• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imbere y’akanama k’Umuryango w’Abibumbye, Amerika yamaganye imikoranire ya FARDC n’imitwe yitwaje intwaro harimo na FDLR   |   31 Mar 2023

  • Ikinyamakuru Le Monde cyagarutse ku nterahamwe zicyidegembya mu Bufaransa   |   30 Mar 2023

  • Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina   |   30 Mar 2023

  • Amavubi yaguye miswi na Benin ku mukino wa kane wo mu itsinda L wogushaka itike y’igikombe cya Afurika 2023   |   29 Mar 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   29 Mar 2023

  • INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA   |   29 Mar 2023

 
You are at :Home»Amakuru»‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

‘Imana y’ I Rwanda mu Buhinde’-Prof. MALONGA Pacifique

Editorial 26 Oct 2016 Amakuru

Abanyarwanda bafite imvugo igira iti “Imana yirirwa ahandi igataha mu Rwanda”. Iyi mvugo isa kuri bamwe ndetse benshi cyane cyane urubyiruko nkaho idasobanutse cyangwa yataye agaciro. Iyi mvugo ifite ireme rikomeye nuko abagombye kuyisobanura ndetse n’iyindi migani bisaziye cyangwa bahugiye mu bindi.

Ariko reka mbibabwire!

Nibyo koko hari imvugo nyinshi n’imigani yataye agaciro, itakigana akariho ahubwo y’impitagihe, urugero:

Ababiri bishe umwe! Oya, gira uti “Ababiri bakize umwe”.

Impamba itazakugeza I Kigali uyirira ku Ruyenzi! Oya, Umunyagisaka ajya I Kigali ntiyaba akinyuze ku Ruyenzi, wenda yayirira I Nyagasambu.

Inda ibyara mweru na muhima! Oya, si uko uvugwa ahubwo ugira uti “Inda ibyara mwiru na muhima”.

Reka tugaruke ku Mana y’I Rwanda.

Ese koko Imana y’I Rwanda ibaho? Yego. Irara he se? Reka mpakubwire. Cyera abanyarwanda ntibari bazi ko hari ayandi mahanga, ayandi moko, abandi bantu, izindi ndimi; icyo batazi cyose bakitaga amahano, akaga, ikimanuka, amarozi, akateye, imizimu n’ibindi. Ababaga batuye hagati y’imisozi, mu mibande no mu bisiza nko mu Rwubika rwa Tongati n’inyuma ya Nzaratsi bati “Ni igihu cya Nyantango” n’ibindi.

Imana ikaruta imandwa ikaruta n’imanzi, abantu bakayambaza byakomeye igatabara, bakira bati “Ntiyari ihari, yari yiriwe ahandi tutayibona none iratashye iwacu I Rwanda natwe turishimye, kuko ibibazo byabaga bikomeye byabonye ibisubizo.

Aho abanyarwanda baboneye abazungu cyangwa se abafite uruhu rwera n’abandi bantu bafite uruhu rwirabura ariko batabyina nkabo, batazi umwirongi, batazi ikembe, inanga, iningiri, amahamba, ibyivugo ndetse n’ururimi bakumva si urwabo bakabita abanyamahanga, hari nabo bitaga Ibimanuka.

Amadini

Amadini aho agereye mu Rwanda rwagutse, yazanye ubundi buryo bwo kuraguza, guterekera, kubandwa ariko wareba neza ugasanga nta mana yindi bazanye kuko abenshi ntayo bari bazi, ntaniyo bari bafite ndetse ntaniyo bemeraga, n’imiti ni uko.

Imiti

Abanyamahanga bazanye imiti yabo, baca iya gakondo nubwo ikigeragezwa hamwe na hamwe. Aho abazungu batinjiye cyane mu mitekerereze nko mu Buhindi, muri Aziya nagiyeyo ndetse rwose nkorerayo ubushakashatsi kuko nasanze bamwe mu bayobozi bakuru mu Rwanda, abacuruzi, abakungu ndetse n’abagerageza kwigira no kurwana ku magara yabo; iyo byanze birukira I Nairobi, Afurika y’epfo no mu Buhindi kugira ngo barebe ko bakiza amagara yabo cyangwa ababo noneho bakajya gushakirayo ya mana y’I Rwanda.

Wari uzi ahitwa HYDERABAD, India cyangwa mu Buhindi? Aha nagezeyo nsanga hari ibitaro bikomeye byiza cyane kandi bidahenze ndetse bifite abaganga n’imiti bidahenze. Ibitaro byitwa YASHODA Hospital, bimaze kuvura abanyarwanda benshi kandi utamenya igihe bagendeye n’igihe bagarukiye.

Aha Yashoda Hospital, nagiyeyo nganira n’abantu benshi bahaza bahakiriye n’abanyeshuli benshi biga mu Buhindi bakaba barandahiye bambwira n’abanyarwanda bahaza kuhivuriza, ibikomerezwa, abaciriritse upfa kubona ikihakugeza ukaba uhuye n’icyo abo basore n’inkumi bise igitangaza n’imana y’I Rwanda mu buhindi.

Aha ntabwo nifuje kubaha amazina y’abo bantu bahaboneye umugisha, amahirwe ndetse ubuzima bwabo n’amagara yabo akagaruka nabo bakifatira indege bakigarukira I Rwanda ariko uwashaka azambaze nzamurangira ngendeye kubyo nabonye jyewe ubwanjye, ari n’ibyo nabwiwe n’abanyeshuli bahize b’inkwakuzi cyane kandi bazi kubana, nzanababwira ingero z’abahivurije bari bagiye basezeye, bihebye bakagaruka bakize ndetse n’abirataga bagakomeza kwirata ko bahuye n’Imana y’I Rwanda, cyakora ntimuzandondoze nka ya ndirimbo iti “Oya wimbaza mama . . . “

Ahasigaye ni ahanyu basomyi naho Jyewe nk’umwana w’umutambyi nzabasengera k’Uwiteka, uzanshaka azambaze.

-4484.jpg

Prof. MALONGA Pacifique
Umwana w’Umutambyi ukubutse Hyderabad, India.

2016-10-26
Editorial

IZINDI NKURU

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Ubugome bwa ruharwa Dr Vincent Bajinya mbere no mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi bwashyizwe hanze

Editorial 29 Nov 2022
Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Abicanyi baracyacura lisiti y’abo bise Abatutsi, nk’uko babikoze bategura Jenoside yakorewe Abatutsi. Bararota ko bagifite ubushobozi bwo kubagirira nabi?

Editorial 07 Dec 2020
Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Mu Rwanda tudakomeje Kubahiriza Ingamba Guma mu Rugo Rusange Irashoboka Cyane Tuyikururiye – Minisitiri Busingye

Editorial 18 Aug 2020
Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Nyuma y’igikorwa cyagizwe ubwiru kugeza ku munota wa nyuma cyo gufata umuterankunga wa Jenoside Kabuga Felicien, u Bufaransa bwaba bugiye gushyira inyandiko zabwo kuri Jenoside ahabona

Editorial 06 Jun 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

Abantu nibareke kwitiranya igitutu na dipolomasi mu irekurwa rya Paul Rusesabagina

30 Mar 2023
Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

Abahinzi bo mu turere 13 bagiye gufashwa n’umushinga “Hinga wunguke uzabafasha kwiteza imbere ndetse no kwagurirwa isoko ry’umusaruro wabo

09 Mar 2023
Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

Ruswa ikomeje guhagama bamwe mu Badepite bo mu Burayi.

03 Feb 2023
Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

Abashinja u Rwanda gufasha umutwe wa M23 birengagiza ibibonwa na buri wese, bagahitambo guhimba ibyo badafitiye gihamya.

27 Dec 2022
Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

Perezida wa Kongo, Félix Tshisekedi, yakwepye inama yigaga ikibazo cy’umutekano muke mu gihugu cye

15 Dec 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

Ruhango: Umuryango Twubake Ubumwe n’Ubwiyunge watanze Noheli ku barokotse Genocide yakorewe Abatutsi batishoboye

23 Dec 2022
Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

Ariko noneho ni akumiro. Mu itangazo rikubiyemo ingingo zivangavanze, abajenosideri bo muri FDLR ngo barashaka imishyikirano na Leta y’u Rwanda!

29 Nov 2022
Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

Uhagarariye Kongo-Kinshasa muri LONI yavuze ko u Rwanda rwiba ingagi n’inguge zicyo gihugu mu nama yigaga ikibazo cy’intambara muri Ukraine

13 Oct 2022
“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

03 Oct 2022
Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

Burya si buno, ibigarasha n’abajenosideri mubimenye: Ntimuzigera murusha ubwinshi n’imbaraga abahagurukiye kubaka uru Rwanda

03 Oct 2022
Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

Christine Uwizera Coleman, umupasitori wanywanye na Sekibi. 

20 Sep 2022
Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

Urunturuntu mu ishyaka rya Depite Frank Habineza uri mu nzira zo kwivuguruza kumagambo asabira ibiganiro imitwe y’iterabwoba

07 Sep 2022

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru