• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

“Ndigabo” ya Ramaphosa itumye abasirikari igihumbi ba SADC bahera mu biganza bya M23

Editorial 17 Feb 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Gutsinda intambara ni ubutwari, ariko no kwemera ko watsinzwe si ubugwari. Ibi rero abarwana ku ruhande rwa Tshisekedi ntibabikozwa ngo bacishe make, kandi ibibera ku rugamba byerekana ko mu by’ukuri bari habi cyane.

Dore nk’ubu kwihagararaho kwa Perezida Ramaphosa w’Afrika y’Epfo kudafite ishingiro, gutumye abasirikari babarirwa mu gihumbi(1.000) bari mu butumwa bwa SADC muri Kongo, n’ubu bakiri ingwate z’umutwe wa M23, nk’uko byemezwa n’ibitangazamakuru mpuzamahanga birimo n’ibizwi ko bibogamiye kuri Leta ya Kongo.

Abo basirikari babaye ingaruzwamuheto kuva mu mpera z’ukwezi gushize, ubwo M23 yigaruriraga umujyi wa Goma. Biganjemo abakomoka muri Afrika y’Epfo, abava muri Tanzaniya na bake bo muri Malawi.

Abo bose barunze ku kibuga cy’indege cya Goma, ariko ibikoresho byabo bya gisirikari, birimo kajugujugu, ibimodoka byinshi by’intambara n’ibibunda birasa imizinga, bikaba byarageze mu bubiko bw’intwaro bwa M23.

Nubwo badafite ikibazo cy’ibyo kurya no kunywa, kuko buri munsi M23 ibagemurira ibiribwa, amazi ndetse bakaba bafite n’abaganga babitaho, abo basirikari ntibabura kwibaza ku iherezo ryabo.

Mu byifuzo byabo, abo basirikari basaba ibihugu byabo kubacyura, cyane ko n’ubundi batazi icyo bari baje kurwanira. Ikibazo rero, bazataha banyuze he ko ikibuga cy’indege cya Goma gifunze, ndetse n’icya Kavumu muri Kivu y’Amajyepfo bakoreshaga bazana ibikoresho n’abandi barwanyi, nacyo cyamaze gufatwa na M23?

Amakuru avuga nyuma yo kugerageza kubabohoza ku ngufu ariko M23 ikabereka ko ari inzozi zidashoboka, ibihugu byabo, by’umwihariko Afrika y’Epfo, byaratakambye ngo ikibuga cy’indege cya Goma gifungurwe, maze abo basirikari n’ibikoredho byabo babone aho banyura bataha. Ubwo busabe M23 yarabwanze, kuko yabukekagamo umutego. Birashoboka ko abo yafataga nk’imfungwa z’intambara zitashye, zari kuba zibonye ubwinyagamburiro n’amahirwe yo gutangira urugamba bundi bushya.

Ubundi buryo bwabafasha gutaha, ni ukunyura mu Rwanda nk’uko byagenze ku bacancuro barwaniriraga Tshisekedi bakaza gufatwa mpiri. Bahawe inzira mu Rwanda, ubu ndetse bamaze no kwigerera iwabo muri Roumania.

Ni nako byagenze kandi ubwo imirambo y’abasirikari ba SADC baguye ku rugamba, yoherezwaga mu bihugu bakomokamo inyuze ku butaka bw’uRwanda.

Aha naho haracyarimo akabazo gashingiye gusa ruri ” ndi igabo” y’ibyo bihugu, bitumva ukuntu abasirikari babyo banyura mu Rwanda bubitse umutwe, cyane cyane ko n’ubu batemera ko ari M23 yabatsinze, ko ahubwo ari ingabo z’uRwanda. Bumva rero kuhanyura nk’ingabo zatsinzwe zidohorewe n’abazitsinze, byaba ari uguseba bwa kabiri!

Ibyo bihugu kandi bisaba ko abasirikari batahana n’ibikoresho byabo, kuko mu gihe barabasha no gusobanurira abaturage iby’urupfu rw’abaguye ku rugamba, batumva uko noneho bazasobanura uburyo indege z’intamaba n’ibitwaro bifite agaciro k’amamiliyoni y’amadolari nabyo byasigaye mu maboko y’inyeshyamba!

Ko nshimye se u Rwanda rwabemerera gutambutsa abo basirikari batsinzwe, rwanabemerera kuhanyuza ibitwaro bya rutura, bivuye gutsemba inzirakarengane z’Abakongomani?

Aha rero niho abasesenguzi bemeza ko umuti w’ibi byose ari ukurangiza intambara binyuze mu biganiro. Uyu waba ari n’umwanya uvugirwamo uko imfungwa z’intambara zahererekanywa. Bitabaye ibyo, igitutu cy”Abakongomani batangiye kubona ko Leta yabo idashoboye intambara, ndetse n’icy’abaturage b’ibihugu byohereje abasirikari muri Kongo, kizarusho gushyira Tshisekedi n’abamushigikiye aharindimuka.

Gutsinda intambara ni ubutwari, ariko no kwemera ko watsinzwe ai ubugwari!

2025-02-17
Editorial

IZINDI NKURU

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Uko Museveni, Kayumba na Rudasingwa bakina umukino w’ubucabiranya bigira nyoni nyinshi

Editorial 12 Jul 2019
CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

CNDD FDD yafashe icyemezo cyo gusenya urwibutso rushyinguyemo inzirakarengane 166 z’Abanyamulenge zishwe muri 2004 mu Gatumba

Editorial 23 Dec 2020
Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Nshimiyimana Amran wari umaze imyaka ibiri muri Rayon Sports yerekeje muri Musanze FC, Umutoza Nshimiyimana Maurice uzwi nka Maso agirwa umutoza wungirije

Editorial 26 Aug 2021
Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Inzoka zatumye Perezida wa Liberia yimuka mu biro bye

Editorial 20 Apr 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe
INKURU NYAMUKURU

FARDC yavumbuye ububiko bw’intwaro za FDLR na RUD Urunana nyuma yo kwivugana abayobozi b’iyo mitwe

Editorial 13 Nov 2019
Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi
Amakuru

Mu mukino wa gishuti Amavubi yatsinze iya Sudan 1-0, FERWAFA na Muhadjiri basaba imbabazi

Editorial 20 Nov 2022
Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Umurambo wa Dr Dusabe wiciwe muri Afurika y’Epfo ugiye kuzanwa mu Rwanda

Editorial 19 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru