• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Ndayishimiye mu mayira abiri ku ngabo ze ziri muri Congo nyuma yuko Rubaya ifashwe

Editorial 24 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga

Amakuru agezweho ni uko ingabo z’u Burundi ziri mu gihugu cya Congo-Kinshasa aho zaje gufasha ingabo zicyo gihugu guhangana n’umutwe wa M23 zaba zigiye gusubira mu gihugu cyabo kubera impamvu zitandukanye cyane cyane zijyanye nuko ibyo bari biyemeje bananiwe kubigeraho.

Izo ngabo zari mu mutwe w’ingabo z’Akarere k’Afurika y’iburasirazuba zaje kuguma muri icyo gihugu nyuma yuko Tshisekedi asabye ko ingabo z’akarere zirwanya umutwe wa M23 kandi zari zagiye gukurikirana ibikorwa by’iyubahirizwa ry’amasezerano ya Luanda na Nairobi, abakuru b’akarere bamwibutsa ko ataribwo butumwa bwabajyanye arazisezerera.

Perezida Ndayishimiye yari yemeje Tshisekedi ko ingabo ze zonyine zahangana n’umutwe wa M23 nawe akabahemba amafaranga menshi. Kuri Tshisekedi amafaranga si ikibazo yahise abyumva vuba ariko ibyari mu magambo bitandukanye n’ibyabereye ku rugamba.

Ingabo z’u Burundi zabanje guhura n’ikibazo gikomeye ubwo zamburwaga umusozi wa Muremure utuma ucunga inzira yose zimanuka muri Kivu y’amajyepfo nyuma yo kuwamburwa na M23. Byabaye ibindi ubwo ingabo z’u Burundi zateguraga igikorwa cyo kuwisubiza maze barahatikirira ku bwinshi abandi bafatwa mpiri.

Kugeza ubu Ndayishimiye aracyihakana abasirikari be bafatiwe ku rugamba ndetse n’abishwe, Abarenga 400 banze kongera gusubira k’urugamba maze basubizwa iwabo barafungwa bakaba bashinjwa ubugambanyi.

Ibintu byaje kuba ibindi ubwo M23 yafataga Rubaya n’ibirombe biyikikije yari irinzwe n’Abarundi maze Tshisekedi abibutsa ko ariho amafaranga abahemba yavaga kandi bari bamwereye ko aribo bazajya bahacukura.

Ingabo z’u Burundi kandi zari zizi ko zije gufatanya niza Congo zizwi nka FARDC, n’imitwe yitwaje intwaro Wazalendo, ariko bisangaga aribo bonyine ku rugamba kuko FARDC yabaga yayabangiye ingata iyo urugamba rwakomeraga.

Ikindi imiryango y’abasirikari b’Abarundi baguye muri Congo bari batangiye gusaba imirambo y’abana babo abandi bagasaba ko abafashwe barekurwa dore ko banyujijwe mu itangazamakuru ku buryo bw’amashusho.

Ndayishimiye nk’umugaba mukuru w’ikigwari yarabihakanye abita ko ari ingabo za RED Tabara zaje gufasha M23. Ingabo z’u Burundi nta gihe na kimwe zigeze zisubiza inyuma iza M23 ahubwo bo batabaza bavuga imibereho mibi ku rugamba bagasaba gusubizwa iwabo kuko batumva impamvu bari muri iyo ntambara.

Tshisekedi yasabye Mugenzi we Ndayishimiye ko yaba yihanganye ingabo ze zikaguma ku rugamba nubwo hari ikibazo cy’amafaranga. Ingabo za Wazalendo n’izu Burundi nazo zisiganira kurwana zivuga ko Abarundi bahembwa menshi aribo bakwiye kurwana.

Kuri ubu biravugwa ko Tshisekedi yakusanyije ingabo zose ziri hirya no hino mu gihugu ngo zize kurwanya M23, ariko se yaba azi ko intambara irwanwa n’impamvu atari umubare w’abasirikari?

Kuri ubu amakuru ava muri Kivu nuko ingabo z’u Burundi nazo zabaye indorerezi zitagishishikajwe n’imirwano ahubwo zishaka gusubira iwabo. Mu mwaka umwe izo ngabo zahinduriwe abayobozi inshuro enye zose ariko nta musaruro byatanze. Kandi abavaga muri Congo bahitaga bafungwa.

Iyi ntambara u Burundi bwishoyemo ntabwo bwayitekerejeho kuko batwawe n’amarangamutima y’amafaranga Tshisekedi yabemereye ntibashaka amakuru y’ubutasi ku mutwe wa M23 bari bagiye kurwanya.

Urwishigishiye ararusoma.

2024-05-24
Editorial

IZINDI NKURU

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Jambo asbl yigize umuvugizi wa Leta y’Ububiligi kuva ryari?

Editorial 21 Dec 2023
Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Ingabo za Twagiramungu zishiriye ku icumu : Col.Akuzwe Fidel alias Artemond wari ukuriye icungamatungo muri FLN yatawe muri yombi

Editorial 06 Dec 2019
Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi  witabye Imana bitunguranye

Ukuri k’urupfu rwa Depite Nyandwi Desire ukomoka mu ishyaka RPF-Inkotanyi witabye Imana bitunguranye

Editorial 14 Oct 2016
Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi

Kizza Besigye utavuga rumwe n’ubutegetsi muri Uganda yatawe muri yombi

Editorial 23 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994
ITOHOZA

Dr Gerard Gahima yandagaje bamwe mu bashaka gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994

Editorial 24 Jun 2017
Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside
Mu Rwanda

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Editorial 09 Aug 2017
Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal
Amakuru

Amakipe ya Ntagengwa na Gatsinzi ndetse n’iya Munezero na Benita begukanye irushanwa rya Beach Volleybal

Editorial 05 Nov 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru