• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yemeje ko hazatangwa ibikombe bibiri bya shampiyona, bitandukanye n’ibyo FERWAFA yari yatangaje   |   12 May 2026

  • Itangazamakuru si inzira yo gushakiramo amaronko binyuze mu gukora ibyaha, ubutabera bugomba gukora akazi kabwo   |   11 May 2026

  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

 
You are at :Home»ITOHOZA»Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Muri 1994 u Rwanda rwaguze imbunda z’amadolari 4,126,310 n’imihoro toni 581

Ubwanditsi 04 Jun 2017 ITOHOZA

Minisiteri y’imari n’igenamigambi mu Rwanda yeretswe uburyo hari amafaranga menshi y’igihugu yakoreshejwe mu bikorwa bigamije kwica abanyarwanda b’Abatutsi muri jenoside, isabwa kwirinda kuba yazagwa muri bene uwo mutego wo kwangiriza amafaranga y’abanyagihugu mu bikorwa bigamije guhitana ubuzima bwa bamwe aho kuba ibigamije kuzamura u Rwanda n’abarutuye

Ibi iyi minisiteri yabisabwe na Dr Bizimana Jean Damascene uyobora komisiyo y’igihugu yo kurwanya jenoside mu muhango wo kwibuka abatutsi bari abakozi b’iyi minisiteri bishwe muri jenoside yabaye mu mwaka w’1994 aho abari abayobozi bakoresheje amafaranga abarirwa muri miliyari nyinshi bagira intwaro ndetse no mu bindi bikorwa byateguraga jenoside

-6795.jpg

Dr Bizimana Jean Damascene

Dr Bizimana yagaragaje imwe mu mibare y’amafaranga menshi y’igihugu yakoreshwaga mu bikorwa byo kugura intwaro zirimo imbunda n’imihoro byaje gukoreshwa n’interahamwe mu kwica Abatutsi, ibi ngo bikaba byarakorwaga mu buryo bw’ibanga rikomeye aho amafaranga yanyuzwaga muri za ambasade z’ibihugu nka Misiri na DRC

Yagize ati “Ndagaragaza uburyo mu gihe gito igice kinini cy’ingengo y’imari ya leta cyakoreshejwe mu kugura intwaro n’ibikoresho byo kwica abatutsi, uko twagiye tubibona kuri za cheque nke twashoboye, izo souche za Cheque twashoboye kubona zo hagati y’ukwezi kwa kane n’ukwa karindwi 1994 zigaragaza ko ambasade y’u Rwanda mu Misiri hagiyeho amafaranga miliyoni enye, ibihumbi 126 na Magana atatu na cumi y’amadorali y’Amerika (4,126,310 $), aya niyo yiniye muri ayo mezi atatu gusa ayasohotse n’ubundi muri ayo mezi atatu gusa yo ni miliyoni enye, ibihumbi 114 na Magana atanu na mirongo irindwi (4,114,570$) ni ukuvuga ni hafi ayinjiye yose, indi raporo yakozwe uretse izo souche igaragaza ko ayo mafaranga yagendaga akagurwa intwaro aho inyinshi zaguzwe muri Sychelles no mu Bushinwa”

Ibi byose kandi u Rwanda rwabikoraga mu gihe rwari rwarashyizwe muri Embargo yo kutongera kugura intwaro na Loni bitewe n’uko rwari mu mushyikirano na RPF-Inkotanyi, ibi ngo bikaba ari byo byatumye babikora mu ibanga aho bafashwaga n’igihugu cya Kongo.

Dr Bizimana kandi yanatangaje umubare w’Abatutsi bishwe kuko bifasha mu kurwanya abapfobya jenoside usanga bajya mu mibare rusange ngo hishwe abantu hagati y’ibihumbi 500 na 800 ati “kugeza ubu imibare dufite ikeneye kuvugururwa ni iyakozwe hagati y’umwaka wa 2000 na 2004, igaragaza abantu miliyoni imwe n’abantu ibihumbi mirongo irindwi na bine na kumi na barindwi (1,074,017) bazwi amazina, igitsina n’imyaka bari bafite, hari bake batashoboye kumenyekana nk’utwana twitwaga Bebe, Douce,…”

CNLG kandi ivuga ko mu batutsi biswe bose, 53,8% bari bafite munsi y’imyaka 24 y’ubukuru ibintu bigaragaza uburyo abishwe benshi bari urubyiruko.

-6796.jpg

Minisitiri Claver Gatete

Nyuma yo kugaragarizwa iyi mibare y’uburyo imari y’igihugu akoreshejwe hagurwa intwaro, MINECOFIN yatangaje ko nayo ibabazwa no kwishyuzwa amwe mu madeni yaguzwemo izo ntwaro ariko ko umugambi ari uko amahano yagwiriye u Rwanda atazongera kubaho

Minisitiri Claver Gatete yagize ati “Birababaza iyo wishyura amadeni yabyo, twagiye no gusaba ngo imyenda imwe bayivaneho, kujya kwishyura ayo madeni byiyongera kucyo iyo mihoro n’imbunda byakoze ntabwo byoroshye, iyo rero mwumva umukuru w’igihugu cyacu avuga ngo twiheshe agaciro, mu kuri ibyo byakabaye bituma duharanira gukora ngo tugeze igihugu cyacu ahantu heza twifuza”

CNLG ivuga ko imihoro yakoreshejwe muri jenoside yose yaguzwe hifashishijwe abagabo babiri aribo Rwabukumba Seraphin n’umunyemari Kabuga Felicien aho mu gihe cyo hagati y’ukwezi kwa mbere 1993 n’ukwa gatatu 1994 ngo sosiyete Rwandex yatumije imihoro ingana na toni Magana atanu na mirongo inani n’imwe yitwaje ko ari iyo gukoresha muri projet z’ubuhinzi.

2017-06-04
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira  yiyoberanyije

Nyamirambo : Uwari utwaye imodoka y’abacungagereza yishe umuntu ariruka, Polisi imucakira yiyoberanyije

Ubwanditsi 27 Dec 2016
Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano

Umugabo wafashwe asambanya inka yasobanuye icyamuteye gukora amahano

Ubwanditsi 16 Mar 2017
Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Ikinyoma cya Major Michel Mupende na Uganda ku urupfu rwa Gen.F. Rwigyema, Major Peter Bayingana na C.Bunyenyezi

Ubwanditsi 03 Oct 2019
Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Uganda: Se wa Muhammad Kirumira yakuye icyasha ku gipolisi no kuri Gen Kale Kayihura

Ubwanditsi 23 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018
UBUKUNGU

Banki y’Isi yagabanyije igipimo cy’izamuka ry’ubukungu bwa Afurika mu 2018

Ubwanditsi 04 Oct 2018
Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho
IKORANABUHANGA

Tecno yashyize ku isoko telefoni nshya Camon X na Camon X Pro zizanye ikoranabuhanga rigezweho

Ubwanditsi 28 Apr 2018
Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora
POLITIKI

Trump yahaye intego ya miliyoni y’amadolari Warren bashobora guhangana mu matora

Ubwanditsi 06 Jul 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru