• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Museveni aragerageza gusenya Opozisiyo ariko bishobora kutazoroha

Museveni aragerageza gusenya Opozisiyo ariko bishobora kutazoroha

Editorial 04 Dec 2017 POLITIKI

Iyo uvuze Opozisisiyo muri Uganda uba uvuze ishyaka rya FDC ryatangijwe na Col. Kiiza Besigye wahoze ari umuganga wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni bakiri mu ishyamba ngo babohore Uganda.

Besigye ubu ufite umugore, Winie Byanyima, wahoze ari umufasha wa Museveni mu ishyamba, kuva 1980 kugeza 1986, yaje gushwana na shebuja ava mu ishyaka rya NRM riri ku butegetsi, ashinga iryo yise FDC. Yahataniye umwanya wa Perezida wa Repubulika ku itike y’iryo shyaka incuro nyinshi atsidwa, bikarangira agiye mu buroko ariko akongera akarekurwa.

Ubu iryo shyaka rye rya FDC ryari riyobowe na General Mugisha Muntu wahoze akomeye cyane mu gisirikare cya Museveni. Mu mpera ya manda ye  ya mbere y’imyaka itanu ku buyobozi bwa FDC, General Muntu benshi muri iryo shyaka rya FDC bamugaragarizaga yuko batamushira amakenga bavuga yuko agomba kuba ari igikoresho cya Museveno yazanye muri FDC ngo isenyuke !

Mu cyumweru gishize muri FDC hatumijwe amatora yo gushakisha uwasimbura Muntu ku buyobozi bwayo, benshi bahamya yuko ntacyakorerwa muri iryo shyaka Besigye atagihaye umugisha n’ubwo atakigaragara mu nzego z’ubuyobozi bwaryo.

Muri ayo matora General Muntu yaratsinzwe n’amajwi angana na 41 %, naho Patrick Oboi Amuriat wamutsinze abona amajwi angina na 57.6 %. Abandi biyamamarije uwo mwanya ni Moses Byamugisha wabonye amajwi 3 naho Malcom Matsiko abona amajwi 2.

Amakuru yigaragaza n’uko ubu Muntu ari mu migambi yo kuva muri FDC agashinga ishyaka rye rishya, kandi afite abantu batari bake cyane mu buyobozi bw’iryo shyaka azaba ajyanye nabo.

Ariko na none FDC izagumaho kandi izagumana imbaraga zo gukomeza kujegajeza ubutegetsi bwa Museveni, ushyirwa mu majwi yuko ariwe wapanze gahunda zo kugerageza gusenya iyo FDC kutajegajezwa n’ikurwaho rya Gen. Muntu.

Kayumba Casmiry

 

2017-12-04
Editorial

IZINDI NKURU

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Jambo Asbl iragerageza guhungisha Abajenosideri bakwamiye muri Niger

Editorial 04 Aug 2023
Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Nta mahoro y’abajenosideri: Umujenosideri Protais Zigiranyirazo yapfuye yangara, isi nayo yanga umubiri we

Editorial 26 Sep 2025
Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Perezida Kagame yaganiriye n’igikomangoma cya Abu Dhabi ku iterambere ry’ibihugu byombi

Editorial 26 Nov 2017
Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Uganda : Hari abadepite badakozwa ibyo kwiyamamaza kwa Perezida Museveni mu 2021

Editorial 25 Feb 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi
Mu Mahanga

Dr. Rose Mukankomeje umuyobozi wa REMA yatawe muri yombi

Editorial 21 Mar 2016
Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza
ITOHOZA

Nyamasheke: Bamwishe bamukase ijosi bamwambura imyambaro ye barayimuseguza

Editorial 26 Sep 2016
Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi  n’Inda nini.
ITOHOZA

Ni iki gituma amashyaka ya Opposition akomeje gucikamo ibice : Ubusambo, Ubuswa bwinshi, Ubusambanyi n’Inda nini.

Editorial 14 Sep 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru