Komisiyo y’amatora ya FERWAFA yatangaje urutonde ntakuka rw’abemerewe kwiyamamaza mu matora ya Komite Nyobozi ya FERWAFA ateganyijwe ku wa 30 Kanama 2025, aho Ngoga Fabrice ari we mukandida rukumbi ku mwanya w’umuyobozi mukuru.
Ibi byemejwe hashingiwe ku mategeko shingiro ya FERWAFA, nk’uko yemejwe n’Inteko Rusange yo ku wa 3 Gicurasi 2025, cyane cyane mu ngingo yayo ya 59, agace ka mbere, kavuga ko Komisiyo y’Amatora ari yo ifite inshingano zo gutunganya no kugenzura amatora hakurikijwe amategeko agenga amatora ya FERWAFA.
Nyuma y’uko Bwana Hunde Rubegasa Walter yandikiye Komisiyo y’Amatora ku wa 25 Nyakanga 2025 asaba gukura kandidatire ye n’urutonde yari ayoboye, hashingiwe ku ngingo ya 11, igika cya 3, agace ka (c) k’amategeko agenga amatora yemejwe ku wa 29 Ukwakira 2017, urutonde rwose rwahise ruba imfabusa.
Ibaruwa yanditswe ku wa 29 Nyakanga 2025 na Bwana Rurangirwa Louis na Bwana Ngendahayo Vedaste isaba gutesha agaciro urutonde rw’abakandida bayobowe na Ngoga Fabrice, yateshejwe agaciro na Komisiyo y’Ubujurire, hashingiwe ku ngingo ya 26, igika cya 5 cy’amategeko agenga amatora, ivuga ko ibyemezo bya Komisiyo y’Ubujurire ari ntakuka kandi bidashobora kujuririrwa.
Bityo, Komisiyo y’Amatora yemeje ko Ngoga Fabrice ari we mukandida rukumbi ku mwanya w’Umuyobozi wa FERWAFA.
Amatora y’abagize Komite Nyobozi ya FERWAFA azaba ku wa 30 Kanama 2025.
Urutonde ruyobowe na Bwana SHEMA NGOGA Fabrice nirwo rwemerewe kwiyamamaza:





