• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Mu mikino nyafurika AS Kigali yatomboye Olympique De Missiri-Sima, APR FC itombora Mogadishu City Club yo muri Somalia inahabwa uburenganzira bwo gutangira imyitozo

Editorial 14 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatantu tariki ya 13 Kanama 2021 nibwo hamenyekanye uko amakipe azahura mu marushanwa Nyafurika haba muri CAF Champions League ndetse na CAF Confederations, ku ruhande rw’u Rwanda, ikipe ya APR FC mu marushanwa ya CAF Champions League, aho izahura na Mogadishu City Club yo muri Somalia naho muri CAF Confederations ikipe ya AS Kigali izahura na Olympique De Missiri-Sima yo mu birwa bya Comore.

Muri Tombola yabaye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu, ikipe ya APR FC yo mu Rwanda yatomboye Mogadishu City Club yo muri Somalia, aho umukino ubanza uzabera muri Somalia, naho uwo kwishyura ukazabara mu Rwanda.

Iyi tombola yagaragaje ko ikipe ya APR FC izakina umukino ubanza uazabera muri Somalia hagati y’itariki ya 10-12-2021 Nzeri, ni mu gihe umukino wo kwishyura uzabera mu Rwanda hagati y’itariki ya 17-19 Nzeri 2021, ikipe izabasha kurenga iki cyiciro, izahura na Etoile Sportive du Sahel yo muri Tunisia.

Ku ruhande rwa AS Kigali yo izabanza hanze aho izasura Olympique De Missiri-Sima yo mu birwa ya Comore ikazakina hagati ya tariki 10-12 Nzeri 2021, umukino wo kwishyura ukazaba hagati ya tariki ya 17-19 Nzeri 2021 ukazabera i Kigali, hagati y’aya makipe yombi izakomeza izahura na St Loi Lupopo yo muri Kongo Kinshasa.

Nyuma yo kumeza ikipe izahura na APR FC, iyi kipe y’ingabo z’igihugu ikaba yahawe uburenganzira bwo gutangira imyitozo dore ko yari itaratangira kwitegura iyi mikino Nyafurika.

Mu ibaruwa yanditswe n’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda, yagiraga iti “Dushingiye ku ibaruwa yanyu yo ku wa 05 kanama 2021, isabira APR FC uruhushya rw’umwihariko rwo gutangira imyiteguro ya CAF Champions League 2021-2022 aho iyi imikino izatangira muri Nzeri 2021, mbandikiye iyi baruwa ngira ngo mbamenyeshe ko muhawe burenganzira bwo gutangira imyitozo ku ikipe ya APR FC.”

Mu rwego rwo kwirinda COVID-19 Ferwafa yibukije ubuyobozi bw’ikipe y’ingabo z’igihugu gukurikiza amabwiriza yose y’ubuvuzi mu rwego rwo kurwanya ikwirakwira rya COVID-19.

2021-08-14
Editorial

IZINDI NKURU

Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo

Irushanwa rya Tour du Cameroun 2018 ryasubitswe ikipe y’u Rwanda yagezeyo

Editorial 09 Mar 2018
Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Abanyekongo baba mu Rwanda barashima uRwanda rutaguye mu mutego w’ubushotoranyi bwa Kongo.

Editorial 05 Nov 2022
Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Ibibera muri Uganda ni agahomamunwa. Abantu babarirwa muri 800 bahawe urukingo rwa Covid-19 rw’urwiganano bamwe bibaviramo urupfu!!

Editorial 01 Jul 2021
Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli

Perezida Kagame yakiriwe mu biro bya Perezida wa Isiraheli

Editorial 10 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe
INKURU NYAMUKURU

Ingabo za Rusesabagina zishiriye ku icumu, Maj Bokande jules Karindinefu wari ushinzwe itumanaho rya gisilikare muri FLN yishwe

Editorial 12 Jan 2020
Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase
Mu Rwanda

Itangazamakuru mu Rwanda rimaze gutera imbere: Prof. Shyaka Anastase

Editorial 07 Nov 2017
Lt. Fred Kamali yambitse impeta umunyamakuru Rigoga Ruth
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Lt. Fred Kamali yambitse impeta umunyamakuru Rigoga Ruth

Editorial 10 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru