• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»POLITIKI»Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Nahimana Thomas ntahejwe gutaha mu Rwanda amarembo arakinguye

Editorial 27 Jan 2017 POLITIKI

Ibiro bishinzwe Abinjira n’abasohoka mu Rwanda, byatangaje ku mu goroba wo kuri uyu wa Mbere, ko Padiri Nahima adakumiriwe gutaha mu Rwanda.

Itangazo ry’Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda ryasohotse mu gihe hari hatangiye gutambuka ubutumwa buvuga ko Nahima yazitiwe mu Bubiligi gutaha nk’uko yari yabitangaje ko agera i Kigali ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere.

Umuvugizi w’ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka, Butera Yves, yavuze ko kuwa 22 Mutarama 2017, Ushinzwe abinjira ku Kibuga Mpuzamahanga cya Kigali, yamenyesheje SN Brussels n’izindi ndege ibyerekeye ibyagombwa by’inzira bya Nahimana nk’uko bisanzwe.

Butera yasobanuye ko Nahimana yasabye Visa nk’Umufaransa nyamara yari agifite Pasiporo y’u Rwanda yarangije igihe.

Itegeko rivuga ko buri munyarwanda wese ufite ubwenegihugu burenze bumwe afite inshingano zo kubumenyekanisha muri Ambasade mu gihe kitarenze amezi atatu.

Itegeko ngenga n° 30/2008 ryo ku wa 25/07/2008 ryerekeye ubwenegihugu nyarwanda mu ngingo yaryo ya 37 rivuga ko buri Munyarwanda ufite ubwenegihugu burenze bumwe, ategetswe kubimenyekanisha ku Buyobozi Bukuru cyangwa ku bahagarariye u Rwanda mu mahanga, mu gihe atari mu Rwanda, bitarenze amezi atatu (3) uhereye igihe aboneye ubundi bwenegihugu. Imenyekanisha ryakorewe ku bahagarariye u Rwanda mu mahanga, rimenyeshwa Ubuyobozi Bukuru mu gihe kitarenze ukwezi imenyekanisha rikozwe.

Butera anibutsa ko ubushize bwo Nahima yari yakoresheje Visa ya ba mukerarugendo baza mu bihugu by’Afurika y’Iburasirazuba.

Yongeyeho ko kugeza ubu Nahimana agomba kumenyesha Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka ko afite ubwenegihugu bubiri nk’uko biteganywa n’Itegeko.

Ibiro bishinzwe abinjira n’abasohoka kandi bishimangira ko amarembo y’u Rwanda akinguye, Nahimana yaza nk’undi Munyarwanda wese mu buryo butegenywa n’amategeko, kandi ko na we azi ibisabwa.

-5478.jpg

Padiri Thomas Nahimana


Cyiza D.

2017-01-27
Editorial

IZINDI NKURU

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Adeline Rwigara yavuze uko ibiganiro bye na Kayumba Nyamwasa byahamije ko musaza we Rutabana afitwe na RNC

Editorial 18 Nov 2019
PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

PSD yemeje urutonde rw’abarwanashyaka 80 baziyamamariza kuba abadepite

Editorial 09 Jul 2018
Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Editorial 21 May 2025
Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Bobi Wine n’abambari be bafungiwe ahatazwi nyuma yo kwica umushoferi we

Editorial 14 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo
POLITIKI

Muri NASA hari abifuza yuko Kenya yakongera gutinza  EALA gutangira imirimo yayo

Editorial 07 Dec 2017
Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza
POLITIKI

Uko FPR-Inkotanyi  yafashije Abagore  kwiteza imbere babikesha ubuyobozi bwiza

Editorial 30 Nov 2017
CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia
IMIKINO

CHAN2016:Nigeria yaguye miswi na Tunisia

Editorial 22 Jan 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru