• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»IMIKINO»Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga

Musore nawe Mukobwa dore inama zifatika zagufasha guhitamo neza uwo muzarushinga

Editorial 23 Feb 2016 IMIKINO

Gushaka umugore cyangwa umugabo niyo ngingo ibaho igomba kwitonderwa. Iyo amahitamo yawe abaye mabi,ubihirwa ubuzima bwawe bwose.

Abantu benshi bakunze kwibaza icyo bagenderaho-bashingiraho mu guhitamo neza umugabo-umugore bazabana.

Uyu munsi turarebera hamwe inama wakurikiza mu gihe ugiye guhitamo neza uwo muzarushinga:

-2239.jpg

1.Baza umutima wawe

Mbere na mbere pfukama ubaze Imana ndetse uyisabe kukwereka no kuguha umufasha ugukwiye. Ubwo Imana iri muruhande rwacu,hakurikiyeho kugisha umutima inama.

Iherere ufate umwanya uhagije wumve niba uhamanya n’umutima wawe . Igisubizo nikiba yego,nta marangamutima ugendeyeho ayo ariyo yose komeza usome intambwe ya kabiri.

2.Wumva wifuje ko mwakora imibonano mpuzabitsina

Iyi ngingo ni imwe muzibanze ugomba kugenderaho. Kurushinga ntibivuga ko muzajya muhora murebana mu maso. Muzajya mugira umwanya uhagije wo gukora imibonano mpuzabitsina(gutera akabariro cyangwa kubaka urugo).

Niba ukunda kwiyumvamo umuriro waka muri wowe,yewe ukaba unanirwa no gusinzira, ni ikimenyetso cyiza ko wahisemo neza uwo mugiye kurushinga. Bitabaye ibyo ntirwaba ari urukundo, bwaba ari ubucuti busanzwe.

Menya ko umunsi gutera akabariro bizaba bitagenda neza cyangwa bidakorwa uko bikwiye mu rugo rwanyu,gucana inyuma,gusenya,ibibazo binyuranye bizaba bikomanaga ku muryango.

Iyi ngingo niyo ahanini abantu benshi bibandaho. Nubwo ari ingenzi, hari ibindi ugomba kwitaho ngo umenye neza niba uwo mugiye kurushinga ari amahitamo meza. Iyi nyita ishingiro ry’urugo.

3.Kumwiyumvamo

Mumaze igihe mukundana . Banza urebe niba umwiyumvamo muri iki gihe. Ese iyo ikibazo kivutse hagati yanyu ubasha kukihanganira? Umwibonamo se nk’umuntu mugiye kumarana ubuzima bwawe bwose usigaje ku isi?

Amarangamutima umwereka ubona ayagusubiza kukigero kimwe n’icyawe cyangwa wenda akurushaho?Niba hari uwo biri hasi cyangwa mudahuje uri mu nzira mbi. Niba muhuje ubona byose ari sawa, soma inama ikurikira.

4.Kubabarira amakosa y’ahahise

Wamuhisemo ngo mubane. Ashobora kuba afite amakosa yakoze mu gihe cyahise. Niba wumva ubasha kuyamubabarira ,ukumva wishimiye ko ugiye kubana nawe utitaye ku hahise, uri munzira nziza.

Ni inshingano wihaye yo kuzamufaha gukosora ibitaragenze neza. Urukundo ntirureba ibyiza gusa. Niwita kubyiza bye nturebe aho agirira intege nke , urukundo umukunda ni urumamo. Ntago ari malayika ni umuntu.

5.Muhuje intego ?

Mu buzima buri wese agira intego n’indoto yifuza kugeraho. Iyo ubonye ugufasha cyangwa ugutera imbaraga mu kugera kucyo wahoze urota biragushimisha.
Ufite intego wihaye cyangwa wifuza kugeraho.

Ubona uwo mugiye kubana-kurushinga azagufasha kugera ku nzozi zawe? Agutera imbaraga mu buzima bwawe bwa buri munsi? Niba ubona ari ikinyuranyo nturi mu nzira nziza. Iteka muzahora muhanganye kuko nyine munyuranya ugushaka.

6.Kuba azi gufata ibyemezo

Niba uri umukobwa, ukaba ugiye gushinga urugo, ugomba kureba niba umusore mugiye kubana azi gufata ibyemezo.

Umugabo niwe uyobora urugo. Agomba kuba adahuzagurika mu gihe cyo gufata ibyemezo bihamye.

7.Kuba azi gushaka ubuzima

Hambere nibwo umugabo ariwe wita ku mibereho y’urugo:Kuruhaharia, kwambika umugore n’abana,..Ariko aho isi igeze ntibyakorohera umuntu umwegutunga urugo.

Amashuri asigaye ahenze, ubukode cyangwa kubaka inzu si ibintu byoroshye,ku isoko ibintu biri kugenda bihenda,..Niba ushaka ko urugo rwanyu ruzakomera kandi rukaba ruhamye, ugomba kureba niba umusore-umukobwa wifuza ko mwarushinga azi gushaka ubuzima. Bityo akaba atazagutererana mu kwita ku rugo kuko ntiwabyishoboza.

8.Umukunzi wawe agukundira uko uri

Mu gihe mumaze mukndana, ugomba kuba waritegereje iyi ngingo. Umuntu ugukunda uko uri ntakabuza mwabana mugashobokana. naho wawundi waje agukurikiyeho amafaranga, umutungo, umuryango ukomeye,..iyo biyoyotse ntimuba mugishobokanye.

9.Yemera amakosa

Mu mitetere ya muntu ntahora ari intungane. Niba iyo akoze amakosa , ayemera akabasha kuyasabira imbabazi, uri mu nzira nzima. Uwo musore-mukobwa niwe ukwiriye kubana nawe.

10. Murizerana kandi murubahana

Kwizerena no kubahana nabyo biri mu nkingi za mwamba zituma umubano ushinga imizi.

Muri iki gihe amakimbirane mu ngo ari kwiyongera. Icyizere gike no kutubahana nabyo biri mu mpamvu zibitera.

Niba umwubaha na we akaba abigira uko , mukongeraho no kuba mwizerana, nayo ni ingingo wagenderaho ukemeza ko muzubaka rugakomera.
Guhitamo nabi uwo muzarushinga ni ikosa abantu benshi bicuza.

Izi nama ni zimwe mu zo

M.Fils

2016-02-23
Editorial

IZINDI NKURU

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Mu mukino ubanza wa 1/2 w’igikombe cy’Amahoro, ikipe ya Rayon Sports irakira APR FC ibura abakinnyi 3 barimo Manishimwe Djabel

Editorial 11 May 2022
Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Amakipe 78 aturutse hirya no hino ku isi agiye guhurira mu karere ka Rubavu muri IFVB Beach Volleyball 2-star World Tour tournament.

Editorial 09 Jun 2021
Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Uwizeyimana Bonaventure abaye umukinnyi wa mbere ukina mu Rwanda wegukanye agace muri Tour du Rwanda, ubwo yashoboraga kugera i Rwamagana ari ku isonga

Editorial 17 Nov 2017
Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura

Editorial 08 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.
ITOHOZA

Twagiramungu Kwihandagaza Akabeshya, Agatanga Amakuru Y’ibyabereye Muri Nyungwe Ari Mu Bubiligi Nyamara Abaturiye Iryo Shyamba N’abarigendamo Ntabyo Babonye.

Editorial 10 May 2019
Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda
Amakuru

Malawi yambuye ubwenegihugu ababarirwa muri 400, biganjemo Abanyarwanda

Editorial 02 Jun 2023
Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN
Amakuru

Ibimenyetso byagaragaje ko Thomas Kamilindi, Ally Youssuf Mugenzi na Etienne Karekezi bari bafite inshingano zo gukwirakwiza ibikorwa bya FLN

Editorial 17 Sep 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru