• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Niduhitamo guhangana, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza –Perezida Kagame

Editorial 05 Nov 2016 Mu Mahanga

Perezida Kagame yasabye abayobozi gushyira hamwe bakaguma mu murongo mwiza, bakirinda guhangana kugirango badaha urwaho abatifuriza u Rwanda ibyiza.

Umukuru w’Igihugu yabivugiye mu gitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Unity Club umaze ushinzwe wabaye ku mugoroba wo kuwa Gatanu tariki 4 Ugushyingo 2016, muri Kigali Convention Centre.

Iki gitaramo cyanitabiriwe na Madamu Jeannette Kagame, Umuyobozi w’ikirenga wa Unity Club wanayihaye icyerekezo, abayobozi bahoze muri Guverinoma, abayirimo n’abo bashakanye ndetse n’abandi batumirwa barimo abayobozi b’intara n’ab’Uturere.

Umuryango Unity Club Intwararumuri washinzwe mu 1996, kugira ngo utange umusanzu mu kwimakaza ubumwe n’amahoro byo nkingi y’iterambere rirambye.

Mu mpanuro yagejeje ku bitabiriye icyo gitaramo, Perezida Kagame yashimiye abagize igitekerezo cyo gushyinga Umuryango Unity Club, nk’urubuga abantu bahuriramo bakaganira ku mateka y’u Rwanda bakayakuramo amasomo abafasha kwiyubaka no kubaka igihugu bishingiye ku bumwe bw’Abanyarwanda.

Yagize ati “Uyu munsi turavuga ubumwe bw’Abanyarwanda kuko tuzi neza ingaruka z’amacakubiri. Turi hano kugira ngo twibukiranye akamaro k’ubumwe no kuzirikana agaciro k’ubumuntu.”

Umukuru w’Igihugu yabwiye abayobozi ko bakwiye gufashanya kuguma mu murongo mwiza kugirango u Rwanda rumenyekane ku byiza rwagezeho aho kumenyekana ku mateka mabi. Yabasabye gukomera ku bumwe kugira ngo badaha urwaho abatifuriza ibyiza u Rwanda.

Ati “Niduhitamo guhangana hagati yacu, tuzaba duha urwaho abatatwifuriza ibyiza. Aho ubumwe, ubwumvikane, ubumuntu, ubunyarwanda bitari, habaho ingaruka mbi nk’izo twumvise mu buhamya bwatanzwe.”

Perezida Kagame yagarutse ku mpamvu ubumwe ari yo mahitamo yonyine ku Rwanda, avuga ko ari uko ubumwe bwabuze igihugu kigasenywa n’abaturage bacyo. Yongeyeho ko nubwo igihugu cyamenyekanye ku mateka mabi, ubumwe bumaze kukigeza aheza hishimirwa na buri wese.

Ati “Uyu munsi, u Rwanda rwamenyekanye kubera amateka mabi, rubasha no kuba icyitegererezo cy’iterambere. U Rwanda rwababaye bikabije mu minsi 100, ariko rwageze ku bikorwa by’ishema mu myaka 20.”

Yagarutse ku bacitse ku icumu, abasaba gukomeza kugira ubutwari bwo kubabarira kuko nta wundi wabisabwa uretse bo bifitemo ubwo butwari.

Igitaramo cyo kwizihiza isabukuru y’imyaka 20 y’Umuryango Unity Club, byahuriranye n’ihuriro rya cyenda ry’uwo muryango, ryanahembewemo abandi barinzi b’igihango 17, barimo 12 bitabye Imana.

-4592.jpg

Perezida w’u Rwanda Paul Kagame

-4591.jpg

Isabukuru y’imyaka 20 Umuryango Unity Club umaze ushinzwe

Source: Igihe.com

2016-11-05
Editorial

IZINDI NKURU

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Mu ijoro ry’umunsi w’intwali abicanyi bateye muri Ndera

Editorial 06 Feb 2016
Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Police Handball Club yatsinze ES Urumuri

Editorial 26 Sep 2016
Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Uganda: Besigye na bagenzi be barekuwe batanze miliyoni eshantu z’amashilingi

Editorial 26 Oct 2017
Hon Theobard Mporanyi  ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi  watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Hon Theobard Mporanyi ntaho ahuriye n’ibyamwanditsweho kuri dosiye ya Dr. Gahutu Pascal uyobora Kaminuza ya Rusizi watawe muri yombi na Polisi ( YAVUGURUWE )

Editorial 10 Feb 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus
UBUKUNGU

EU yahaye u Rwanda miliyari hafi 53 Frw zo kwifashisha mu guhangana n’ingaruka za Coronavirus

Editorial 09 Apr 2020
Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana
INKURU NYAMUKURU

Bombori-Bombori muri FLN : Col. Masamba Marc yafashwe mpiri, abasirikare benshi baricwa, Col Javeli yigumuye kuri MRCD kubera amakimbirane ari mu ba ofisiye bakuru b’uyu mutwe ukuriwe na Gen. Hamada Habimana

Editorial 03 Mar 2020
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA  GUHINDUZA AMAZINA
Amakuru

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Editorial 07 Mar 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru