta jenoside yateguwe, ko ahubwo habaye isubiranamo,  ngo bitewe n’uburakari bwatewe n’urupfu rwa Perezida Habyarimana.Ejobundi mu mwaka wa 2003, ati nje kwiyamamariza kuyobora uRwanda. Abari bakuru murabyibuka ko yivugiye ko azaharanira icyazana amacakubiri mu Banyarwanda. Abanyarwanda bamweretse ko barenze ikibatanya ahubwo bazi ikibahuza, maze bamwima amajwi asubira kujirajira iBurayi.Murabyibuka yagiye akubita agatoki ku kandi ngo ntibyumvikana ukuntu  n’aho avuka, I Cyangugu, batamutoye!Aya nayo ni amacakubiri ashingiye ku turere. Abanyarwanda ntibatora akarere cyangwa ubwoko, batora ibitekekerezo bizima.

Paul Rusesabagina we ni byendagusetsa gusa. Hari abo mu muryango w’ubugorwe we batubwiye bati twarumiwe twumvise ngo”Paul” yabaye umunyapolitiki! Abo baramu be ndetse n’abo babanye  haba kuri Hotel ded Diplomates, haba no kuri Mille Collines, ndetse n’abo bakuranye, barimo NSEKANABO Enock, ukomoka ahahoze ari komini Murama, bavuga ko ubushobozi bwa Rusesabagina butamwemerera no kuyobora umudugudu. Icya mbere imyaka ye ngo ingana n’ubujiji  agendana, icya kabiri ngo kumushakiraho ubunyangamugayo ni gushakira amata ku kimasa.

Ibyo  kudakiranuka kandi ari umudive wakabaye ashyira imbere urukundo aho gushyira imbere inda,  bishimangirwa n’abahungiye muri  1000 Collines mu gihe cya jenoside yakorewe Abatutsi. Abarimo Hon. Odette Nyiramirimo , Nyakwigendera Védaste Rubangura n’abandi babaye inshuti z’umuryango wa  Rusesabagina, basobanuye ukuntu yabasinyishije inyandiko zemera amadeni yo gucumbika muri hoteli. Munyumvire umuntu witiranya umukerarugendo n’impunzi!!

Ikindi rero abamuzi neza bose bahuriraho, nuko yitwaza ko yashatse mu Batutsi, akibwira ko bituma abantu bamwibeshyaho, bakamuvanaho ingengabitekerezo ya jenoside, adasiba kuvugira kuri za BBC, ahamya ko nta Jenoside yabaye mu Rwanda.

Ejobundi rero Twagiramungu na RUSESABAGINA, bamaze kubona ikinyoma kibashiranye, bati tugahuza imbaraga.Izihe se? Ubundi kwishyirahamwe si bibi, iyo  buri wese afite icyo azana, bagahuriza hamwe, bagamije inyungu rusange. Ariko se Twagiramungu afite iki, Rusesabagira afite iki. Ubwo  imvange ya rukokoma na Hoteli Rwanda byabagize abasitari , kubera kugorera amateka, barumva bizanabageza ku buyobozi bw’uRwanda koko. Ibi nabyo ni ukutamenya Umunyarwanda w’ubu, utagishukishwa ubuhendabana, ngo ayoboke buhumyi. Bazi aho bavuye, habi batakwemera gusubira, aheza bageze bifuza  kurinda, n’ejo heza bashaka kugera vuba.

2020-07-03
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Ubwanditsi 19 Nov 2017
Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubugambanyi bwa Muhoracyeye Joselyne ku karubanda.

Ubwanditsi 05 Apr 2020
Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu  mu minsi itatu yikurikiranya

Undi munyarwanda wa gatatu yiciwe hanze y’Igihugu mu minsi itatu yikurikiranya

Ubwanditsi 11 Jan 2018
Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Joseph Nsengimana Minisitiri w’Uburezi, Gaspard Twagirayezu wari usanzwe muri uwo mwanya agirwa Umuyobozi Mukuru w’Urwego Rushinzwe Isanzure, Nelly ashyirwa muri Siporo

Ubwanditsi 11 Sep 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo
POLITIKI

Urutonde rw’Abadepite 80 bemejwe by’agateganyo

Ubwanditsi 06 Sep 2018
Uko  imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari
UBUKUNGU

Uko imisoro yagabanyije inkunga mu ngengo y’imari

Ubwanditsi 27 Aug 2018
Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.
Amakuru

Ku myaka 73, icyamamare mu njyana ya Raggae Bunny Wailer wabanye na Bob Marley yitabye Imana azize “Stroke”.

Ubwanditsi 03 Mar 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru