• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana   |   01 Aug 2026

  • APR FC, Rayon Sports, Police FC na Kiyovu SC zizakina FERWAFA Super Cup 2026 yari isanzwe ikinwa n’amakipe abiri   |   01 Aug 2026

  • Rutahizamu Byiringiro Lague agiye kwerekeza muri Afurika y’Epfo aho yitegura gutangira akazi mu ikipe ya Durban City FC   |   31 Jul 2026

  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»New York : Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye

New York : Ijambo Perezida Kagame yagejeje ku nama rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye

Ubwanditsi 21 Sep 2017 POLITIKI

Perezida Kagame Paul yagejeje ijambo ku bitabiriye Inama Rusange ya 72 y’Umuryango w’Abibumbye ihurije hamwe abakuru b’ibihugu ndetse n’abayobozi bakuru b’imiryango mpuzamahanga I New York.

Perezida Kagame yahamagariye ibuhugu bigize Umuryango w’Abibumbye gushyigikira Umunyamabanga Mukuru wawo mu migambi ye yo guhindura uyu muryango ukagira imikorere yita ku nyungu z’abawuhuriyemo bose.

Yagize ati ” Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye akwiye umusanzu wacu kugira ngo ageze uyu muryango ku ntego, ndetse unashingire ku mpinduka.

Dufite ibikenewe kandi ni inshingano yacu guhangana n’ibibazo byugarije isi, uhereye ku mihindagurikire y’ikirere, kubaka amahoro arambye, uburinganire mu bantu ndetse n’iterambere, aho tutaragera ku rwego rwo gukora ibikenewe.”

Perezida Kagame yavuze ko nkuko bigaragara kugeza ubu, Umuryango w’Abibumbye utarashobora gukora ibyo abawugize bawutegerejeho.

Yagize ati ” Buri mwaka, Umuryango w’Abibumbye ugenera amamiliyari y’amadorari ibikorwa by’ubutabazi. Uyu muryango utanga urubuga ku masezerano mpuzamahanga akomeye ndetse unashyiraho gahunda rusange irebana n’ibibazo by’ingenzi bishingiye kuri za politiki, uhereye ku iterambere ukageza ku burenganzira bw’abagore.

Ibi ni ibimenyetso by’umuryango ukenewe kandi unashoboye. Ariko na none, hakaba indi myumvire ivuga ko Umuryango w’Abibumbye utari kugera kubyo tuwutegerejeho kandi dukeneye.”

Avuga ku mavugurura yatangijwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye agamije by’umwihariko gushakira umuti ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’irikorerwa abana, Perezida Kagame yagize ati “ Bimwe mu byo ikibazo gishingiyeho harimo: Ikizere gike ndetse no kubaza abayobozi ibyo bashinzwe ku rwego rudahagije biranga imiyoborere mpuzamahanga.

Kugira ngo Umuryango w’Abibumbye ugere ku rwego rwo gutuma abantu bose babaho ubuzima bakwiriye, ukwiye kubaha abantu no kubafata kimwe ndetse no gucunga neza umutungo wawo. Ikoreshwa nabi ry’uyu mutungo si ikibazo gishingiye ku bitangazwa, ahubwo ni ikibazo kiriho kandi kigomba guhagurukirwa.”´

Perezida Kagame yavuze ko hashingiwe kuri aya mavugurura, Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bwa Afurika izashobora gukorana neza, by’umwihariko mu birebana no kubungabunga amahoro, urwego iyi miryango yombi isanzwe ikoranamo neza mu bihugu byinshi muri Afurika.

Perezida Kagame yanahamagariye ibihugu bigize Umuryango w’Abibumbye kwemeza amasezerano ya Kigali agamije kugabanya ingaruka ziterwa n’imihindagurikire y’ikirere azwi nka “Kigali Amendment to the Montreal Protocol”. Akaba yavuze ko aya masezerano azafasha ibihugu gushyira iherezo ku ikoreshwa ry’ibyuka bihumanya ikirere.

-8038.jpg

Inama rusange ya Loni

2017-09-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire

RUSHYASHYA 15 Jan 2026
“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

“Bamaze imyaka 30 batubeshya ngo barashaka gukemura ikibazo cya FDLR, kandi bifuza ko gihoraho ngo kibageze ku nyungu zabo”- Perezida Kagame

Ubwanditsi 15 Aug 2024
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

RUSHYASHYA 01 Aug 2026
Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma

Ijambo ry’Umwami Kigeli V muri ibi bihe by’icyunamo Mata 2016. Ni iki kiryihishe inyuma

Ubwanditsi 14 Apr 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda
Mu Rwanda

Umuyobozi wa FERWAFA yasabye imbabazi Abanyarwanda

Ubwanditsi 24 Mar 2017
‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa
ITOHOZA

‘Jenoside yakorewe Abahutu’: Iturufu rya Rudasingwa

Ubwanditsi 21 Sep 2016
Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi
ITOHOZA

Kwataka Perezida Ni Nko Gukina N’umuriro- Uvugira Umuhungu Wa Museveni, Gen Muhoozi

Ubwanditsi 22 Aug 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru