• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

  • Bombori bombori hagati ya Kayumba Placide na Pierre Celestin Rwalinda wamusimbuye ku buyobozi bwa FDU Inkingi   |   15 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ibyo u Bwongereza busaba u Rwanda kugirango bwohereze abakekwaho uruhare muri Jenoside

Ubwanditsi 09 Aug 2017 Mu Rwanda

Igihugu cy’u Bwongereza n’u Rwanda bikomeje kujya impaka ku kibazo cy’Abanyarwanda babiri bakekwaho uruhare muri jenoside iki gihugu cyarekuye ndetse n’icy’abandi batatu urukiko rwanze kohereza kuburanishwa mu butabera bw’u Rwanda. U Bwongereza bukaba bukomeje gushimangira ko aba batatu bagomba kuburanira mu Bwongereza, bitaba ibyo, bakazahabwa abunganizi b’abanyamahanga bazabunganira mu nkiko zo mu Rwanda.

Usibye ibi, u Bwongereza buranasaba ko ubutabera bw’u Rwanda bwazemera ko mu bacamanza bazakurikirana aba bantu hagomba kubamo umwe w’umunyamahanga mbere y’uko u Rwanda rwohererezwa aba bantu batatu bakekwaho uruhare muri jenoside.

Mu cyumweru gishize, Urukiko Rukuru rw’u Bwongereza rwarekuye Celestin Mutabaruka na Emmanuel Nteziryayo, babiri mu bantu batanu bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bari ku butaka bw’u Bwongereza.

-7521.jpg

UK Supreme Court.

U Bwongereza bukaba buvuga ko aba babiri baciriwe imanza badahari mu nkiko gacaca. Ngo kubagarura rero ngo byaba binyuranyije n’amahame mu Cyongereza bise ‘double jeopardy’ abuza ko ushinjwa icyaha yongera kuburanishwa ku byaha bimwe cyangwa agahanwa kabiri ku cyaha kimwe.

Celestin Mutabaruka yari umuyobozi w’ikigo gishinzwe gucunga amashyamba muri Musebeya, mu gihe Nteziryayo yari Burugumesitiri w’icyahoze ari Komini Mudasomwa mu majyepfo y’u Rwanda.

Urukiko mu Bwongereza rwavuze ko abandi batatu, ari bo; Vincent Bajinya (Alias Vincent Brown), Charles Munyaneza na Celestin Ugirashebuja, bashobora kudahabwa ubutabera baramutse boherejwe mu Rwanda, ariko ngo kubohereza bikaba bishoboka gusa mu gihe habaho impinduka mu nzego z’ubucamanza z’u Rwanda.

Muri izi mpinduka zisabwa n’ubutebaera bw’u Bwongereza nk’uko The East African dukesha iyi nkuru ikomeza ivuga, harimo gutera inkunga ibikorwa by’iperereza, guhagararirwa kw’aba mu rukiko n’abunganizi bafite ubunararibonye kandi b’abanyamahanga aho bikenewe.

Abakurikiranira hafi ibintu bavuga ko ibyo bibiri bishobora kwemerwa n’u Rwanda byoroshye, ariko icya gatatu cy’uko mu nteko iburanisha hagomba kubamo umucamanza w’umunyamahanga byo ngo ntibizoroha.

Impuguke Dr Phil Clark, wakurikiranye iki kibazo, akaba yarabwiye urukiko mu Bwongereza ko u Rwanda rwafata ubu busabe nko kuvogera ubusugire bwarwo n’umuco warwo wo kwikemurira ibibazo. Dr Clark akaba yibaza impamvu y’ubu busabe bw’urukiko mu Bwongereza.

-7522.jpg

Uyu akaba yemeza ko ubutabera bw’u Bwongereza bwo budashobora kwemera kubona abacamanza b’abanyamahanga bicaye mu nkiko z’iki gihugu.

Ku rundi ruhande, Guverinoma y’u Rwanda yakomeje gushimangira ko byagirira akamaro Abanyarwanda kubona aba bakekwaho ibyaha baburanishirizwa aho babikoreye bakabasha kwikurikiranira uko ubutabera butangwa.

Ubutabera bw’u Bwongereza rero bukaba bwahaye u Rwanda igihe ntarengwa cyo kugaragaza ko rwiteguye kubahiriza ibyo rusabwa bitarenze kuwa 18 Kanama 2017 ku isaha ya saa kumi.

2017-08-09
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Polisi y’u Rwanda yatangije ibikorwa by’ Isabukuru yayo ya 17

Ubwanditsi 17 May 2017
Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Hifujwe ko Anne na Diane baburana ukwabo na nyina ukwe

Ubwanditsi 13 Oct 2017
Nyabihu: Visi Meya Mukansaga, washinjijwe kwanga urumuri rw’icyizere, yeguriye rimwe n’umuyobozi w’akarere, Uwanzwenuwe

Nyabihu: Visi Meya Mukansaga, washinjijwe kwanga urumuri rw’icyizere, yeguriye rimwe n’umuyobozi w’akarere, Uwanzwenuwe

Ubwanditsi 11 May 2018
Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia bifatanyije n’Abaturage mu muganda

Ubwanditsi 29 Apr 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda
Mu Rwanda

Iya 9 Gicurasi 1994: Amerika yanze kohereza ingabo mu Rwanda

Ubwanditsi 09 May 2018
Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD
Mu Mahanga

Umuco wa Nkombo, umwihariko washimishije abitabiriye FESPAD

Ubwanditsi 04 Aug 2016
New- RNC na RNC Ishaje :  Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

New- RNC na RNC Ishaje : Mu bikorwa bipfobya bikanahakana Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 16 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru