• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Brig. Gen. Sekamana yashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Ubwanditsi 09 Jan 2018 ITOHOZA

Ingabo z’u Rwanda (RDF) zemereye Brig. Gen. Jean Damascene Sekamana w’imyaka 60 y’amavuko kujya mu kiruhuko cy’izabukuru.

Sitati yihariye igenga RDF, ingingo yayo ya 82 iteganya ko ba Ofisiye bakuru bo ku rwego rwa Jenerali boherezwa mu kiruhuko cy’izabukuru ku myaka 55 ariko ishobora kongerwaho itanu inshuro imwe gusa ku nyungu z’akazi muri RDF.

Mu itangazo Ingabo z’u Rwanda zasohoye kuwa 8 Mutarama 2018, ryamenyesheje ko ku busabe bwa Brig. Gen. Jean Damascene Sekamana, yemerewe ikiruhuko n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda akaba n’Umukuru w’igihugu mu bubasha afite bwo kohereza ofisiye bari ku rwego rwa Jenerali mu kiruhuko cy’izabukuru

Brig Gen (Rtd) Sekamana yinjiye mu gisirikare cya RPA mu gihe cy’urugamba rwo kubohora igihugu mu 1990. Yakoze imirimo itandukanye harimo no kuba Ukuriye Urwego rw’Iperereza muri Gendarmerie. Yabaye Umugaba wa Batayo, aba Umugaba wa Brigade ndetse aba n’Umugaba w’agateganyo wa Diviziyo y’Ingabo z’igihugu. Yanabaye Umugaba wungirije ushinzwe ibikorwa by’Ingabo mu butumwa bw’amahoro bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo.

Mbere yo kujya mu kiruhuko cy’izabuku, Brig. Gen. Sekamana yari Umuhuzabikorwa w’iby’imishinga y’Ingabo z’u Rwanda, Umutwe w’Inkeragutabara.

2018-01-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa  21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ikiganiro cya Dr. Marara cyo kuwa 21/2/2016 gikomeje gukurura impaka

Ubwanditsi 02 Jun 2016
CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

CMI yashyizeho abagize komite nshingwabikorwa ya RNC muri Uganda

Ubwanditsi 20 Nov 2019
Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Burera: Abayobozi mu Karere na Sembagare wahoze akayobora batawe muri yombi

Ubwanditsi 06 Jun 2018
Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi

Koreya ya Ruguru yongeye gushotora Amerika iyiteguza ko izayirasaho ibisasu bya kirimbuzi

Ubwanditsi 10 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri
Mu Rwanda

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Ubwanditsi 03 Mar 2017
Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Denmark: Urukiko rwemeje ko Twagirayezu ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda

Ubwanditsi 11 Apr 2018
Tour du Rwanda 2020: Umunya-Ethiopia yegukanye agace ka kabiri
IMIKINO

Tour du Rwanda 2020: Umunya-Ethiopia yegukanye agace ka kabiri

Ubwanditsi 24 Feb 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru