• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»ITOHOZA»Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Editorial 04 Jun 2017 ITOHOZA

Minisiteri y’imari n’igenamigambi mu Rwanda yeretswe uburyo hari amafaranga menshi y’igihugu yakoreshejwe mu bikorwa bigamije kwica abanyarwanda b’Abatutsi muri jenoside, isabwa kwirinda kuba yazagwa muri bene uwo mutego wo kwangiriza amafaranga y’abanyagihugu mu bikorwa bigamije guhitana ubuzima bwa bamwe aho kuba ibigamije kuzamura u Rwanda n’abarutuye

Ibi iyi minisiteri yabisabwe na Dr Bizimana Jean Damascene uyobora komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside mu muhango wo kwibuka abatutsi bari abakozi b’iyi minisiteri bishwe muri jenoside yabaye mu mwaka w’1994 aho abari abayobozi bakoresheje amafaranga abarirwa muri miliyari nyinshi bagira intwaro ndetse no mu bindi bikorwa byateguraga jenoside

-6795.jpg

Dr Bizimana Jean Damascene

Dr Bizimana yagaragaje imwe mu mibare y’amafaranga menshi y’igihugu yakoreshwaga mu bikorwa byo kugura intwaro zirimo imbunda n’imihoro byaje gukoreshwa n’interahamwe mu kwica Abatutsi, ibi ngo bikaba byarakorwaga mu buryo bw’ibanga rikomeye aho amafaranga yanyuzwaga muri za ambasade z’ibihugu nka Misiri na DRC

Yagize ati “Ndagaragaza uburyo mu gihe gito igice kinini cy’ingengo y’imari ya leta cyakoreshejwe mu kugura intwaro n’ibikoresho byo kwica abatutsi, uko twagiye tubibona kuri za cheque nke twashoboye, izo souche za Cheque twashoboye kubona zo hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa karindwi 1994 zigaragaza ko ambasade y’u Rwanda mu Misiri hagiyeho amafaranga miliyoni enye, ibihumbi 126 na Magana atatu na cumi y’amadorali y’Amerika (4,126,310 $), aya niyo yiniye muri ayo mezi atatu gusa ayasohotse n’ubundi muri ayo mezi atatu gusa yo ni miliyoni enye, ibihumbi 114 na Magana atanu na mirongo irindwi (4,114,570$) ni ukuvuga ni hafi ayinjiye yose, indi raporo yakozwe uretse izo souche igaragaza ko ayo mafaranga yagendaga akagurwa intwaro aho inyinshi zaguzwe muri Sychelles no mu Bushinwa”

Ibi byose kandi u Rwanda rwabikoraga mu gihe rwari rwarashyizwe muri Embargo yo kutongera kugura intwaro na Loni bitewe n’uko rwari mu mushyikirano na RPF-Inkotanyi, ibi ngo bikaba ari byo byatumye babikora mu ibanga aho bafashwaga n’igihugu cya Kongo.

Dr Bizimana kandi yanatangaje umubare w’Abatutsi bishwe kuko bifasha mu kurwanya abapfobya jenoside usanga bajya mu mibare rusange ngo hishwe abantu hagati y’ibihumbi 500 na 800 ati “kugeza ubu imibare dufite ikeneye kuvugururwa ni iyakozwe hagati y’umwaka wa 2000 na 2004, igaragaza abantu miliyoni imwe n’abantu ibihumbi mirongo irindwi na bine na kumi na barindwi (1,074,017) bazwi amazina, igitsina n’imyaka bari bafite, hari bake batashoboye kumenyekana nk’utwana twitwaga Bebe, Douce,…”

CNLG kandi ivuga ko mu batutsi biswe bose, 53,8% bari bafite munsi y’imyaka 24 y’ubukuru ibintu bigaragaza uburyo abishwe benshi bari urubyiruko.

-6796.jpg

Minisitiri Claver Gatete

Nyuma yo kugaragarizwa iyi mibare y’uburyo imari y’igihugu akoreshejwe hagurwa intwaro, MINECOFIN yatangaje ko nayo ibabazwa no kwishyuzwa amwe mu madeni yaguzwemo izo ntwaro ariko ko umugambi ari uko amahano yagwiriye u Rwanda atazongera kubaho

Minisitiri Claver Gatete yagize ati “Birababaza iyo wishyura amadeni yabyo, twagiye no gusaba ngo imyenda imwe bayivaneho, kujya kwishyura ayo madeni byiyongera kucyo iyo mihoro n’imbunda byakoze ntabwo byoroshye, iyo rero mwumva umukuru w’igihugu cyacu avuga ngo twiheshe agaciro, mu kuri ibyo byakabaye bituma duharanira gukora ngo tugeze igihugu cyacu ahantu heza twifuza”

CNLG ivuga ko imihoro yakoreshejwe muri jenoside yose yaguzwe hifashishijwe abagabo babiri aribo Rwabukumba Seraphin n’umunyemari Kabuga Felicien aho mu gihe cyo hagati y’ukwezi kwa mbere 1993 n’ukwa gatatu 1994 ngo sosiyete Rwandex yatumije imihoro ingana na toni Magana atanu na mirongo inani n’imwe yitwaje ko ari iyo gukoresha muri projet z’ubuhinzi.

2017-06-04
Editorial

IZINDI NKURU

Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Kuki Imyifatire Yazimwe Mu Nzego N’Abantu Muri Uganda Bibangamiye Umutekano W’u Rwanda.

Editorial 22 Feb 2018
Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Abayobora ya mitwe yitwara gisirikari muri Kongo, iyi yibumbiye mu cyiswe ” Wazalendo”, baramaranye, bashinjanya ubugambanyi mu ntambara barwana na M23

Editorial 07 Oct 2023
Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Dr. Rudasingwa asigaye avumwa n’umuhisi n’umugenzi ndetse ngo ahuje imyumvire n’abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga

Editorial 19 Aug 2016
U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe

U Burundi: Umuyobozi mu Mbonerakure yishwe acibwa umutwe

Editorial 20 Sep 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30
POLITIKI

Uganda: Hagiye kubakwa ikigo kizitirirwa se wa Gen Kale Kayihura, John Kalekyezi, witabye Imana ku myaka 30

Editorial 09 May 2018
FIBA Africa U-16 Zone V:  U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania
HIRYA NO HINO

FIBA Africa U-16 Zone V: U Rwanda ruratangirira kuri Tanzania

Editorial 10 Jun 2019
Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko
INKURU NYAMUKURU

Kizito Mihigo arasabira abo yasize mu buroko

Editorial 16 Oct 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru