• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO: Amateka aranditswe, bisabye imyaka 28 ngo Rayon Sports itware CECAFA Kagame Cup ya kabiri mu mateka yayo   |   07 Aug 2026

  • Jambo ASBL yongeye kwerekana ko ari umuvugizi wa FDLR, ntiyifuza ko uyu mutwe wamburwa intwaro ku ngufu   |   07 Aug 2026

  • FERWAFA yahagaritse Imurora Japhet imyaka itanu mu bikorwa byose bya ruhago   |   07 Aug 2026

  • Mukura VS yakiriye umutoza mushya ukomoka muri Serbia   |   06 Aug 2026

  • Abadepite basabye ko inzego zirindwi zakoresheje amafaranga mu buryo budasobanutse zikurikiranwa   |   05 Aug 2026

  • Nyuma y’imyaka 28 Rayon Sports isubiye ku mukino wa nyuma wa CECAFA Kagame Cup   |   05 Aug 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Ubwanditsi 04 Jun 2017 ITOHOZA

Minisiteri y’imari n’igenamigambi mu Rwanda yeretswe uburyo hari amafaranga menshi y’igihugu yakoreshejwe mu bikorwa bigamije kwica abanyarwanda b’Abatutsi muri jenoside, isabwa kwirinda kuba yazagwa muri bene uwo mutego wo kwangiriza amafaranga y’abanyagihugu mu bikorwa bigamije guhitana ubuzima bwa bamwe aho kuba ibigamije kuzamura u Rwanda n’abarutuye

Ibi iyi minisiteri yabisabwe na Dr Bizimana Jean Damascene uyobora komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside mu muhango wo kwibuka abatutsi bari abakozi b’iyi minisiteri bishwe muri jenoside yabaye mu mwaka w’1994 aho abari abayobozi bakoresheje amafaranga abarirwa muri miliyari nyinshi bagira intwaro ndetse no mu bindi bikorwa byateguraga jenoside

-6795.jpg

Dr Bizimana Jean Damascene

Dr Bizimana yagaragaje imwe mu mibare y’amafaranga menshi y’igihugu yakoreshwaga mu bikorwa byo kugura intwaro zirimo imbunda n’imihoro byaje gukoreshwa n’interahamwe mu kwica Abatutsi, ibi ngo bikaba byarakorwaga mu buryo bw’ibanga rikomeye aho amafaranga yanyuzwaga muri za ambasade z’ibihugu nka Misiri na DRC

Yagize ati “Ndagaragaza uburyo mu gihe gito igice kinini cy’ingengo y’imari ya leta cyakoreshejwe mu kugura intwaro n’ibikoresho byo kwica abatutsi, uko twagiye tubibona kuri za cheque nke twashoboye, izo souche za Cheque twashoboye kubona zo hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa karindwi 1994 zigaragaza ko ambasade y’u Rwanda mu Misiri hagiyeho amafaranga miliyoni enye, ibihumbi 126 na Magana atatu na cumi y’amadorali y’Amerika (4,126,310 $), aya niyo yiniye muri ayo mezi atatu gusa ayasohotse n’ubundi muri ayo mezi atatu gusa yo ni miliyoni enye, ibihumbi 114 na Magana atanu na mirongo irindwi (4,114,570$) ni ukuvuga ni hafi ayinjiye yose, indi raporo yakozwe uretse izo souche igaragaza ko ayo mafaranga yagendaga akagurwa intwaro aho inyinshi zaguzwe muri Sychelles no mu Bushinwa”

Ibi byose kandi u Rwanda rwabikoraga mu gihe rwari rwarashyizwe muri Embargo yo kutongera kugura intwaro na Loni bitewe n’uko rwari mu mushyikirano na RPF-Inkotanyi, ibi ngo bikaba ari byo byatumye babikora mu ibanga aho bafashwaga n’igihugu cya Kongo.

Dr Bizimana kandi yanatangaje umubare w’Abatutsi bishwe kuko bifasha mu kurwanya abapfobya jenoside usanga bajya mu mibare rusange ngo hishwe abantu hagati y’ibihumbi 500 na 800 ati “kugeza ubu imibare dufite ikeneye kuvugururwa ni iyakozwe hagati y’umwaka wa 2000 na 2004, igaragaza abantu miliyoni imwe n’abantu ibihumbi mirongo irindwi na bine na kumi na barindwi (1,074,017) bazwi amazina, igitsina n’imyaka bari bafite, hari bake batashoboye kumenyekana nk’utwana twitwaga Bebe, Douce,…”

CNLG kandi ivuga ko mu batutsi biswe bose, 53,8% bari bafite munsi y’imyaka 24 y’ubukuru ibintu bigaragaza uburyo abishwe benshi bari urubyiruko.

-6796.jpg

Minisitiri Claver Gatete

Nyuma yo kugaragarizwa iyi mibare y’uburyo imari y’igihugu akoreshejwe hagurwa intwaro, MINECOFIN yatangaje ko nayo ibabazwa no kwishyuzwa amwe mu madeni yaguzwemo izo ntwaro ariko ko umugambi ari uko amahano yagwiriye u Rwanda atazongera kubaho

Minisitiri Claver Gatete yagize ati “Birababaza iyo wishyura amadeni yabyo, twagiye no gusaba ngo imyenda imwe bayivaneho, kujya kwishyura ayo madeni byiyongera kucyo iyo mihoro n’imbunda byakoze ntabwo byoroshye, iyo rero mwumva umukuru w’igihugu cyacu avuga ngo twiheshe agaciro, mu kuri ibyo byakabaye bituma duharanira gukora ngo tugeze igihugu cyacu ahantu heza twifuza”

CNLG ivuga ko imihoro yakoreshejwe muri jenoside yose yaguzwe hifashishijwe abagabo babiri aribo Rwabukumba Seraphin n’umunyemari Kabuga Felicien aho mu gihe cyo hagati y’ukwezi kwa mbere 1993 n’ukwa gatatu 1994 ngo sosiyete Rwandex yatumije imihoro ingana na toni Magana atanu na mirongo inani n’imwe yitwaje ko ari iyo gukoresha muri projet z’ubuhinzi.

2017-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

ICC izatangira kuburanisha urubanza rwa Al Mahdi mu kwezi gutaha

Ubwanditsi 12 Aug 2016
Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura

Umuyobozi wa MTN Uganda wirukanwe aravuga icyatumye akomeza kuvugana n’Umunyarwandakazi Tabura

Ubwanditsi 13 Apr 2019
Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

Gen Bunyoni yafunguwe kubera Uburwayi bwo mu mutwe na Diyabete ikabije

RUSHYASHYA 11 Mar 2026
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Ubwanditsi 26 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni
HIRYA NO HINO

RDC: FARDC na Monusco byaburijemo igitero cya ADF muri Beni

Ubwanditsi 02 Dec 2018
Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu
INKURU NYAMUKURU

Mbabazwa N’abatibuka Aho Bavuye Nka Sankara, Muzima Na Miheto- Uwacitse ku icumu

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye
Amakuru

Gucika ku icumu rya Jenoside yakorewe Abatutsi, kuba waragize uruhare mu kuyihagarika, warangiza ukifatanya nabayiteguye bakanayishyira mu bikorwa, ni ugutatira igihango kandi gihana kihanukiriye

Ubwanditsi 06 Apr 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru