• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro

Batatu bararegwa kwambura $2 miliyoni uwari umukozi mu ruganda rwa Rujugiro

Ubwanditsi 26 Oct 2018 INKURU NYAMUKURU

Kuri uyu wa kane tariki 25 Ukwakira, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije mu mizi urubanza ruregwamo Abanyarwanda batatu bashinjwa kwambura undi munyarwanda miliyoni 2$ mu bwambuzi bushukana, ibyo baregwa ngo byabereye muri Uganda.

Abaregwa ni Rwasamanzi Emile usanzwe ari umucuruzi, Ndahayo Theodore na Rugema Amani,  baregwa n’uwitwa Kanobayire Thierry wari umukozi mu ruganda rw’itabi rwa Tribert Ayabatwa Rujugiro.

Kuri uyu wa kane Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwahereye ku nzititizi zatanzwe na Me James Nuwagaba uhagarariye Kanobaire uvuga ko yakorewe icyaha.

Me Nuwagaba yasabye ko Urukiko rusubika urubanza kubera ko Kanobayire yatanze ikirego kihutirwa gihagarika amarangiza rubanza y’ikemezo cy’Urukiko Rukuru rwanzuye ko Leta (Polisi y’Igihugu) isubiza Rwasamanzi Emile amafaranga ye ibihumbi Magana abiri na cumi n’icyenda y’amadolari (219 000$) ndetse akanahabwa indishyi.

Me Nuwagaba yabwiye Urukiko ko ariya mafaranga ari mu bwishyu bw’agera kuri miliyoni 2$ Kanobaire Thierry avuga ko yambuwe kandi ngo abifitiye ibimenyetso. Ndetse ngo na dosiye y’Ubushinjacyaha ibivugamo ko ariya mafaranga ari mu yo Rwasamanzi Emile yambuye Kanobaire.

Ku ruhande rw’abaregwa, Me Rwagatare Janvier yabwiye Urukiko ko bidasanzwe kuba Urubanza nshinjabyaha rwasubikwa hagendewe ku byifuzo byo gutegereza umwanzuro uzava mu rubanza mbonezamubano, avuga ko bidashoboka.

Yavuze ko Ubushinjacyaha n’uhagarariye Urega mu rubanza bashaka gukuraho ikemezo cy’Urukiko Rukuru cyo gusubiza Emile Rwasamanzi amafaranga yatsindiye muri 2016 kandi umwanzuro w’urukiko ari itegeko.

Ati “Urukiko rwafata umwanzuro ariko turagendera ku ngingo ya 121 y’Igitabo cy’Amategeko Manabyaha mu Rwanda, dusabeko Emile (Rwasamanazi) watsinze urubanza rwa mbere afungurwa agakurikiranwa ari hanze aho kugira ngo bajye bafata umuntu bamufungishe, bamupfinagaze, bo bari hanze, ubwo na Emile ararekurwa turahari tuzaruburana.”

Ubushinjacyaha buhawe ijambo bwavuze ko Urukiko rwasuzuma icyifuzo cyatanzwe n’uwunganira urega muri uru rubanza.

Hatabayeho kwiherera, Umucamanza yahise avuga ko nta mpungenge abona ku nzitizi zatanzwe yanzura ko urubanza rukomeza kuburanwa mu mizi.

Ku burana indi nzitizi

Me Rwagatare Janvier yahise asaba Urukiko ko bifuza ko uwo yunganira ari we Emile Rwasamanzi atandukanywa na Rugema Amani uvugwa mu yindi dosiye y’ibyaha byabereye mu Rwanda, agasigara mu rubanza areganwa na Ndahayo Theodore ku bijyanye n’uru rubanza byabereye muri Uganda.

Umucamanza yagiye aha ijambo buri wese mu barega n’ababunganira. Yaba ari Ndahayo n’umwuganira nadetse na Rugema Amani udafite umwunganizi mu Rukiko bavuga ko na bo bifuza ko dosiye zabo zitandukana, gusa abasaba Urukiko Rukuru kubaha itariki ya bugufi bazaburaniraho igihe rwaba rumaze guca urubanza rwa mbere kuko ngo bamaze amezi 4 bafunzwe.

Ubushinjacyaha n’Uhagarariye Urugegwa bo bavuze ko imanza z’ebyiri ziregwamo aba bantu batatu zitata (urwa mbere Emile Rwasamanzi areganwa na Ndahayo Theodore, urubanza rwa kabiri Emile Rwasamanzi arureganwamo na Rugema Amani).

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo rwanzuye ko rugiye kwiherera rukazasoma umwanzuro wwarwo tariki 31 Ukwakira 2018 ku isaha ya saa kenda.

Imiterere y’Urubanza muri macye

Mu 2016 Emile Rwasamanzi yafashwe n’inzego z’ubugenzacyaha (Polisi), afatanwa ibihumbi 200$. Nyuma y’iperereza Rwasamanzi yararekuwe, ariko ntiyasubizwa amafaranga yafatanywe ku mpamvu atazi.

Mu 2018, Rwasamanzi yaregeye Urukiko Rukuru asaba gusubizwa amafaranga ye ibihumbi 200$ arega Leta (Polisi y’Igihugu), ndetse arayitsinda itegekwa kwishyura umwunganizi no gutanga amagarama y’urubanza.

Habura iminsi mike ngo Urukiko rusome ikemezo cyarwo, Emile Rwasamanzi yatawe muri yombi bwa kabiri, arafungwa (hashize amezi ane), abwirwa ko habonetse umuntu witwa Kanobayire Thierry wemeza ko ariya mafaranga ibihumbi 200$ ari mu yo yambuwe na Emile Rwasamanzi amutekeye umutwe muri Uganda.

Ngo Kanobaire Thierry wari umukozi mu ruganda rw’itabi rw’umuherwe Rujugiro yahaga Emile Rwasamanzi ariya mafaranga mu byiciro. Ngo mbere yamuhaye ibihumbi 600$, nyuma amahu ibihumbi 500$ kurea ageze kuri miliyoni ebyiri z’amadorari.

Gusa uyu uregwa avuga ko atazi uyu Kanobayire umurega.

Kanobaire wabonetse Urukiko Rukuru rwanzuye ko Emile Rwasamanzi asubizwa amafaranga ye, yatanze Ikirego kihutirwa cyo gutambamira ikemezo cy’Urukiko Rukuru. Urubanza rw’iki kirego ruzaburanishwa tariki ya 1 Ugushyingo 2018 mu Rukiko Rukuru i Kigali.

Emile Rwasamanzi n’abo bareganwa bakurikiranyweho ibyaha bitatu, icy’ubwambuzi bushukana, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kwigwizaho umutungo.

 

2018-10-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Twitege iki kuri guverinoma nshya ya Perezida Tshisekedi yuzuyemo abanyabyaha ruharwa?

Ubwanditsi 24 Mar 2023
Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ibyo Kagame na Museveni bemeranyije ku kibazo cy’ishimutwa ry’abanyarwanda muri Uganda

Ubwanditsi 26 Mar 2018
Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Perezida Kagame yibereye mu Rugwiro, Interahamwe n’Ibigarasha birikirigita bigaseka

Ubwanditsi 28 Jun 2025
Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Abayobozi bakuru basaga 10 ba RNC, bamaze gutandukana na Kayumba kubera indanini n’ubujura

Ubwanditsi 06 Dec 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yahinduye Guverinoma
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yahinduye Guverinoma

Ubwanditsi 18 Oct 2018
Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika
Amakuru

Cameroon imaze gutwara ibikombe 5 bya Afurika, Gambia yitabiriye ku ncuro ya mbere yageze muri 1/4 cy’imikino y’igikombe cya Afurika

Ubwanditsi 29 Jan 2022
Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka  “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”
Amakuru

Amafoto – Perezida Kagame yatangije Iserukiramuco rizwi nka “Giants of Africa”, anashyira ibuye ry’ifatizo kuri “Zaria Court Kigali”

Ubwanditsi 14 Aug 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru